• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Virginia : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli

Virginia : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli

Ubwanditsi 04 Jan 2017 ITOHOZA

Impaka zikomeje kuba ndende kubirebana naho Umugogo w’Umwami Kigeli uzatabarizwa ari nako amabanga amwe namwe akomeje kumeneka haba kuruhande rw’abajyanama be abagaragu be n’abo mumuryango we.

Uwari Umujyanama wa Kigeli V, Boniface Benzinge, yashimangiye ko Umwami yasize avuze ko atazatabarizwa mu Rwanda, mu gihe abo mu muryango w’Umwami uhagarariwe na Christine Mukabayojo bahakanaga iby’uko yanze kuzatabarizwa mu Rwanda

N’ubwo bimeze gutyo byatahuwe ko Boniface Benzinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli, kuva yamuta munzu akajya gushaka umugore nawe batamaranye igihe.

Amakuru ava i Virginia yatugezeho uyu munsi aravuga ko Benzinge yibye akayabo k’amafaranga y’Umwami yari yarabitse ndetse anyereza n’andi tutaramenya umubare muri Fondation bita “King Kigeli Foundation” ajya kugura inzu mu mujyi wa Oakton muri Leta ya Virginia aho Kigeli nawe yari atuye kugeza yitaba Imana. Iyo nzu Benzinge yayituyemo n’umugore we bivugwa ko yari akiri muto ugererenije n’imyaka y’umukambwe Boniface Benzinge , ari nayo mpamvu uwo mubano utarambye n’ubwo iyonzu yari yamaze kwandikwa k’umugore.

Nyuma rere yaho umugore yirukaniye Boniface Benzinge yahise ajya gutura munzu z’abasaza kugeza Umwami Kigeli atanga, bivugwa ko atigeze amenya amakuru ye kuko yaje nawe atabaye nk’abandi bose, n’ubwo Umwami yari yaramaze kumubabarira.

Uku kutumvikana hagati mu muryango niko kwatumye hitabazwa urukiko rwo muri Leta ya Virginia ngo rufate umwanzuro ku hazatabarizwa umugogo w’umwami. Kuva ejo kuwa kabiri tariki 3 Mutarama 2016 urwo rukiko rwatangiye kumva ubuhamya bw’abavandimwe b’umwami Kigali V Ndahindurwa.

Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika wari mu rukiko yavuze ko hari hamaze kumvwa abantu babiri ariko nta cyemezo kirafatwa. Yakomeje avuga ko byagaragaraga ko impaka zitazagirwa umunsi umwe gusa.

Yavuze ko mu rukiko impande zombi zitumvikanaga ku ruhande rufite uburenganzira kurusha urundi mu gufata icyemezo cy’aho umugogo w’umwami watabarizwa. Uruhande rumwe ngo rwavugaga ko kuba umwami yaratangiye mu mahanga kandi akaba atarigeze agaragaza icyifuzo cy’uko yashyingurwa mu Rwanda, byemeza ko nta n’impamvu akwiye kujyanwayo.

Urundi ruhande rwavugaga ko umwami nk’Umunyarwanda wanze gufata ubwenegihugu bw’ikindi gihugu nka Amerika aho yabaga, ari uko yifuzaga ko yazataha mu Rwanda bikaba ariyo mpamvu bifuza ko uwo mugogo we watwarwa mu Rwanda ukahatabarizwa ari kumwe n’abavandimwe be.

Urukiko rwo muri Virginia nirwo rwitezweho gufata icyemezo cy’aho Umwami Kigeli V Ndahindurwa wazize uburwayi bw’izabukuru azatabarizwa.

-5254.jpg

Uko byagenda kose biraza gusobanuka niba umwami azatabarizwa i Mwima na Mushirarungu ku ivuko cyangwa se niba azatabarizwa muri Amerika.

Cyiza D.

2017-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2024
Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura

Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Perezida  VLADIMIR PUTIN  yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri  HILLARY CLINTON.

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Ubwanditsi 24 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Apr 2023
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana
Mu Mahanga

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Ubwanditsi 04 May 2016
Icyo wamenya kuri batandatu bashya binjiye muri Guverinoma
POLITIKI

Icyo wamenya kuri batandatu bashya binjiye muri Guverinoma

Ubwanditsi 20 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru