• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 06 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’aho mu mpera z’icyumweru gishize, Kiliziya Gatolika ifatiye icyemezo cyo guhana Padiri Wenceslas Munyeshyaka imuziza kuba yarabyaye umwana w’umuhungu, kandi ari”umusaserdoti” wasezeranye “ubudahemuka”, Umushakashatsi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Tom Ndahiro, abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yibajije niba iryo dini rifata kubyara nk’icyaha kurusha kwica.

Ibi uyu mushakashatsi udaha agahenge abajenosideri n’ababashyigikiye, arabihera ku bimenyetso simusimuga bihamya uyu Wenceslas Munyeshyaka uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko kuri Paruwasi ya Sainte Famille yari abereye Padiri Mukuru mbere no mu guihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uretse abo yahaye Interahamwe zikabica, abatangabuhamya banyuranye banamushije gusambanya abagore ku ngufu, yarangiza akabashumuriza abicanyi be. Nyamara Kiliziya Gatolika ntiyigeze iha agaciro ibyaha ndengakamere bya Padiri Munyeshyaka, akomeza “kwamamaza ivanjiri ntagatifu” mu Bufaransa, nk’aho nta cyabaye.

Wenceslas Munyeshyaka siwe mupadiri wenyine wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi Kiliziya igaterera agati mu ryinyo. Twavuga abandi bajenosideri nka Padiri Emmanuel Rukundo, Padiri Seromba Athanase, aba bombi bakaba barakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda, naho Padiri Hormisidas Nsengimana ararekura, nubwo hari ibimenyetso byamuhamyaga ubwicanyi.

Hari kandi Padiri Edouard Nturiye na mugenzi we Joseph Ndagijimana , bombi bakatiwe n’Inkiko Gacaca, n’abandi. Aba bose Kiliziya iracyabafata nk’abakozi b’Imana, dore ko no mu magereza bagitanga amasakaramentu, bagendeye ku ihame ry’abahabwa ubupadiri, ivuga ngo”ndi umusaserdoti iteka”.

Umushakashatsi Tom Ndahiro

Ntabwo ari Tom Ndahiro gusa wibajije niba i Roma kwa Nyirubutungane kubyara ari icyaha kurusha kwica. Abantu banyuranye bagaye cyane uburyo Kiliziya Gatolika idaha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi, aho usanga ikingira ikibaba abayoboke bayo, cyane cyane abapadiri n’ababikira. Abagize icyo bavuga kuri iyi ngingo, baributsa ko n’ubundi Kiliziya Gatolika yahembereye amacakubiri mu Banyarwanda, buaje kuvamo ingengabitekerezo ya jenoside.

Hatanzwe urugero rwa Musenyeri Andreya Perraudin wari umuparimehutu kabombo, atari n’Umunyarwanda. Kiliziya Gatolika ishishikariza abandi gusaba penetensiya, ariko yo ibyo gusaba imbabazi Abanyarwanda kubera amabi yabakoreye, Ntibikozwa.

2021-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Ubwanditsi 23 May 2018
Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano

Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano

Ubwanditsi 24 Sep 2016
Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Ubwanditsi 12 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi
Mu Rwanda

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya
Mu Rwanda

Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya

Ubwanditsi 10 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru