• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura

Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura

Ubwanditsi 20 Jul 2018 ITOHOZA

Gen Kale Kayihura wahoze ari Umuyobozi wa Polisi muri Uganda, yasabye Perezida Museveni kumurenganura nyuma y’iminsi 35 ari mu maboko y’inzego z’umutekano, akaba ataramenyeshwa icyo akurikiranyweho.

General Edward Kalekezi Kayihura Muhwezi yafatiwe iwe mu rugo mu gace ka Kashagama mu Karere ka Lyantonde ku wa 13 Kamena 2018. Uyu mugabo w’imyaka 62 yahise ajyanwa mu Kigo cya Gisirikare cya Makindye, ariko ntaragezwa imbere y’ubutabera.

Televiziyo ya NTV itangaza ko nubwo nta byaha Kayihura yashinjwe ko akurikiranyweho ku mugaragaro, hari amakuru yakunze kumushyira mu majwi anyuzwa mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

Umunyamategeko wa Gen Kale Kayihura, John Jet Tumwebaze, yatangaje ko umukiliya we asaba Perezida Museveni kugira uruhare mu cyo yise akarengane ari gukorerwa.

Yagize ati “Muri gahunda zose, yasabye ko buri ngingo igize ikibazo cye isuzumwa byimbitse. Azakomeza gusaba ko buri cyose kigwaho muri iki kibazo. Kuva yagezwa Makindye icyo cyizere ntigishobora kunyeganyezwa.”

Yanavuze ku byandikwa n’ibivugwa mu itangazamakuru biharabika Gen Kayihura, ati “Usibye ibigenda bitangazwa ahantu hatandukanye, umukiliya wanjye ntiyigeze agezwa mu rukiko, abatangabuhamya bajyanwa mu rukiko ntibagaragazwa mu kiganiro n’itangazamakuru.”

Abanyamategeko basabye Perezida Museveni, Umugaba w’Ikirenga kwihaniza abakozi b’Urwego rw’Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) gutesha agaciro no kwambura ubumuntu abakiliya babo bifashishije itangazamakuru.

Jet Tumwebaze yatangaje ko Gen Kale ataraganira na Museveni keretse namuha ubwo burenganzira.

Yavuze ko Kayihura yizera ubutabera bwa gisirikare ariko ntiyigeze asaba inyandiko y’urukiko igaragaza impamvu yafunzwe cyangwa ngo yivovotere ko yamaze amasaha 48 ataraburanishwa kandi binyuranye n’amategeko.

Minisitiri w’Umutekano, Gen Tumwine Elly yatangaje ko abantu bavuga ibyo bishakiye bishobora kuba ukuri cyangwa ibinyoma ariko bagomba gutegereza umwanzuro w’inzego bireba.

Iyirukanwa rya Kale Kayihura wari umaze imyaka 13 ayobora Igipolisi cya Uganda ryatunguye benshi bitewe n’uburyo yafatwaga nk’umutoni imbere ya Perezida Museveni.

Ku wa 4 Werurwe 2018 nibwo Perezida wa Uganda,Yoweri Kaguta Museveni, yakuye IGP Kale Kayihura ku mwanya w’Umuyobozi wa Polisi aho yari ku ruhembe rw’abagize uruhare mu mpinduka zacyo.

Abasesenguzi bagaragaza ko icyemezo cyo kwirukana Kayihura cyaba gishingiye kuri politiki, ndetse Museveni ngo yikangaga ko afite intego yo kuba perezida, binyuze mu gukoresha imbaraga z’igipolisi mu kubaka urwego azuririraho kandi umugambi we ushyigikiwe na politiki y’abenegihugu ndetse akaba anafite amaboko yo hanze amuri inyuma.

Gen Kale Kayihura yari yagiriwe icyizere na Museveni cyo gukomeza kuba Umuyobozi wa Polisi mu myaka itatu yagombaga kurangira mu 2020.

2018-07-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024
Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani

Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020
U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2017

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    July 20, 20183:02 pm -

    kale kayihura yari afite umugambi mubisha wo
    kwica M7 none ngo namurenganure!!!????
    aragirango abone uburyo ahitana M7??INABI IGARUKA NYIRAYO

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois
Mu Mahanga

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Ubwanditsi 17 May 2016
PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative
POLITIKI

PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

Ubwanditsi 23 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru