• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda
Umunyarwanda witwa Fidèle Gatsinzi wakorewe iyicarubozo muri Uganda

Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 22 Jun 2018 ITOHOZA

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko hakiri igitotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda ushingiye ku kuba Abanyarwanda bafatwa mu bihe bitandukanye iyo bagiye muri iki gihugu cy’abaturanyi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 22 Kamena 2018, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko hari ibigomba gukorwa kugira ngo umubano w’ibihugu byombi urusheho kuba mwiza.

Ibi yabivuze nyuma y’aho Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, ku wa Gatatu yavuze ko u Rwanda rutuye hagati y’ibihugu byamunzwe n’ishyari kubera uburyo bibona ari igihugu kirangwamo ituze n’umutekano kandi abagituye bakataje mu iterambere.

Yongeyeho ko ko iyi ari nayo mpamvu usanga Abanyarwanda bajya ‘guhunahuna’ muri Uganda bagakorerwa iyicarubozo abandi bagafungwa bitewe n’ishyari Uganda igirira u Rwanda.

Amb. Nduhungirehe yabwiye abanyamakuru ko ‘nta banga rihari haracyarimo agatotsi’ ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda na Uganda kuko ukirimo ibibazo aho ngo mu kwezi gushize hari n’abanyarwanda bafatiweyo bagakorerwa iyicarubozo.

Yagize ati “Ntabwo ari ibanga, hari Abanyarwanda bafatiwe muri Uganda nyuma bararekuwe.”

Yakomeje agira ati “Hajemo agatotsi bitewe n’ukuntu Abanyarwanda bajyaga muri Uganda nk’uko bisanzwe, bagendaga bafatwa bagakubitwa nta mpamvu igaragara. Hari ikindi kibazo cyavutse cy’abantu 40 bafatiwe ku mupaka w’u Rwanda na Tanzania bagiye mu myitozo ya gisirikare. Ibyo bibazo byose byaduteye impungenge byari ngombwa ko biganirwaho n’impande zombi.”

Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda na Uganda byagiranye ibiganiro yaba ibyahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kuteesa na Perezida Kagame ndetse n’ibyahuje Perezida Kagame na Museveni inshuro zigera kuri ebyiri.

Yakomeje avuga ko Komisiyo ihuriwe n’ibihugu byombi igomba kuganira ku mubano izahura mu gihe kiri imbere.

Ati “Haracyari ibibazo ni yo mpamvu tugomba gukomeza gufatanya na Uganda mu kubikemura, ni ukuvuga kubireba mu mizi […] tuzakomeza gukorera hamwe. Turi mu muryango wa EAC, ni ngombwa ko haboneka umubano mwiza hagati y’ibi ibihugu.”

“Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse burundu, icya ngombwa ni uko ibihugu byombi bikemura ibibazo bifite bigakomeza gufatanya.”

Nduhungirehe yavuze ko icyo u Rwanda rushyize imbere ari ugukomeza guteza imbere ububanyi n’amahanga muri gahunda yo ‘guharanira ko inyungu z’u Rwanda zikomeza kurengerwa’.

Mu bubanyi n’amahanga bw’u Rwanda n’ibindi bihugu, hateganyijwe ingendo mu Rwanda z’abayobozi bakomeye barimo Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi; Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi ndetse na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping zose mu kwezi gutaha.

2018-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UPDF yasabye kuyirekera ikibazo cya Gen Kayihura nyuma y’iminsi ishize afunze adashyikirizwa urukiko

UPDF yasabye kuyirekera ikibazo cya Gen Kayihura nyuma y’iminsi ishize afunze adashyikirizwa urukiko

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Police mu iperereza  yemeje ko Umucuruzi  Rwabukamba yapfuye  yiyahuye

Police mu iperereza yemeje ko Umucuruzi Rwabukamba yapfuye yiyahuye

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Trump yise Koreya ya Ruguru abicanyi nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri w’umunyamerika yafunze

Trump yise Koreya ya Ruguru abicanyi nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri w’umunyamerika yafunze

Ubwanditsi 20 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inkubiri yo kwegura kw’Abameya bahimba [Tour du Rwanda ]yageze i Nyagatare: Nyobozi y’Akarere yose yagiye
Mu Rwanda

Inkubiri yo kwegura kw’Abameya bahimba [Tour du Rwanda ]yageze i Nyagatare: Nyobozi y’Akarere yose yagiye

Ubwanditsi 30 May 2018
Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 Oct 2018
Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19
HIRYA NO HINO

Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru