• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura

Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura

Ubwanditsi 20 Jul 2018 ITOHOZA

Gen Kale Kayihura wahoze ari Umuyobozi wa Polisi muri Uganda, yasabye Perezida Museveni kumurenganura nyuma y’iminsi 35 ari mu maboko y’inzego z’umutekano, akaba ataramenyeshwa icyo akurikiranyweho.

General Edward Kalekezi Kayihura Muhwezi yafatiwe iwe mu rugo mu gace ka Kashagama mu Karere ka Lyantonde ku wa 13 Kamena 2018. Uyu mugabo w’imyaka 62 yahise ajyanwa mu Kigo cya Gisirikare cya Makindye, ariko ntaragezwa imbere y’ubutabera.

Televiziyo ya NTV itangaza ko nubwo nta byaha Kayihura yashinjwe ko akurikiranyweho ku mugaragaro, hari amakuru yakunze kumushyira mu majwi anyuzwa mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

Umunyamategeko wa Gen Kale Kayihura, John Jet Tumwebaze, yatangaje ko umukiliya we asaba Perezida Museveni kugira uruhare mu cyo yise akarengane ari gukorerwa.

Yagize ati “Muri gahunda zose, yasabye ko buri ngingo igize ikibazo cye isuzumwa byimbitse. Azakomeza gusaba ko buri cyose kigwaho muri iki kibazo. Kuva yagezwa Makindye icyo cyizere ntigishobora kunyeganyezwa.”

Yanavuze ku byandikwa n’ibivugwa mu itangazamakuru biharabika Gen Kayihura, ati “Usibye ibigenda bitangazwa ahantu hatandukanye, umukiliya wanjye ntiyigeze agezwa mu rukiko, abatangabuhamya bajyanwa mu rukiko ntibagaragazwa mu kiganiro n’itangazamakuru.”

Abanyamategeko basabye Perezida Museveni, Umugaba w’Ikirenga kwihaniza abakozi b’Urwego rw’Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) gutesha agaciro no kwambura ubumuntu abakiliya babo bifashishije itangazamakuru.

Jet Tumwebaze yatangaje ko Gen Kale ataraganira na Museveni keretse namuha ubwo burenganzira.

Yavuze ko Kayihura yizera ubutabera bwa gisirikare ariko ntiyigeze asaba inyandiko y’urukiko igaragaza impamvu yafunzwe cyangwa ngo yivovotere ko yamaze amasaha 48 ataraburanishwa kandi binyuranye n’amategeko.

Minisitiri w’Umutekano, Gen Tumwine Elly yatangaje ko abantu bavuga ibyo bishakiye bishobora kuba ukuri cyangwa ibinyoma ariko bagomba gutegereza umwanzuro w’inzego bireba.

Iyirukanwa rya Kale Kayihura wari umaze imyaka 13 ayobora Igipolisi cya Uganda ryatunguye benshi bitewe n’uburyo yafatwaga nk’umutoni imbere ya Perezida Museveni.

Ku wa 4 Werurwe 2018 nibwo Perezida wa Uganda,Yoweri Kaguta Museveni, yakuye IGP Kale Kayihura ku mwanya w’Umuyobozi wa Polisi aho yari ku ruhembe rw’abagize uruhare mu mpinduka zacyo.

Abasesenguzi bagaragaza ko icyemezo cyo kwirukana Kayihura cyaba gishingiye kuri politiki, ndetse Museveni ngo yikangaga ko afite intego yo kuba perezida, binyuze mu gukoresha imbaraga z’igipolisi mu kubaka urwego azuririraho kandi umugambi we ushyigikiwe na politiki y’abenegihugu ndetse akaba anafite amaboko yo hanze amuri inyuma.

Gen Kale Kayihura yari yagiriwe icyizere na Museveni cyo gukomeza kuba Umuyobozi wa Polisi mu myaka itatu yagombaga kurangira mu 2020.

2018-07-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mbarara: Abanyarwandakazi umunani biswe intasi zitwikiriye uburaya bafunzwe

Mbarara: Abanyarwandakazi umunani biswe intasi zitwikiriye uburaya bafunzwe

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Ubwanditsi 28 Aug 2017
Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Ubwanditsi 09 Feb 2017
‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Ubwanditsi 03 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    July 20, 20183:02 pm -

    kale kayihura yari afite umugambi mubisha wo
    kwica M7 none ngo namurenganure!!!????
    aragirango abone uburyo ahitana M7??INABI IGARUKA NYIRAYO

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]
UBUKUNGU

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Gukora imibonano  mpuzabitsina neza  ku bashakanye bituma biteza imbere  ( Ubuhamya Video  )
HIRYA NO HINO

Gukora imibonano mpuzabitsina neza ku bashakanye bituma biteza imbere ( Ubuhamya Video )

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha
Amakuru

Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha

Ubwanditsi 04 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru