• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Ubwanditsi 15 Mar 2019 IMIKINO

Arsenal ni imwe mu makipe umunani yaraye abonye itike yo gukina imikino ya ¼ cya Europa League ubwo yasezereraga Stade Rennais iyitsinze ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura, ni nyuma y’uko basabwaga nibura itsinzi ya 2-0.

Mbere uyu mukino, abenshi bibazaga niba koko Arsenal ishobora gusezerera iyi kipe yo mu Bufaransa yari yayitsinze ibitego 3-1 mu mukino ubanza. Kongera kwakira rutahizamu Alexandre Lacazette wagabanyirijwe ibihano kubera ikarita itukura yabonye, agasiba imikino ibiri gusa, na byo byahaye imbaraga iyi kipe yo mu Bwongereza yari imbere y’abafana bayo.

Arsenal yatangiye umukino iri hejuru, isatira bikomeye ikipe ya Rennes. Ntabwo ibirori kuri Emirates Stadium byatinze kuko ku munota wa kane gusa, Pierre-Emerick Aubameyang yafunguye amazamu ku mupira wari uturutse mu ruhande rw’iburyo uhinduwe na Mesut Özil, usanga Aaron Ramsey wawukozeho gato, maze Aubameyang akozaho ikirenge ujya mu izamu.

Mu minota 15 gusa, Arsenal yari imaze gukora ibyo isabwa kugira ngo ikomeze muri ¼ cya Europa League dore ko Maitland-Niles yatsinze igitego cya kabiri ku mupira wahinduwe na Aubameyang, ashyiraho umutwe, umunyezamu wa Rennes Tomas Koubek ntiyagira icyo abasha kubikora.

Stade Rennes yagerageje gusatira Arsenal mu gice cya kabiri, bateye umupira mu izamu ugarurwa n’ipoto mu gihe ubundi buryo bwinshi babonye bwagiye busubizwa inyuma n’umusifuzi wo ku ruhande wavugaga ko baraririye.

Kwinjiza mu kibuga abakinnyi barimo Henrikh Mkhitaryan na Alex Iwobi, byongereye imbaraga Arsenal yari mu rugo, iza no kubona igitego cya gatatu ku munota wa 72 gitsinzwe na Aubameyang ku mupira wahinduwe na Sead Kolasinac.

Mu minota ya nyuma, Aubameyang yahawe imipira ibiri yashoboraga gutsinda na none, ariko agerageje kuroba umunyezamu Koubek, yombi ijya hanze. Umukino warangiye Arsenal ikomeje ku bitego 4-3.

Mu yindi mikio yabaye, Olivier Giroud yafashije Chelsea gukomeza muri ¼ cy’iri rushanwa rya Europa League, banyagira Dynamo Kyiv bayisanze iwayo ibitego 5-0. Giroud yatsinzemo ibitego bitatu, Callum Hudson-Odoi na Marcos Alonso batsinda ibindi. Chelsea yari yatsinze ibitego 3-0 mu mukino ubanza.

Uko imikino ya 1/8 cya Europa League yarangiye

Arsenal 3-0 Rennes (agg: 4-3)

Benfica 3-0 Dinamo Zagreb (aet, agg: 3-1)

Dynamo Kyiv 0-5 Chelsea (agg: 0-8)

Internazionale 0-1 Frankfurt (agg: 0-1)

Krasnodar 1-1 Valencia (agg: 2-3)

Salzburg 3-1 Napoli (agg: 3-4)

Slavia Praha 4-3 Sevilla (aet, agg: 6-5)

Villarreal 2-1 Zenit (agg: 5-2)

Amakipe yakomeje ari yo: Arsenal na Chelsea (mu Bwongereza) , Napoli (mu Butaliyani), Villarreal (Espagne), Benfica (Portugal), Valencia (Espagne), Slavia Praha (Repubulika ya Tcheque) na Frankfurt (mu Budage) ziramenya uko zizahura muri ¼ nyuma ya tombora iba kuri uyu wa Gatanu i Nyon mu Busuwisi guhera saa 14:00.

 

Arsenal yizeye ko ishobora gukomeza hakiri kare

 

Aubameyang ukomoka muri Gabon, akimara gutsinda igitego cya gatatu yambaye masike anishimira igitego mu buryo bwa Wakanda Forever

 

Aubameyang wishimiye igitego mu buryo bwa Wakanda muri filimi ya Black Panther, yahise aza gushimirwa na bagenzi

 

Aubameyanga yafunguye amazamu ku munota wa kane w’umukino

 

Giroud na Willian bishimira igitego cya gatatu

 

Hatem Ben Arfa wakiniye Newcastle yari yagarutse mu Bwongereza ari kumwe n’ikpe ya Rennes

 

Igitego cya kabiri cyashegeshe abakinnyi ba Rennes kuko ku munota wa 15 bari bamaze gusezererwa n’ubwo umukino wari ugikomeza

 

Julien Stephan utoza Rennes na Unai Emery wa Arsenal basuhuzanya

 

Maitland-Niles atsinda igitego cya kabiri cya Arsenal n’umutwe

 

Mesut Ozil aserebeka kugira ngo atware umupira Clement Grenier wa Rennes

 

Olivier Giroud yatsinze igitego cya gatatu mu mukino ku mupira wari utewe na Willian ahana ikosa

Src : IGIHE

2019-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Ubwanditsi 11 Sep 2021
Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Ubwanditsi 22 Jul 2023
Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo

Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo

Ubwanditsi 28 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe
Amakuru

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza
Mu Mahanga

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Ubwanditsi 22 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru