• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Ubwanditsi 27 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango Eddy Ssebuufu, umurinzi wa Bobi Wine urahangayitse nyuma y’iminsi itatu ishize aburiwe irengero mu buryo bwateye urujijo, ku mbuga nkoranyambaga havutse inkundura mu gushinja no kwamagana igisirikare cya Uganda ko cyamushimuse.

Inzego zishinzwe umutekano haba igisirikare na Polisi zahakanye zivuye inyuma iby’uko ari zo zashimuse umurinzi wa Depite Robert Kyagulanyi na we umaze iminsi mu buroko.

Umuryango wa Eddy Ssebuufu urashinja Leta ya Uganda kuba inyuma y’ibura ry’uyu mugabo w’ibigango ndetse n’abatabarika bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje gushinja igipolisi n’abasirikare babarizwa mu mutwe urinda Perezida Museveni.

Chimpreports yatangaje ko, inshuti za hafi ndetse n’umuryango wa Ssebuufu barashimangira ko uyu murinzi wa Bobi Wine yashimuswe ku wa Gatanu tariki ya 24 Kanama 2018. Abamutwaye bivugwa ko ari abapolisi bo mu mutwe urwanira mu kirere, yafatiwe ahitwa Red Pocket Pub mu Mujyi wa Kampala.

Uyu mugabo ubusanzwe benshi bazi nka Eddy Mutwe ngo akimara gufatwa yinjijwe mu modoka yari hafi aho itegereje ihita igenda. Kuva icyo gihe kugeza ubu, nta muntu n’umwe uzi akanunu ku irengero rya Mutwe ndetse na telephone ze zigendanwa nta n’imwe iri ku murongo.

Polisi n’igisirikare batsembye bahakana ibibashinjwa ko ari bo bashimuse uyu mugabo. Gen.Muhoozi David we yabwiye itangazamakuru kuri iki Cyumweru ati “Kuki mwumva ko twata muri yombi umurinzi wa Bobi Wine?”

Iki kinyamakuru ariko gifite amakuru yizewe ashimangira ko Ssebuufu[Eddy Mutwe] yatawe muri yombi na polisi ya Uganda ku mpamvu zitasobanuwe. Umwe mu b’imbere mu mutwe wa polisi wafashe uyu mugabo yemeza ko ‘bamubitse igihe gito’.

Eddy Mutwe yari yaherekeje Bobi Wine muri Arua ku itariki ya 13 Kanama 2018 ari nabwo habereye imyigaragambyo yasojwe no gufungwa kw’uyu mudepite na bagenzi be biganjemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ibitaro bya Rubaga byandikiye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda bimumenyesha ko Depite Zaake wafunganwe na Bobi Wine yagize ubumuga bwa burundu

2018-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Burundi : Gerenade yatewe mu kabari k’urwagwa ikomeretsa abantu 11

Burundi : Gerenade yatewe mu kabari k’urwagwa ikomeretsa abantu 11

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Perezida wa Zambia Edgar Lungu ategerejwe  mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Perezida wa Zambia Edgar Lungu ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Ubwanditsi 20 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika
ITOHOZA

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Ubwanditsi 19 Sep 2016
88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza
Mu Mahanga

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Opening Remarks by President Kagame at the Broadband Commission Meeting New York
POLITIKI

Opening Remarks by President Kagame at the Broadband Commission Meeting New York

Ubwanditsi 19 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru