• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Editorial 13 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo (ANC), ryahaye Perezida Jacob Zuma, amasaha 48 yo kwegura.

Umwe mu bayobozi ba ANC yabwiye Reuters, ko Komite Nyobozi y’ishyaka yafashe icyemezo cyo gukura Perezida Zuma ku butegetsi, nyuma y’umwiherero wamaze amasaha 13.

Uwo muyobozi yavuze ko Ramaphosa w’imyaka 65, ngo ejo yahuye na Perezida Zuma, agaruka mu nama ibiganiro birakomeza ariko mu yindi sura hibazwa niba ari bweguzwe.

Kugeza ubu ntabwo ANC iratangaza ku mugaragaro ko yasabye Zuma kwegura, gusa ikinyamakuru, SABC cya Leta cyatangaje ko Ramaphosa yahuye na Zuma akamuha ubutumwa bw’uko Komite Nyobozi yamuhaye amasaha 48 ngo abe yeguye.

Ikinyamakuru Eye Witness cyo kivuga ko ubwo yabimubwiraga Zuma yamubwiye ngo ‘mukore icyo mushaka gukora’. Iyi Komite y’ishyaka ifite ububasha bwo kweguza Zuma, nubwo ngo atabikozwa.

Kuva Visi Perezida Cyril Ramaphosa, yatorerwa kuyobora ANC mu Ukuboza, Zuma yakomeje kurwana bikomeye n’amajwi menshi y’abayoboke b’iri shyaka akomokamo yamuhatiraga kwegura kubera imiyoborere idahwitse yamuranze muri manda ya kabiri yagombaga kurangira umwaka utaha.

Zuma w’imyaka 75, yabaye Perezida wa Afurika y’Epfo utaravuzweho rumwe kuva hashyirwa akadomo ku butegetsi bw’abazungu mu 1994, kuko imyaka icyenda ayoboye yose yaranzwe no gusubira inyuma k’ubukungu bw’igihugu n’ibirego byinshi bya ruswa.

Zuma utagifite umwanya muri ANC, ashobora gukorerwa ibyo yakoreye Thabo Mbeki mu 2008, kuko yayoboye inkundura yo kumweguza nyuma y’uko na we avuye ku butegetsi bw’ishyaka. Mbeki yegujwe kubera gukoresha nabi ububasha yari afite.

Ubutegetsi bwa Zuma ntibuvugwaho rumwe, aho umuryango w’inshuti ze uzwi nka Gupta, wakoresheje umubano bafitanye ugatsindira amasoko ya leta kandi ukagira n’uruhare rukomeye mu kugena abajya muri Guverinoma. Gusa uyu muryango na Zuma bahakana ibi.

Mu 2016, Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko Perezida Zuma, atakurikije Itegeko Nshinga ubwo yananirwaga kwishyura umutungo wa leta yakoresheje yubaka inzu ye. Umwaka ushize kandi uru rukiko rwavuze ko agomba gukurikiranwaho ibirego 18 bya ruswa, forode n’iyezandonke bifitanye isano n’isoko ryo kugura intwaro mu 1999.

Ramphosa yiyemeje kurandura ruswa no kuzahura ubukungu ubwo yatorerwaga kuyobora ANC. Yavuze ko atazatesha agaciro Zuma ariko abasesenguzi babona ko ari we wihishe inyuma y’inkundura yo kumweguza.

Zuma naramuka yemeye kwegura azandikira ibaruwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, hanyuma abayigize batorere kumutakariza icyizere mu nteko rusange iteganyijwe ku wa 22 Gashyantare uyu mwaka.

2018-02-13
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Uganda ifungirana u Rwanda ubugira kabiri – Perezida Kagame

Editorial 25 Mar 2019
Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Editorial 28 Oct 2019
Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Editorial 21 Jan 2021
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Editorial 07 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru