• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Ubwanditsi 12 Mar 2019 HIRYA NO HINO, ITOHOZA

Itsinda ry’abanyamategeko bo muri Uganda, ryagaragaje urutonde rw’abanyarwanda basaga 10 rimaze kumenya neza ku bafungiwe muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bagakorerwa iyicarubozo, bitandukanye n’ibyo icyo gihugu giheruka gutangaza binyuze muri Minsiitiri w’Ubutabera, Maj Gen Kahinda Otafiire.

Ni urutonde rwatangajwe kuri uyu wa Mbere mu kiganiro n’abanyamakuru mu mujyi wa Kampala, nk’uko Daily Monitor yabitangaje.

Ni mu gihe umubano hagati y’u Rwanda na Uganda utifashe neza, aho u Rwanda rukomeje gushinja Uganda gutoteza abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo, ndetse ruheruka gusaba abaturage barwo kuba bahagaritse kujya muri Uganda kugeza igihe ikibazo kizakemukira.

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, bavuze ko ibi birego Uganda ihakana byatangiye kujya ahabona ku wa 6 Kanama 2017 ubwo Rene Rutagungira yatabwaga muri yombi, akabanza gufungirwa ahantu hatazwi mu gihe kirenga amezi abiri mbere yo kugezwa imbere y’urukiko rwa Gisirikare.

Bagarutse ku rutonde rw’Abanyarwanda bafunzwe mu buryo bubi hakarenga amasaha 48 batarashyikirizwa Ubushinjacyaha, abandi bagafungirwa muri kasho zidateganywa n’amategeko nko mu kigo cy’Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare ahitwa Mbuya.

Aba banyamategeko banagarutse ku mazina y’abagiye bafungwa barimo Rutagungira, Claude Iyakaremye, Emmanuel Rwamucyo, Augustin Rutayisire, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza.

Banakomoje ku rindi tsinda ry’abanyarwanda batawe muri yombi mu minsi ishize, bamazwa ibyumweru muri kasho mu buryo bunyuranyije n’amategeko mbere yo kubapakira imodoka bakajugunywa ku mupaka w’uRwanda, batagejejwe imbere y’urukiko.

Abo ni Fidel Gatsinzi, Dianne Kamikazi, Jessica Muhongerwa, Dianne Kamashazi, Freddy Turatsinze, Emmanuel Cyemayire na Herbert Munyangaju.

Aba banyamategeko banavuze ko uwitwa Emmanuel Rwamucyo, we ubwo yafatwaga abasirikare bamwambuye miliyoni 500 z’amashilingi yari afite.

Moses Ishimwe Rutare

Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda aho usanga akenshi bahita bashyirwaho ibirego by’uko bafatanywe intwaro, kugira ngo inzego z’umutekano zikunde zibatoteze.

Mu gihe Uganda yavugaga ko nta banyarwanda ifunze binyuranyije n’amategeko, kuri uyu wa Mbere nibwo Moses Ishimwe Rutare yagejejwe imbere y’urukiko rwa Nakawa, ashinjwa ibyaha birimo kwinjira muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yaje kurekurwa by’agateganyo amaze gutanga ingwate ya miliyoni 2 z’amashillingi ya Uganda.

U Rwanda kandi rushinja Uganda gutera inkunga abagamije kuruhungabanyiriza umutekano barimo FDLR n’umutwe wa RNC ya Kayumba Nyamwasa.

Mu ijambo Perezida Paul Kagame yagejeje ku bayobozi mu mwiherero wari umaze iminsi i Gabiro, yavuze ko yagerageje kuganira na Perezida Museveni kuri ibi bibazo, ariko undi ntabishyiremo imbaraga.

2019-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

Ubwanditsi 31 Aug 2022
U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ubwanditsi 22 Jan 2025
Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)

Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)

Ubwanditsi 28 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica
IMIKINO

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Minisitiri w’ubuzima yasabye abapolisi bakora akazi k’ubuganga kwita ku mikorere ya Isange
Mu Rwanda

Minisitiri w’ubuzima yasabye abapolisi bakora akazi k’ubuganga kwita ku mikorere ya Isange

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza
ITOHOZA

Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza

Ubwanditsi 24 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru