• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Ubwanditsi 02 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo baje ari abayobozi 3 bo mu Rwanda bakoresha cyane urubuga rwa Twitter mu gusubiza no kuganira n’abaturage babakurikira.

Ni mu rutonde ngarukamwaka rwa Twiplomacy rw’uyu mwaka wa 2017 rw’uko abayobozi bakoresha imbuga nkoranyambaga ku Isi, by’umwihariko twitter rwasohotse kuri uyu wa 31 Gicurasi 2017.

Twiplomacy ni inyigo ngarukamwaka ikorwa n’Ikigo cyitwa Burson Marsteller cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gisanzwe gikora ubushakashatsi ku buryo abayobozi b’ibihugu n’abantu bakomeye ku Isi bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga by’umwihariko Twitter, Facebook na Instagram.

-6764.jpg

-6765.jpg

Kuri uru rutonde, Guverinoma y’u Budage @Rijksoverheid niyo iza ku isonga mu kuganira no gusubiza abayibajije kuri twitter, kuko isubiza 95% bya tweets zayivuzeho. Guverinoma ya Nepal iza ku mwanya wa kabiri.

Ku mwanya wa gatatu haza Perezida w’u Rwanda Paul Kagame akanaba na Perezida wa mbere mu bayobozi bo ku Isi basubiza ababajije kuri twitter, kuri uru rutonde.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda we aza ku mwanya wa gatanu mu bayobozi basubizanya n’abaturage, by’umwihariko yifashishije hashtag ya #TalkToPMRwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, we aza ku mwanya wa cyenda, aho muri ‘tweets’ ze zirenga ibihumbi bibiri (2,219 tweets) icya kabiri cyazo aba ari ibisubizo by’ibyo yabajijwe n’abamukurikira.

Uretse aba bayobozi baje kuri uru rutonde hari n’abandi bayobozi bo mu Rwanda bari kugenda barushaho kwitabira gukoresha twitter mu nyungu z’abaturage, babasubirizaho ibibazo bafite.

-6766.jpg

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana

Abo barimo nka Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana uheruka gushyiraho isaha imwe, yo kuwa Gatanu 4-5pm yo kujya aganira n’abifuza kumubaza ibibazo kuri Twitter ‘Hashtag #AskMinagri’ bijyanye n’iyi Minisiteri.

Jack Dorsey, Umuyobozi mukuru wa Twitter avuga ko mu miyoborere ari byiza kugira bene ibi biganiro, kuko bifungura imiryango abayobozi bagafasha abaturage kubageraho mu buryo bworoshye.

Source : Izubarirashe

2017-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Gasana Janvier yakuwe ku buyobozi bwa REB

Gasana Janvier yakuwe ku buyobozi bwa REB

Ubwanditsi 15 Feb 2018
FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 08 Mar 2022
RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

Ubwanditsi 09 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021
Amakuru

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.
Mu Rwanda

Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago  uramutse urekeye aho  gutera akabariro mu gihe wakamenyereye
SHOWBIZ

Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago uramutse urekeye aho gutera akabariro mu gihe wakamenyereye

Ubwanditsi 14 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru