• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Ubwanditsi 21 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’inkuru nyinshi tugenda tubagezaho zigaragaza uburyo leta ya Uganda ikomeje gushaka guteza umutekano muke n’urujijo mu Rwanda, ubu noneho hadutse igihuha kivuga ko umugande yashimutiwe mu Rwanda.

Amakuru twatohoje neza aravuga ko umugande witwa Justus Tweyogyere yinjiye ejo taliki ya 20 Ugushyingo 2017 afite amafaranga agera kuri miliyoni mirongo 36. Yinjira ku ruhande rw’u Rwanda k’umupaka wa Gatuna, ntiyagaragaje ayo mafaranga ku nzego zibishinzwe nkuko amabwiriza ya Banki Nkuru y’u Rwanda abivuga mu gihe utwaye amafaranga arenze amadolari 10,000.

Amaze kubitsa aya mafaranga muri Banki y’Abaturage ishami ryayo riri ku mupaka wa Gatuna, Polisi yamusabye gutanga ibisobanuro kubera ko atari yubahirije itegeko, asobanura ko amafaranga yari afite arayo akoresha mu kazi akora k’ubuvunjayi. Yavuze ko abitsa hano amanyarwanda, bagenzi banjye b’i Kigali bakampa amadorali tugakora ubucuruzi hagati ya Kabale, Gatuna/Katuna na Kigali.”

Polisi yamusabye kwerekana ibiro by’ivunjisha (Forex Bureau) bakorana nabyo I Kigali nkuko yabisobanuye, araza arabyerekana ndetse polisi igenzura impapuro z’amafaranga yari afite isanga nta kibazo kirimo.

Nyuma yo gutanga ibisobanuro, Polisi yaramuherekeje muri Gare ya Nyabugogo, aho yafatiye imodoka imusubizayo. Mu masaha ya nyuma ya saa sita akaba aribwo yambutse asubira Uganda, akaba ari mu kazi ke nk’uko bisanzwe.

Nyirubwite akaba yitangarije ko polisi itigeze imufunga ahubwo ko yamwegereye ikamwaka ibisobanuro. Umuntu akaba yakwibaza aho ibinyamakuru byo muri Uganda byashingiye bitangaza ko yashimuswe?

Ishami rishinzwe iperereza ku mari mu Rwanda (Financial intelligence Unit) ryashyizeho amabwiriza agamije kugena ingano y’amafaranga (cash) cyangwa inyandiko mvunjwafaranga bitemerewe kwambutswa umupaka byinjizwa cyangwa bisohorwa mu Rwanda.

Nk’uko bigaragara muri ayo mabwiriza N° 01/2017 yo kuwa 2 Ukwakira 2017 y’Ishami rishinzwe iperereza ku mari yerekeye imenyekanisha ry’amafaranga ku mupaka (yasohotse mu igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda No. 40 yo ku itariki ya 2 Ukwakira 2017), mu ngingo yayo ya gatatu havugwamo ko ingano y’amafaranga cyangwa agaciro k’impapuro mvunjwafaranga byemerewe kuvanwa cyangwa kwinjizwa ku butaka bw’u Rwanda nyirabyo atarinze kubimenyekanisha ari amadolari y’Amerika atarenga ibihumbi icumi (10,000 USD) cyangwa iyo ngano mu bundi bwoko bw’amafaranga.

Ntawashidikanya ko ibinyoma ku Rwanda bikomeje gutangazwa n’ibinyamakuru byo muri Uganda hari abantu babiri inyuma bagamije guharabika isura y’u Rwanda.

Amakuru twatohoje tukanatangaza mu nkuru zabanje nuko bamwe muri abo bari muri leta ya Uganda.

Tuzakomeza kubakurikiranira amakuru hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Ubwanditsi.

2017-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Ubwanditsi 17 Jun 2019
Ingabo za Kayumba,  zahuye n’uruva gusenya muri RDC-Congo

Ingabo za Kayumba,  zahuye n’uruva gusenya muri RDC-Congo

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubwanditsi 02 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports
IMIKINO

APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze
ITOHOZA

Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.
Amakuru

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Ubwanditsi 10 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru