• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

Ubwanditsi 15 Jun 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Burusiya ibifashijwemo na Yuri Gazinskiy, Denis Cheryshev na Artem Dzyuba, yatangiye irushanwa ry’igikombe cy’Isi inyagira Arabia Saoudite ibitego bitanu ku busa imbere y’abafana 78,011.

Uyu mukino ufungura wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane kuri Stade ya Luzhniki, wakurikiwe n’abanyacyubahiro batandukanye nka Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin, uwa FIFA Gianni Infantino, uw’u Rwanda Paul Kagame, Igikomangoma cya Arabia Saoudite Mohammed bin Salman n’abandi.

Nyuma y’imyaka ine u Budage bwegukanye igikombe cy’Isi muri Brazil, abakunzi b’umupira w’amaguru bongeye kuryoherwa n’iri rushanwa rikundwa kurusha ayandi yose.

U Burusiya bwanyagira Arabia Saoudite ibitego bitanu ku busa harimo icya Yuri Gazinskiy ku munota wa 12 ku mupira mwiza yahawe na Aleksandr Golovin ahita awohereza mu rushundura n’umutwe.

Mu bijyanye no kwiharira umukino, Arabia Saouditeniyo yakunze kuba iri imbere ariko u Burusiya bwakiniraga mu rugo bwagiye bukoresha neza amahirwe bubonye mbere yo kujya kuruhuka; Denis Cheryshev wari winjiye asimbuye Alan Dzagoev wavunitse, atsinda igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Roman Zobnin.

Mu gice cya kabiri, Arabia Saouditeyashatse kugaruka mu mukino ibifashijwemo n’impinduka umutoza Juan Antonio Pizzi yari akoze akuramo Abdullah Otayf akinjiza Fahad Al-Muwallad ariko ku munota wa 70 umutoza Stanislav Cherchesov nawe yakoze impinduka akuramo Fedor Smolov yinjiza Artem Dzyuba wahise anatsinda igitego cya gatatu nyuma y’iminota ibiri gusa mu kibuga.

Arabia Saoudite yagiye ikora impinduka zitandukanye Yahya Al Shehri aha umwanya Hattan Sultan Babhir, Mohammed Al-Sahlawi aha umwanya Mohanad Asiri, gusa zose nta cyo zahinduye kuko yaje gutsindwa ibindi bitego bibiri harimo icya Denis Cheryshev ku munota wa 90 n’icya Aleksandr Golovin mu y’inyongera, umukino urangira ari 5-0.

Muri iri tsinda A, umukino wa kabiri uzahuza Misiri na Uruguay ku wa Gatanu tariki 15 Kamena saa 14h00; u Burusiya bukazasubira mu kibuga tariki 19 Kamena bukina na Misiri mu gihe tariki 20 Kamena, Arabia Saoudite izahura na Uruguay.

Uretse umukino wa Misiri na Uruguay uzaba kuri uyu wa Gatanu, hazaba n’uwa Maroc na Iran uzatangira saa 17h00 mu gihe umukino w’ishiraniro uzaba saa 20h00 hagati ya Espagne iri mu bihugu bihabwa amahirwe na Portugal ya Cristiano Ronaldo ifite igikombe cyo ku mugabane w’u Burayi cya 2016.

 

Alan Dzagoev w’u Burusiya ahanganiye umupira na Omar Hawsawi wa Arabia Saoudite

 

Denis Cheryshev yinjiye asimbuye atsinda ibitego bibiri

 

Abakinnyi b’u Burusiya bishimanye n’abafana batsinze igitego

 

Yuri Gazinsky wanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere mu gikombe cy’Isi cya 2018

 

Yuri yatsinze igitego n’umutwe ku mupira yari ahawe neza na Aleksandr Golovin

 

2018-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021
APR.FC yatsinzwe umukino wayo wa mbere na Mbabane Swallows yo muri Swaziland

APR.FC yatsinzwe umukino wayo wa mbere na Mbabane Swallows yo muri Swaziland

Ubwanditsi 15 Feb 2016
CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024
APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

Ubwanditsi 26 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye
Amakuru

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Ubwanditsi 30 Mar 2021
BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki
UBUKUNGU

BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki

Ubwanditsi 07 Feb 2020
Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi
INKURU NYAMUKURU

Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubwanditsi 27 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru