• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko iri kwishyura neza inguzanyo ya miliyoni 400 z’amadolari yafashe mu 2013 ngo ishore mu mishinga y’iterambere, nko kubaka Kigali Convention Centre no kwagura Sosiyete ya RwandAir.

Iyo nguzanyo u Rwanda rwayifashe izishyurwa kugeza mu 2023.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yabwiye Rwanda Today, ko nta kibazo kiri mu kwishyura uwo mwenda.

Yagize ati “Turi kwishyura neza cyane. Ntabwo twigeze twishyura nabi kandi abashoramari bacu barishimye. Twizeye ko tuzarangiza kwishyura mu gihe cyagenwe.”

Dr. Ndagijimana yavuze ko kuzura kwa Kigali Convention Centre no kuba ikomeje kwakira inama mpuzamahanga, byagize akamaro gakomeye ku kwishyura neza iryo deni.

Ati “Kuva yafungura imiryango ntabwo yigeze iba aho idafite ibikorwa biyiberamo. Twakira inama zisaga ijana buri mwaka.”

Zimwe mu nama zikomeye Kigali Convention Centre yakiriye harimo inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Transform Africa, Inama ya polisi mpuzamahanga Ishami rya Afurika n’Inama iherutse y’abayobozi b’ibigo muri Afurika, Africa CEO Forum.

Izo nama hamwe n’izindi zitandukanye zakuruye abashyitsi baturutse amahanga yose, bituma igihugu cyinjiza amafaranga menshi aturutse mu bukerarugendo bushingiye ku nama.

Uhereye mu Ukuboza umwaka ushize, mu Rwanda haje abashyitsi 30 000 bitabiriye inama mpuzamahanga, birwongerera icyizere nk’ahantu heza ho gukorera inama.

Kuva mu 2008 kugeza mu 2017, amafaranga ava mu bukerarugendo bushingiye ku nama yiyongereye ku kigero cya 180 % .

Mu mwaka wa 2017 u Rwanda rwinjije miliyoni 42 z’amadolari avuye mu bukerarugendo bushingiye ku nama, uyu mwaka rurateganya kwinjiza miliyoni 88 z’amadolari nk’uko byatangajwe n’Ikigo gishinzwe kumenyekanisha ubukerarugendo bushingiye ku nama (Rwanda Convention Bureau).

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF gitangaza ko amadeni y’u Rwanda ageze kuri 40 % by’umusaruro mbumbe w’igihugu, ahanini kubera imishinga minini nka Kigali Concention Centre, kwagura RwandAir no kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera.

Ubukungu bw’u Rwanda bwitezweho kuzamuka ku gipimo cya 7.8 % uyu mwaka.

Src: IGIHE

2019-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Ubwanditsi 08 Mar 2018
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Byose tubikesha Perezida Kagame

Byose tubikesha Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo
HIRYA NO HINO

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique
Mu Rwanda

Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter
Mu Rwanda

Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Ubwanditsi 02 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru