• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 13 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amabwiriza yo ku itariki 11 Mutarama 2023, yashyizweho umukono na Minisitiri wUbubanyi nAmahanga wa Kongo, Christophe Lutundula Apala arasaba abahagarariye icyo gihugu mu mahanga bose kutongera gutanda viza zemerera abakorera imiryango itari iya leta(NGOs), kwinjira muri Kongo banyuze mu Ntara za Kivu yAmajyepfo, Kivu yAmajyaruguru, Ituri na Tanganyika.

Nyamara izo ntara nizo ziganjemo ibikorwa bya jenoside byibasira Abatutsi bAbanyekongo, nkuko abatangabuhamya banyuranye batahwemye kubitangira ibimenyetso, ariko umuryango mpuzamahanga ugakomeza kwica amatwi. Uretse kwicwa no kunyuruzwa bakaburirwa irengero, Abatutsi bo muri Kongo bakomeje guhura nirindi hohoterwa ririmo gutwikirwa no gutemerwa amatungo.

Kuba rero Minisitiri Lutundula atinyutse akabuza abanyamahanga kugera ahavugwa ubwo bugizi bwa nabi, ni uburyo bwo gukumira abatangabuhamya batagize aho babogamiye, bityo Abatutsi bakazakomeza kwicwa mu ibanga.

Uyu mwanzuro kandi wongeye kugaragaza ubushishozi buciriritse bwabategetsi ba Kongo. Niba bahakana ko nta jenoside ikorerwa Abatutsi irimo kuba, kuki bakumira abashora kuzatanga ibimenyetso byaba ibishinja abicanyi cyangwa nibibashinjura?

Ubutegetsi bwi Kinshasa burakumira abatangabuhamya, mu gihe M23, nyamara Leta ya Kongo yitaumutwe witerabwoba, yo yemerera abanyamakuru nintumwa zimiryango mpuzamahanga kujagajaga uduce igenzura, kugirango bazabe abahamya bukuri kwibyo biboneye.

Amakosa yubuhubutsi Leta ya Kongo ikomeje gukora niyo arimo gutuma amahanga ahumuka, akamenya intandaro nyakuri yumutekano muke muri icyo gihugu. Dore nkubu, ubwo Christophe Lutundula yari ahugiye mu kwandika amabwiriza akumira abanyamahanga kugera mu duce tuberamo jenoside ikorerwa Abatutsi, Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Bwana Uhuru Kenyatta, we yitehuraga guhurira mu biganiro nintumwa za M23, byabaye tariki 12 Mutarama 2023. Izo ntumwa zaboneyeho kumusobanurira neza ko mu mpamvu yatumye uwo mutwe wegura intwaro, harimo kurinda umutekano wAbanyekongo bavuga ikinyarwanda.

Abasesenguzi basanga kuba bwa Uhuru Kenyatta yaremeye kwakira abahagaragariye M23 ari igitego uwo mutwe utsinze mu rwego rwa dipolomasi na politiki, dore ko yanabashimiye ubushake bagaragaza mu gushyira mu bikorwa imyanzuro igamije kugarura amahoro numutekano mu burasirazuba bwa Kongo.

Uko iminsi ishira ni nako ibyo muri Kongo birushaho gusobanuka, binashyira ku guha akato Leta yicyo gihugu. M23 irashimirwa kubahiriza ibyo isabwa, mu gihe ubutegetsi bwi Kinshasa bwo bukomeza gukwiza imvugo zihembera jenoside, no gukorana nimitwe yitwaje intwaro, irimo abajenosideri ba FDLR.

Ese hagati ya M23 na Leta ya Kongo, ninde witwara nk’ibyihebe? Amateka azaca urubanza. Gusa twibutse Lutundula Apala na shebuja Tshisekedi ko ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi, kandi Jenoside ni icyaha kidasaza.

2023-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Ubwanditsi 26 May 2019
Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Ubwanditsi 11 Aug 2021
Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Ubwanditsi 22 Feb 2020
Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Ubwanditsi 02 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye
POLITIKI

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu
Mu Rwanda

Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Uruhare rw’abambasaderi b’abafaransa mu gufasha Leta y’u Rwanda gukora Jenoside  hagati   y’Ukwakira 1990 na Mata 1994
Mu Mahanga

Uruhare rw’abambasaderi b’abafaransa mu gufasha Leta y’u Rwanda gukora Jenoside hagati y’Ukwakira 1990 na Mata 1994

Ubwanditsi 11 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru