• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 13 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amabwiriza yo ku itariki 11 Mutarama 2023, yashyizweho umukono na Minisitiri wUbubanyi nAmahanga wa Kongo, Christophe Lutundula Apala arasaba abahagarariye icyo gihugu mu mahanga bose kutongera gutanda viza zemerera abakorera imiryango itari iya leta(NGOs), kwinjira muri Kongo banyuze mu Ntara za Kivu yAmajyepfo, Kivu yAmajyaruguru, Ituri na Tanganyika.

Nyamara izo ntara nizo ziganjemo ibikorwa bya jenoside byibasira Abatutsi bAbanyekongo, nkuko abatangabuhamya banyuranye batahwemye kubitangira ibimenyetso, ariko umuryango mpuzamahanga ugakomeza kwica amatwi. Uretse kwicwa no kunyuruzwa bakaburirwa irengero, Abatutsi bo muri Kongo bakomeje guhura nirindi hohoterwa ririmo gutwikirwa no gutemerwa amatungo.

Kuba rero Minisitiri Lutundula atinyutse akabuza abanyamahanga kugera ahavugwa ubwo bugizi bwa nabi, ni uburyo bwo gukumira abatangabuhamya batagize aho babogamiye, bityo Abatutsi bakazakomeza kwicwa mu ibanga.

Uyu mwanzuro kandi wongeye kugaragaza ubushishozi buciriritse bwabategetsi ba Kongo. Niba bahakana ko nta jenoside ikorerwa Abatutsi irimo kuba, kuki bakumira abashora kuzatanga ibimenyetso byaba ibishinja abicanyi cyangwa nibibashinjura?

Ubutegetsi bwi Kinshasa burakumira abatangabuhamya, mu gihe M23, nyamara Leta ya Kongo yitaumutwe witerabwoba, yo yemerera abanyamakuru nintumwa zimiryango mpuzamahanga kujagajaga uduce igenzura, kugirango bazabe abahamya bukuri kwibyo biboneye.

Amakosa yubuhubutsi Leta ya Kongo ikomeje gukora niyo arimo gutuma amahanga ahumuka, akamenya intandaro nyakuri yumutekano muke muri icyo gihugu. Dore nkubu, ubwo Christophe Lutundula yari ahugiye mu kwandika amabwiriza akumira abanyamahanga kugera mu duce tuberamo jenoside ikorerwa Abatutsi, Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Bwana Uhuru Kenyatta, we yitehuraga guhurira mu biganiro nintumwa za M23, byabaye tariki 12 Mutarama 2023. Izo ntumwa zaboneyeho kumusobanurira neza ko mu mpamvu yatumye uwo mutwe wegura intwaro, harimo kurinda umutekano wAbanyekongo bavuga ikinyarwanda.

Abasesenguzi basanga kuba bwa Uhuru Kenyatta yaremeye kwakira abahagaragariye M23 ari igitego uwo mutwe utsinze mu rwego rwa dipolomasi na politiki, dore ko yanabashimiye ubushake bagaragaza mu gushyira mu bikorwa imyanzuro igamije kugarura amahoro numutekano mu burasirazuba bwa Kongo.

Uko iminsi ishira ni nako ibyo muri Kongo birushaho gusobanuka, binashyira ku guha akato Leta yicyo gihugu. M23 irashimirwa kubahiriza ibyo isabwa, mu gihe ubutegetsi bwi Kinshasa bwo bukomeza gukwiza imvugo zihembera jenoside, no gukorana nimitwe yitwaje intwaro, irimo abajenosideri ba FDLR.

Ese hagati ya M23 na Leta ya Kongo, ninde witwara nk’ibyihebe? Amateka azaca urubanza. Gusa twibutse Lutundula Apala na shebuja Tshisekedi ko ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi, kandi Jenoside ni icyaha kidasaza.

2023-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda

Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye

Ubwanditsi 03 May 2022
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Ubwanditsi 20 Nov 2019
Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Ubwanditsi 12 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 05 Ukwakira ni itariki yibutsa akaga abiswe” ibyitso by’Inkotanyi” bahuye nako.
Amakuru

Tariki 05 Ukwakira ni itariki yibutsa akaga abiswe” ibyitso by’Inkotanyi” bahuye nako.

Ubwanditsi 05 Oct 2022
RGB
KWAMAMAZA

RGB

Ubwanditsi 25 May 2017
U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana
Amakuru

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Ubwanditsi 20 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru