• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kicukiro: Inka iherutse gutemwa n’abagizi ba nabi yapfuye

Kicukiro: Inka iherutse gutemwa n’abagizi ba nabi yapfuye

Ubwanditsi 06 Apr 2017 ITOHOZA

Inka y’uwitwa Mukurira Ferdinand wo mu Murenge wa Kigarama, mu Karere ka Kicukiro iherutse gutemwa n’abagizi ba nabi yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane.

Aya makuru yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigarama, Uzamukunda Anathalie, wabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko bamenye ko iyo nka yapfuye mu rukerera rwo kuri uyu wa 6 Mata 2017.

Ati “Nibyo, batubwiye mu gitondo saa kumi n’imwe.”

Uyu muyobozi yavuze ko nyuma yo kugira ibyago, umuryango wa Mukurira wari wayihawe muri gahunda ya Girinka ugomba gushumbushwa nkuko biteganywa n’amategeko.

Ati “Ni ibyo gutekerezwaho ariko agomba gufashwa kuko n’ubundi iriya nka yari iyo muri gahunda ya Girinka, ni ugushumbushwa ni ko gahunda iba iteye.”

Nyuma yo gupfa kw’iyi nka, ubuyobozi bw’umurenge buhagarariwe n’umuvuzi w’amatungo bwahise buhagera ndetse bunayobora igikorwa cyo kuyitaba bitewe n’uko itaribwa kuko yipfushije.

Iyi nka yasanzwe yatemwe bikomeye ku ipfupfu mu gitondo cyo ku wa Kabiri, tariki 4 Mata, aho kuri uwo munsi yanakorewe ubutabazi bw’ibanze iradodwa, ariko ku bw’amahirwe make yaje gupfa.

Abantu babiri bamaze gutabwa muri yombi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege, yavuze ko nyuma y’uko iyo nka itemwe, polisi yahise itangira iperereza ry’ibanze rimaze gufatirwamo abantu babiri gusa ngo rirakomeje kugira ngo hamenyekane ibindi byihishe inyuma y’iki gikorwa. Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kicukiro mu gihe iperereza rigikomeje.

Kugirira nabi amatungo y’undi ni icyaha gihanwa n’amategeko y’u Rwanda, kuko ingingo ya 436 y’igitabo cy’amategeko ahana ivuga ko umuntu wese, ku bw’inabi kandi nta mpamvu, wica cyangwa ukomeretsa bikomeye amatungo y’undi, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu kugeza ku mwaka umwe n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana abiri kugeza kuri miliyoni ebyirikimwe gusa muri ibyo bihano.

-6226.jpg

Inka yatemwe n’abagizi banabi

2017-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iryavuzwe riratashye : Nahimana yasohoye inyandiko ihakana Jenoside n’abayikoze

Iryavuzwe riratashye : Nahimana yasohoye inyandiko ihakana Jenoside n’abayikoze

Ubwanditsi 30 Nov 2016
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2019
RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Ubwanditsi 27 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura
HIRYA NO HINO

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana
Mu Mahanga

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 19 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru