• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 13 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amabwiriza yo ku itariki 11 Mutarama 2023, yashyizweho umukono na Minisitiri wUbubanyi nAmahanga wa Kongo, Christophe Lutundula Apala arasaba abahagarariye icyo gihugu mu mahanga bose kutongera gutanda viza zemerera abakorera imiryango itari iya leta(NGOs), kwinjira muri Kongo banyuze mu Ntara za Kivu yAmajyepfo, Kivu yAmajyaruguru, Ituri na Tanganyika.

Nyamara izo ntara nizo ziganjemo ibikorwa bya jenoside byibasira Abatutsi bAbanyekongo, nkuko abatangabuhamya banyuranye batahwemye kubitangira ibimenyetso, ariko umuryango mpuzamahanga ugakomeza kwica amatwi. Uretse kwicwa no kunyuruzwa bakaburirwa irengero, Abatutsi bo muri Kongo bakomeje guhura nirindi hohoterwa ririmo gutwikirwa no gutemerwa amatungo.

Kuba rero Minisitiri Lutundula atinyutse akabuza abanyamahanga kugera ahavugwa ubwo bugizi bwa nabi, ni uburyo bwo gukumira abatangabuhamya batagize aho babogamiye, bityo Abatutsi bakazakomeza kwicwa mu ibanga.

Uyu mwanzuro kandi wongeye kugaragaza ubushishozi buciriritse bwabategetsi ba Kongo. Niba bahakana ko nta jenoside ikorerwa Abatutsi irimo kuba, kuki bakumira abashora kuzatanga ibimenyetso byaba ibishinja abicanyi cyangwa nibibashinjura?

Ubutegetsi bwi Kinshasa burakumira abatangabuhamya, mu gihe M23, nyamara Leta ya Kongo yitaumutwe witerabwoba, yo yemerera abanyamakuru nintumwa zimiryango mpuzamahanga kujagajaga uduce igenzura, kugirango bazabe abahamya bukuri kwibyo biboneye.

Amakosa yubuhubutsi Leta ya Kongo ikomeje gukora niyo arimo gutuma amahanga ahumuka, akamenya intandaro nyakuri yumutekano muke muri icyo gihugu. Dore nkubu, ubwo Christophe Lutundula yari ahugiye mu kwandika amabwiriza akumira abanyamahanga kugera mu duce tuberamo jenoside ikorerwa Abatutsi, Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Bwana Uhuru Kenyatta, we yitehuraga guhurira mu biganiro nintumwa za M23, byabaye tariki 12 Mutarama 2023. Izo ntumwa zaboneyeho kumusobanurira neza ko mu mpamvu yatumye uwo mutwe wegura intwaro, harimo kurinda umutekano wAbanyekongo bavuga ikinyarwanda.

Abasesenguzi basanga kuba bwa Uhuru Kenyatta yaremeye kwakira abahagaragariye M23 ari igitego uwo mutwe utsinze mu rwego rwa dipolomasi na politiki, dore ko yanabashimiye ubushake bagaragaza mu gushyira mu bikorwa imyanzuro igamije kugarura amahoro numutekano mu burasirazuba bwa Kongo.

Uko iminsi ishira ni nako ibyo muri Kongo birushaho gusobanuka, binashyira ku guha akato Leta yicyo gihugu. M23 irashimirwa kubahiriza ibyo isabwa, mu gihe ubutegetsi bwi Kinshasa bwo bukomeza gukwiza imvugo zihembera jenoside, no gukorana nimitwe yitwaje intwaro, irimo abajenosideri ba FDLR.

Ese hagati ya M23 na Leta ya Kongo, ninde witwara nk’ibyihebe? Amateka azaca urubanza. Gusa twibutse Lutundula Apala na shebuja Tshisekedi ko ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi, kandi Jenoside ni icyaha kidasaza.

2023-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Ubwanditsi 19 Nov 2024
Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 01 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Amakuru

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023
Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Ubwanditsi 16 May 2016
Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura
ITOHOZA

Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura

Ubwanditsi 05 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru