• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tariki 05 Ukwakira ni itariki yibutsa akaga abiswe” ibyitso by’Inkotanyi” bahuye nako.

Tariki 05 Ukwakira ni itariki yibutsa akaga abiswe” ibyitso by’Inkotanyi” bahuye nako.

Ubwanditsi 05 Oct 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Tariki 05 Ukwakira 1990-tariki 05 Ukwakira 2022, imyaka 32 irashize Abatutsi biswe ‘ibyitso by’Inkotanyi” bakorewe iyicarubozo ndengakamere, aba basaga 10.000 bajugunywe muri gereza ku maherere, abandi benshi baricwa hirya no hino mu gihugu.

Ubuhamya bw’abafunzwe buvuga ukuntu bakubiswe, bicishwa inzara n’inyota, kugeza ubwo icyitwa ngo ni igikoma babazaniye nyuma y’iminsi 3 nta kintu bakoza ku munwa, bakinywesha inkweto zabo kuko bari bimwe ibikombe byo kukinywesha. Ni iyicarubozo, ni ugutesha agaciro ikiremwamuntu birenze ukwemera.

Mu ijoro ryo ku itariki ya 04 Ukwakira 1990, nyuma y’ iminsi 4 FPR-Inkotanyi itangije urugamba rwo kuvana Abanyarwanda ku ngoyi y’abicanyi, Yuvenali Habyarimana n’akazu ke bakoze ikinamico, barara barasa mu Mujyi wa Kigali, babeshya ko ari ”ibyitso bya FPR” byashakaga gufata Kigali. Byahe se byo kajya ko yari amayeri yo kubona uko batoteza Abatutsi n’abandi bari baramaze kugaragaza ko batishimiye imitegekere ya MRND!

Bukeye tariki 05 z’uko kwezi rero, abo bagome babyutse bavuga ko bafashe abarwanyi b’Inkotanyi n’intwaro nyinshi, maze birara mu nzirakarengane z’Abatutsi n’abandi barebwaga nabi n’iyo ngoma mbi. Nta gutoranya, bafashe abana, abakecuru, abasaza, abarwayi, n’abandi bigaragara ko ntaho bahuriye n’intambara, barunda mu masitade, dore ko gereza zo zari zamaze kuzura.

Nyuma y’amezi menshi baborera muri gereza, habaye ingirwa-rubanza maze benshi bararekurwa ariko baramugajwe n’inkoni, inzara n’irindi yicarubozo rikabije bakorewe. Abandi biganjemo abakozi ba leta n’abacuruzi bakomeje gufungirwa ubusa, kuko nta kimenyetso na kimwe cyabahamyaga icyaha.

Iryo cengezamatwara ya kigome, rivuga ko mu Rwanda hari ibyitso by’inkotanyi, ryakomeje gukoreshwa mu guhembera amacakubiri, Umututsi akitwa “umwanzi” , Umuhutu akigishwa kwivuna uwo mwanzi ataramutanga ngo amwice.

Iyo turufu y’urwango n’amacakubiri yaje kugera ku ntego kuva muw’1990, ubwo Abatutsi bahigwaga bukware, baricwa, batwikirwa amazu, amatungo yabo araribwa, bisa nk’igerageza ryo kwitegura kubarimbura muri Jenoside yakorewe Abatutsi muw’1994.

Uretse Perezida Habyarimana, abandi batazibagirana muri iryo kinamico ryo gutoteza Abatutsi bo bise ”ibyitso”, twavuga nk’abasirikari bakuru bari barangajwe imbere na Col.Laurent Serubuga ubu wigaramiye mu Bufaransa, Col.Théoneste Bagosora wanagizwe umucamanza mu manza z“ibyitso”, Théoneste Mujyanama wari Minisitiri w’ubucamanza, Col. Renzaho Tharcisse, Col. Anatole Nsengiyumva, n’abandi bazahora bibukwa mu mateka kubera ubugome bagiriye abantu, babaziza gusa ko ari Abatutsi.

Nta joro ridacya ariko, kuko urugamba rwa RPF rwaje gutanga umusaruro, ubu buri Munyarwanda akaba yibona nk’umwenegihugu unganya uburenganzira na mugenzi we.

Harakabaho intwari zadukijije ubutegetsi bw’inkoramaraso, kandi n’ibishibuka byabwo bikibundabunda hirya no hino ku isi bizatsindwa.

2022-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 11 Apr 2017
Tariki 12 Kamena 1994: Ingabo za FPR Inkotanyi zafashe Umujyi wa Gitarama

Tariki 12 Kamena 1994: Ingabo za FPR Inkotanyi zafashe Umujyi wa Gitarama

Ubwanditsi 12 Jun 2018
APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Ubwanditsi 05 May 2023
Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!
Amakuru

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Ubwanditsi 20 Jul 2022
Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira
Mu Rwanda

Icyizere cy’uko Perezida wa Nigeria atakiguye ku butegetsi gitangiye gushira

Ubwanditsi 01 May 2017
Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze
IMIKINO

Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Ubwanditsi 16 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru