• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Ubwanditsi 15 Mar 2019 IMIKINO

Arsenal ni imwe mu makipe umunani yaraye abonye itike yo gukina imikino ya ¼ cya Europa League ubwo yasezereraga Stade Rennais iyitsinze ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura, ni nyuma y’uko basabwaga nibura itsinzi ya 2-0.

Mbere uyu mukino, abenshi bibazaga niba koko Arsenal ishobora gusezerera iyi kipe yo mu Bufaransa yari yayitsinze ibitego 3-1 mu mukino ubanza. Kongera kwakira rutahizamu Alexandre Lacazette wagabanyirijwe ibihano kubera ikarita itukura yabonye, agasiba imikino ibiri gusa, na byo byahaye imbaraga iyi kipe yo mu Bwongereza yari imbere y’abafana bayo.

Arsenal yatangiye umukino iri hejuru, isatira bikomeye ikipe ya Rennes. Ntabwo ibirori kuri Emirates Stadium byatinze kuko ku munota wa kane gusa, Pierre-Emerick Aubameyang yafunguye amazamu ku mupira wari uturutse mu ruhande rw’iburyo uhinduwe na Mesut Özil, usanga Aaron Ramsey wawukozeho gato, maze Aubameyang akozaho ikirenge ujya mu izamu.

Mu minota 15 gusa, Arsenal yari imaze gukora ibyo isabwa kugira ngo ikomeze muri ¼ cya Europa League dore ko Maitland-Niles yatsinze igitego cya kabiri ku mupira wahinduwe na Aubameyang, ashyiraho umutwe, umunyezamu wa Rennes Tomas Koubek ntiyagira icyo abasha kubikora.

Stade Rennes yagerageje gusatira Arsenal mu gice cya kabiri, bateye umupira mu izamu ugarurwa n’ipoto mu gihe ubundi buryo bwinshi babonye bwagiye busubizwa inyuma n’umusifuzi wo ku ruhande wavugaga ko baraririye.

Kwinjiza mu kibuga abakinnyi barimo Henrikh Mkhitaryan na Alex Iwobi, byongereye imbaraga Arsenal yari mu rugo, iza no kubona igitego cya gatatu ku munota wa 72 gitsinzwe na Aubameyang ku mupira wahinduwe na Sead Kolasinac.

Mu minota ya nyuma, Aubameyang yahawe imipira ibiri yashoboraga gutsinda na none, ariko agerageje kuroba umunyezamu Koubek, yombi ijya hanze. Umukino warangiye Arsenal ikomeje ku bitego 4-3.

Mu yindi mikio yabaye, Olivier Giroud yafashije Chelsea gukomeza muri ¼ cy’iri rushanwa rya Europa League, banyagira Dynamo Kyiv bayisanze iwayo ibitego 5-0. Giroud yatsinzemo ibitego bitatu, Callum Hudson-Odoi na Marcos Alonso batsinda ibindi. Chelsea yari yatsinze ibitego 3-0 mu mukino ubanza.

Uko imikino ya 1/8 cya Europa League yarangiye

Arsenal 3-0 Rennes (agg: 4-3)

Benfica 3-0 Dinamo Zagreb (aet, agg: 3-1)

Dynamo Kyiv 0-5 Chelsea (agg: 0-8)

Internazionale 0-1 Frankfurt (agg: 0-1)

Krasnodar 1-1 Valencia (agg: 2-3)

Salzburg 3-1 Napoli (agg: 3-4)

Slavia Praha 4-3 Sevilla (aet, agg: 6-5)

Villarreal 2-1 Zenit (agg: 5-2)

Amakipe yakomeje ari yo: Arsenal na Chelsea (mu Bwongereza) , Napoli (mu Butaliyani), Villarreal (Espagne), Benfica (Portugal), Valencia (Espagne), Slavia Praha (Repubulika ya Tcheque) na Frankfurt (mu Budage) ziramenya uko zizahura muri ¼ nyuma ya tombora iba kuri uyu wa Gatanu i Nyon mu Busuwisi guhera saa 14:00.

 

Arsenal yizeye ko ishobora gukomeza hakiri kare

 

Aubameyang ukomoka muri Gabon, akimara gutsinda igitego cya gatatu yambaye masike anishimira igitego mu buryo bwa Wakanda Forever

 

Aubameyang wishimiye igitego mu buryo bwa Wakanda muri filimi ya Black Panther, yahise aza gushimirwa na bagenzi

 

Aubameyanga yafunguye amazamu ku munota wa kane w’umukino

 

Giroud na Willian bishimira igitego cya gatatu

 

Hatem Ben Arfa wakiniye Newcastle yari yagarutse mu Bwongereza ari kumwe n’ikpe ya Rennes

 

Igitego cya kabiri cyashegeshe abakinnyi ba Rennes kuko ku munota wa 15 bari bamaze gusezererwa n’ubwo umukino wari ugikomeza

 

Julien Stephan utoza Rennes na Unai Emery wa Arsenal basuhuzanya

 

Maitland-Niles atsinda igitego cya kabiri cya Arsenal n’umutwe

 

Mesut Ozil aserebeka kugira ngo atware umupira Clement Grenier wa Rennes

 

Olivier Giroud yatsinze igitego cya gatatu mu mukino ku mupira wari utewe na Willian ahana ikosa

Src : IGIHE

2019-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Ubwanditsi 09 Sep 2022
Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Iradukunda Bertrand uheruka gutandukana na Musanze FC, yerekeje muri Canada

Iradukunda Bertrand uheruka gutandukana na Musanze FC, yerekeje muri Canada

Ubwanditsi 20 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanye-Congo 21 bakekwaho guteza imyigaragambyo mu nkambi ya Kiziba bagejejwe mu butabera
Mu Rwanda

Abanye-Congo 21 bakekwaho guteza imyigaragambyo mu nkambi ya Kiziba bagejejwe mu butabera

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo
INKURU NYAMUKURU

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero
Amakuru

Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero

Ubwanditsi 09 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru