• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Ubwanditsi 12 Mar 2019 HIRYA NO HINO, ITOHOZA

Itsinda ry’abanyamategeko bo muri Uganda, ryagaragaje urutonde rw’abanyarwanda basaga 10 rimaze kumenya neza ku bafungiwe muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bagakorerwa iyicarubozo, bitandukanye n’ibyo icyo gihugu giheruka gutangaza binyuze muri Minsiitiri w’Ubutabera, Maj Gen Kahinda Otafiire.

Ni urutonde rwatangajwe kuri uyu wa Mbere mu kiganiro n’abanyamakuru mu mujyi wa Kampala, nk’uko Daily Monitor yabitangaje.

Ni mu gihe umubano hagati y’u Rwanda na Uganda utifashe neza, aho u Rwanda rukomeje gushinja Uganda gutoteza abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo, ndetse ruheruka gusaba abaturage barwo kuba bahagaritse kujya muri Uganda kugeza igihe ikibazo kizakemukira.

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, bavuze ko ibi birego Uganda ihakana byatangiye kujya ahabona ku wa 6 Kanama 2017 ubwo Rene Rutagungira yatabwaga muri yombi, akabanza gufungirwa ahantu hatazwi mu gihe kirenga amezi abiri mbere yo kugezwa imbere y’urukiko rwa Gisirikare.

Bagarutse ku rutonde rw’Abanyarwanda bafunzwe mu buryo bubi hakarenga amasaha 48 batarashyikirizwa Ubushinjacyaha, abandi bagafungirwa muri kasho zidateganywa n’amategeko nko mu kigo cy’Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare ahitwa Mbuya.

Aba banyamategeko banagarutse ku mazina y’abagiye bafungwa barimo Rutagungira, Claude Iyakaremye, Emmanuel Rwamucyo, Augustin Rutayisire, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza.

Banakomoje ku rindi tsinda ry’abanyarwanda batawe muri yombi mu minsi ishize, bamazwa ibyumweru muri kasho mu buryo bunyuranyije n’amategeko mbere yo kubapakira imodoka bakajugunywa ku mupaka w’uRwanda, batagejejwe imbere y’urukiko.

Abo ni Fidel Gatsinzi, Dianne Kamikazi, Jessica Muhongerwa, Dianne Kamashazi, Freddy Turatsinze, Emmanuel Cyemayire na Herbert Munyangaju.

Aba banyamategeko banavuze ko uwitwa Emmanuel Rwamucyo, we ubwo yafatwaga abasirikare bamwambuye miliyoni 500 z’amashilingi yari afite.

Moses Ishimwe Rutare

Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda aho usanga akenshi bahita bashyirwaho ibirego by’uko bafatanywe intwaro, kugira ngo inzego z’umutekano zikunde zibatoteze.

Mu gihe Uganda yavugaga ko nta banyarwanda ifunze binyuranyije n’amategeko, kuri uyu wa Mbere nibwo Moses Ishimwe Rutare yagejejwe imbere y’urukiko rwa Nakawa, ashinjwa ibyaha birimo kwinjira muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yaje kurekurwa by’agateganyo amaze gutanga ingwate ya miliyoni 2 z’amashillingi ya Uganda.

U Rwanda kandi rushinja Uganda gutera inkunga abagamije kuruhungabanyiriza umutekano barimo FDLR n’umutwe wa RNC ya Kayumba Nyamwasa.

Mu ijambo Perezida Paul Kagame yagejeje ku bayobozi mu mwiherero wari umaze iminsi i Gabiro, yavuze ko yagerageje kuganira na Perezida Museveni kuri ibi bibazo, ariko undi ntabishyiremo imbaraga.

2019-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Ubuvugizi bw’amagereza mu Rwanda bwemeje ko Sandra Teta afungiye 1930,menya icyo azira

Ubuvugizi bw’amagereza mu Rwanda bwemeje ko Sandra Teta afungiye 1930,menya icyo azira

Ubwanditsi 20 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Amakuru

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021
URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.
Amakuru

URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

Ubwanditsi 17 Aug 2020
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI
Amakuru

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru