• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Ubwanditsi 04 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi irimo kwitegura gukina umukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda wo guhatanira kwerekeza mu gikombe cy’isi kizaba umwaka utaha 2022 muri Quatar, mu mikino itegerejwe u Rwanda ruzakira ikipe y’igihugu ya Uganda i Kigali.

Imyiteguro y’amavubi kuri uyu mukino ubanza uzaba tariki ya 7 Ukwakira ndetse uwo kwishyura ukazaba kuya 10 Ukwakira, abakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bahamagwe n’umutoza Mashami Vincent bamwe muribo bamaze kugera mu gihugu ndetse no gutangira iyi myitozo.

Impera z’icyumweru zasize Jamir Kalisa ukina mu gihugu cya Uganda abimburiye abandi kugera mu mwiherero ndetse no gutangira imyitozo y’Amavubi, kuko iyakozwe kuri iki cyumweru uyu mukinnyi yayigaragayemo.

Mu makuru y’abandi bakinnyi bategerejwe mu ikipe y’igihugu aravuga ko Djihad Bizimana ukina mu kiciro cya kabiri mu Bubiligi we ntabwo azitabira uyu mwiherero w’imikino yombi y’u Rwanda ruzakina na Uganda kubera ko ngo yanduye Koronavirusi ibi bitumye atazitabira iyi mikino.

Mu bandi bakinnyi bagomba kugera mu Mavubi, ni uko kuri uyu wa mbere Ngwabije Bryan Clovis, Rafael York, Buhake Clement, Mukunzi Yannick, Mvuyekure Emery, Nirisalike Salomon na  Kagere Meddie bose barara bageze mu Rwanda.

Abandi barimo Rwatubayeye Abdoul, Imanishimwe Emmanuel na Manzi Thierry bazagera mu Rwanda kuri uyu wa kabiri naho Mutsinzi Ange we azagera i Kigali ku munsi wo kuwa gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2021.

Biteganyijwe ko umukino ubanza w’u Rwanda na Uganda uzabera kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa kane ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu gihe uwo kwishyura uzakinirwa i Kampala ku cyumweru tariki ya 10 Ukwakira 2021.

Imyitozo y’amavubi yo ikomeje kubera kuri Sitade ya Kigali I Nyamirambo ndetse no kuri Sitade Amahoro i Remera.

2021-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Ubwanditsi 15 Nov 2021
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Ubwanditsi 25 Jan 2024
Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2020
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe  mu mujyi wa Kigali

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?
INKURU NYAMUKURU

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.
Amakuru

Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda
ITOHOZA

Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru