• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Ubwanditsi 21 Jan 2016 IMIKINO

Kiyovu Sports yirukanye umutoza wayo Seninga Innocent wari umaze amezi atatu ku masomo mu Busuwisi, aho ubuyobozi bw’ikipe buvuga ko yagiye nta ruhushya abiherewe.

Seninga yari yagiye gukurikirana amahugurwa y’umupira w’amaguru ku rwego rw’amakipe y’igihugu. Nubwo yirukanwe avuga ko iyi kipe imubereyemo ibirarane by’imishahara ku buryo na we yiteguraga kuyisezera.

Seninga Innocent yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe ko yabonye ibaruwa imusezerera ku mirimo ye kuri uyu wa Gatatu ayizaniwe n’umuntu atazi.

Avuga ariko ko na we mu by’ukuri yari afite gahunda yo gusezera muri iyi kipe bitewe n’ibibazo avuga ko biyugarije.

Yagize ati “Sinatunguwe no kubona ibaruwa insezerera kuko nanjye nateguraga kubasezera bitewe n’ibibazo biri mu ikipe.”

-1877.jpg

Seninga nyuma yu mupira w’Amavubi

Avuga ko impamvu bamugaragarije ko yirukanwe n’uko yagiye ku masomo mu Busuwisi ngo nta ruhushya abasabye ndetse n’umusaruro muke.Ibyo bashingiyeho bamusezerera avuga ko nta shingiro bifite.

Yagize ati “Nahawe buruse na comite national olympique ku bufatanye na FERWAFA ngenda mbivuganyeho n’abayobozi banjye b’ikipe bampa uruhushya.”

Seninga akomeza agira ati: “Ikindi bangaragarije (mu ibaruwa insezerera) ni umusaruro muke kandi nagiye mu Busuwisi maze gutoza imikino itatu ya shampiyona mfite amanota 5 ku 9 kandi nta mukino n’umwe nari natsindwa, naje kugaruka igihe hategurwaga irushanwa rya Startimes aho negukanye umwanya wa Gatatu nsezereye Rayon Sports.”

Gutinda guhembwa

Mu byo Seninga avuga byamubabazaga ku buryo na we yashakaga gusezera iyi kipe, harimo ko ngo atabonera umushahara ku gihe kandi biri mu masezerano cyangwa n’uwo bagiye kumuha bamuha ibice bice akabona ntacyo umumarira.

Akomeza avuga ko amaze iminsi abayobozi bamuhamagara ngo bamwishyure ariko yajyayo ntababone.

Ku munsi wa nyuma aheruka kujyayo amafaranga bagombaga kumuha ngo bahise bayagura umukinnyi ataha amaramasa.

Seninga atangaza ko iyi kipe imurimo ibirarane by’amezi abiri akaba yari asigaje amasezerano y’amezi umunani.

Avuga ko kuba bamwirukanye bari bagifitanye amasezerano azabanza kwicara akabiganiraho n’ubuyobozi bakamubwira niba ibyo bamugomba bazabimuha cyangwa akitabaza izindi nzego.

Uyu mutoza yatoje ikipe ya Kiyovu aho yaravuye mu ikipe y’Isonga yabereye umutoza wungirije mu mwaka wa 2013-2014 naho 2015 aba umutoza mukuru.
Turacyagerageza kuvugana n’ubuyobozi bw’ikipe ya Kiyovu Sports kuri iki kibazo.

M.Fils

2016-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka

AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka

Ubwanditsi 17 May 2021
Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Ubwanditsi 29 Nov 2023
Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Ubwanditsi 17 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago
INKURU NYAMUKURU

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda
ITOHOZA

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019
‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP
ITOHOZA

‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

Ubwanditsi 25 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru