• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo   |   16 Jul 2025

  • Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri   |   16 Jul 2025

  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Editorial 02 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubuyobozi bwa Kiyovu SC bwemeje ko uwari umutoza wayo mukuru Karekezi Olivier batandukanye nyuma y’inama yahuje komite nyobozi y’urucaca bakiga ku myitwarire yaraye iranze uyu mutoza, ni imyitwarire y’uko ngo ataraye mu mwiherero w’iyi kipe mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 1 Gicurasi 2021.

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 2 Gicurasi 2021 nibwo habyutse amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier ngo yatandukanye n’ikipe y’urucaca, ibi bikaba byavuzwe nyuma yaho kuri uyu wa gatandatu mu mukino wambere w’umunsi wa mbere w’isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda iyi kipe yaraye itsinzwe na Rutsiro ibitego 2-1.

Nyuma yo gutakaza umukino wa mbere ku ikipe ya Kiyovu SC, hari amakuru yavuga ko uyu mutoza atumvikanye n’umuyobozi wa Kiyovu Sports Mvukiyehe Juvenal ndetse ngo Karekezi akaba yahise ava mu mwiherero w’iyi kipe yambara icyatsi ndetse n’umweru.

Binyuze kuri Twitter y’ikipe ya Kiyovu Sport Club yemeje amakuru y’uko iyi kipe yamaze gutandaka na Karekezi Olivier, mu nyandiko bashyizeho bagize bati “Nyuma y’aho uwari umutoza mukuru wa Kiyovu Sports Olivier Karekezi aviriye mu mwiherero atamenyesheje inzego bireba, ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru komite nyobozi ya Kiyovu Sports yateranye ifata umwanzuro wo gusesa amasezerano yari ifitanye n’uyu mutoza.”

Karekezi Olivier atandukanye n’ikipe ya Kiyovu SC nyuma yaho yari ayimazemo iminsi 211 ihwanye n’amezi arindwi kuko yayisinyiye tariki ya 2 Ukwakira 2020, uyu mutoza kandi akaba kandi muri icyo gihe yaratoje imikino 4 atsindwa imikino itatu akaba yarabashije gutsinda umukino umwe gusa.

Mu gihe iyi kipe ya Kiyovu SC yiteguye gukina umunsi wa kabiri w’isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda, izakira Rayon Sports ku munsi wo ku wa gatatu tariki ya 5Gicurasi 2021 ndetse ikazaba itozwa na Banamwana Camarade na Kalisa François bari basanzwe bungirije Karekezi Olivier.

2021-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwemerewe kwakira icyiciro cya Kabiri cya Basketball Africa league

U Rwanda rwemerewe kwakira icyiciro cya Kabiri cya Basketball Africa league

Editorial 31 Oct 2019
Rayon Sports yaraye yegukanye igikombe cya cyenda cya shampiyona

Rayon Sports yaraye yegukanye igikombe cya cyenda cya shampiyona

Editorial 25 May 2019
Mu Rwanda hatangijwe shampiyona y’umupira w’amaguru iri guhuza abafana b’amakipe akunzwe, Rayon Sports na APR FC bagiye gucakirana

Mu Rwanda hatangijwe shampiyona y’umupira w’amaguru iri guhuza abafana b’amakipe akunzwe, Rayon Sports na APR FC bagiye gucakirana

Editorial 10 Jun 2019
Gatsibo: Polisi yarashe  Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho  yarigiye  kumuta muri yombi

Gatsibo: Polisi yarashe Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho yarigiye kumuta muri yombi

Editorial 28 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru