• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Ubwanditsi 21 Jan 2016 IMIKINO

Kiyovu Sports yirukanye umutoza wayo Seninga Innocent wari umaze amezi atatu ku masomo mu Busuwisi, aho ubuyobozi bw’ikipe buvuga ko yagiye nta ruhushya abiherewe.

Seninga yari yagiye gukurikirana amahugurwa y’umupira w’amaguru ku rwego rw’amakipe y’igihugu. Nubwo yirukanwe avuga ko iyi kipe imubereyemo ibirarane by’imishahara ku buryo na we yiteguraga kuyisezera.

Seninga Innocent yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe ko yabonye ibaruwa imusezerera ku mirimo ye kuri uyu wa Gatatu ayizaniwe n’umuntu atazi.

Avuga ariko ko na we mu by’ukuri yari afite gahunda yo gusezera muri iyi kipe bitewe n’ibibazo avuga ko biyugarije.

Yagize ati “Sinatunguwe no kubona ibaruwa insezerera kuko nanjye nateguraga kubasezera bitewe n’ibibazo biri mu ikipe.”

-1877.jpg

Seninga nyuma yu mupira w’Amavubi

Avuga ko impamvu bamugaragarije ko yirukanwe n’uko yagiye ku masomo mu Busuwisi ngo nta ruhushya abasabye ndetse n’umusaruro muke.Ibyo bashingiyeho bamusezerera avuga ko nta shingiro bifite.

Yagize ati “Nahawe buruse na comite national olympique ku bufatanye na FERWAFA ngenda mbivuganyeho n’abayobozi banjye b’ikipe bampa uruhushya.”

Seninga akomeza agira ati: “Ikindi bangaragarije (mu ibaruwa insezerera) ni umusaruro muke kandi nagiye mu Busuwisi maze gutoza imikino itatu ya shampiyona mfite amanota 5 ku 9 kandi nta mukino n’umwe nari natsindwa, naje kugaruka igihe hategurwaga irushanwa rya Startimes aho negukanye umwanya wa Gatatu nsezereye Rayon Sports.”

Gutinda guhembwa

Mu byo Seninga avuga byamubabazaga ku buryo na we yashakaga gusezera iyi kipe, harimo ko ngo atabonera umushahara ku gihe kandi biri mu masezerano cyangwa n’uwo bagiye kumuha bamuha ibice bice akabona ntacyo umumarira.

Akomeza avuga ko amaze iminsi abayobozi bamuhamagara ngo bamwishyure ariko yajyayo ntababone.

Ku munsi wa nyuma aheruka kujyayo amafaranga bagombaga kumuha ngo bahise bayagura umukinnyi ataha amaramasa.

Seninga atangaza ko iyi kipe imurimo ibirarane by’amezi abiri akaba yari asigaje amasezerano y’amezi umunani.

Avuga ko kuba bamwirukanye bari bagifitanye amasezerano azabanza kwicara akabiganiraho n’ubuyobozi bakamubwira niba ibyo bamugomba bazabimuha cyangwa akitabaza izindi nzego.

Uyu mutoza yatoje ikipe ya Kiyovu aho yaravuye mu ikipe y’Isonga yabereye umutoza wungirije mu mwaka wa 2013-2014 naho 2015 aba umutoza mukuru.
Turacyagerageza kuvugana n’ubuyobozi bw’ikipe ya Kiyovu Sports kuri iki kibazo.

M.Fils

2016-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 05 Sep 2021
Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Ubwanditsi 08 Aug 2021
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki y’abagore (Afrobasket 2021)

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki y’abagore (Afrobasket 2021)

Ubwanditsi 14 Jul 2021
Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Ubwanditsi 01 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera
INKURU NYAMUKURU

Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera

Ubwanditsi 03 May 2018
Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama
HIRYA NO HINO

Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze
Amakuru

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Ubwanditsi 02 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru