• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Police mu iperereza yemeje ko Umucuruzi Rwabukamba yapfuye yiyahuye

Police mu iperereza yemeje ko Umucuruzi Rwabukamba yapfuye yiyahuye

Ubwanditsi 13 Oct 2016 ITOHOZA

Police y’u Rwanda iremeza ko Umunyemari Vénuste Rwabukamba uzwi cyane mu mujyi wa Rwamagana witabye Imana kuri uyu wa mbere yiyahuye.

Inkuru ku rupfu rw’umunyemari Vénuste Rwabukamba uzwi cyane mu mujyi wa Rwamagana, wasanzwe murugo iwe yapfuye. Bikimara kuba Police y’u Rwanda ntiyahise itanga amakuru ku rupfu rwe.

Umwe mu bana ba Rwakabamba yabwiye itangazamakuru ko umubyeyi we yirashe agapfa. Uyu mwana wa Rwabukamba yavuze ko nta kibazo kidasanzwe bari bazi umubyeyi wabo afite.

Abo mu muryango wa Rwabukamba bavuga ko yatungaga imbunda mu buryo bwemewe n’amategeko.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, umuvugizi wa Police y’u Rwanda ACP Celestin Twahirwa yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko amakuru y’urupfu rwa Rwabukamba yatangiye kumenyekana mu masaa sita. Ngo amakuru ya mbere akaba yaratanzwe n’umugore we.

ACP Twahirwa ati “Ikigaragara kugeza ubu, ibimenyetso bicye bigaragara biragaragaza ko yiyahuye, ariko uburyo byakozwemo, impamvu yaba yarabikoze, ibyo byose bizagaragara nyuma y’iperereza, turacyakora iperereza kandi ibimenyetso bya ngombwa byamaze gufatwa.”

Umuvugizi wa Police yirinze kwemeza uburyo Rwabukamba yaba yiyahuyemo, asaba ko abantu bategereza imyanzuro y’iperereza.

Ati “Impamvu biba byakozwe n’uburyo byakozwemo, twareka bikarangizwa n’iperereza, bikazagaragara mu buryo bitagira ingaruka mbi ku muryango we n’abandi cyane cyane ko abantu bose byabatunguye.”

ACP Twahirwa avuga ko Police ikimara kumenya amakuru y’urupfu rwe, umurambo we wahise ujyanwa mu bitaro (bya Rwamagana), igisigaye ngo ni ukumenya icyo abahanga basuzumye, ku buryo mu gihe gito abantu bazaba bamenye ibisobanuro bihagije ku rupfu rwe.

Ati “Turihanganisha umuryango we, kandi dusaba ko abantu babana baba bakwiye kumenya ibibazo mbere y’igihe bigatuma abantu bakumira n’ingaruka nk’izi zishobora kuvuka mo. Haba hari ibibazo bibangamiye umuntu cg umuryango cg ari amakimbirane mu muryango bikamenyekana mbere, abantu bagafatanya kubikumira.”

Yongeraho ati “Ikindi ni uko ikibazo icyo aricyo cyose umuntu ahura nacyo, inama ni ukugikemura mu buryo budatwara ubuzima bw’umuntu kuko iyo bigenze kuriya hari byinshi byangiraka kuko usibye no gutakaza umuntu, hari n’izindi ngaruka zigira muri Sosiyete Nyarwanda.”

-4340.jpg

Umunyemari Vénuste Rwabukamba wari uzwi cyane mu Karere ka Rwamagana n’Intara y’Iburasirazuba muri rusange yitabye Imana ari mu kigero cy’imyaka 63, akaba asize umuryango mugari.

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur

Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Ubwanditsi 10 Jul 2017
U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye  Igitero i Rusizi  cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka
ITOHOZA

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ubwanditsi 23 Jun 2017
Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi  rwabohoye u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi rwabohoye u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2018
Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu
Amakuru

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ubwanditsi 05 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru