• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Ubwanditsi 27 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango Eddy Ssebuufu, umurinzi wa Bobi Wine urahangayitse nyuma y’iminsi itatu ishize aburiwe irengero mu buryo bwateye urujijo, ku mbuga nkoranyambaga havutse inkundura mu gushinja no kwamagana igisirikare cya Uganda ko cyamushimuse.

Inzego zishinzwe umutekano haba igisirikare na Polisi zahakanye zivuye inyuma iby’uko ari zo zashimuse umurinzi wa Depite Robert Kyagulanyi na we umaze iminsi mu buroko.

Umuryango wa Eddy Ssebuufu urashinja Leta ya Uganda kuba inyuma y’ibura ry’uyu mugabo w’ibigango ndetse n’abatabarika bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje gushinja igipolisi n’abasirikare babarizwa mu mutwe urinda Perezida Museveni.

Chimpreports yatangaje ko, inshuti za hafi ndetse n’umuryango wa Ssebuufu barashimangira ko uyu murinzi wa Bobi Wine yashimuswe ku wa Gatanu tariki ya 24 Kanama 2018. Abamutwaye bivugwa ko ari abapolisi bo mu mutwe urwanira mu kirere, yafatiwe ahitwa Red Pocket Pub mu Mujyi wa Kampala.

Uyu mugabo ubusanzwe benshi bazi nka Eddy Mutwe ngo akimara gufatwa yinjijwe mu modoka yari hafi aho itegereje ihita igenda. Kuva icyo gihe kugeza ubu, nta muntu n’umwe uzi akanunu ku irengero rya Mutwe ndetse na telephone ze zigendanwa nta n’imwe iri ku murongo.

Polisi n’igisirikare batsembye bahakana ibibashinjwa ko ari bo bashimuse uyu mugabo. Gen.Muhoozi David we yabwiye itangazamakuru kuri iki Cyumweru ati “Kuki mwumva ko twata muri yombi umurinzi wa Bobi Wine?”

Iki kinyamakuru ariko gifite amakuru yizewe ashimangira ko Ssebuufu[Eddy Mutwe] yatawe muri yombi na polisi ya Uganda ku mpamvu zitasobanuwe. Umwe mu b’imbere mu mutwe wa polisi wafashe uyu mugabo yemeza ko ‘bamubitse igihe gito’.

Eddy Mutwe yari yaherekeje Bobi Wine muri Arua ku itariki ya 13 Kanama 2018 ari nabwo habereye imyigaragambyo yasojwe no gufungwa kw’uyu mudepite na bagenzi be biganjemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ibitaro bya Rubaga byandikiye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda bimumenyesha ko Depite Zaake wafunganwe na Bobi Wine yagize ubumuga bwa burundu

2018-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2019
Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13

Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13

Ubwanditsi 09 May 2018
Burundi: Batatu babaye abakuru b’igihugu bamaze kwirukanwa muri Senat

Burundi: Batatu babaye abakuru b’igihugu bamaze kwirukanwa muri Senat

Ubwanditsi 19 Jun 2018
Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Ubwanditsi 25 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma
Amakuru

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi
Mu Rwanda

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Inama zagufasha guhitamo umusore nyawe mugihe ufite benshi bagukunda
SHOWBIZ

Inama zagufasha guhitamo umusore nyawe mugihe ufite benshi bagukunda

Ubwanditsi 16 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru