• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu

Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu

Ubwanditsi 19 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique yageze i Kigali mu masaha ya saa saba mu ruzinduko rw’iminsi itatu ajemo mu Rwanda aho azasura ahantu hanyuranye ndetse no ku mupaka w’u Rwanda na Congo.

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, Filipe Jacinto Nyusi yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame n’abandi bayobozi bakuru, ku mihanda minini imwe muri Kigali hamanitswe ababendera ya Mozambique mu kumuha ikaze.

Nyusi mu ruzinduko rwe uyu munsi arasura icyanya cyahariwe inganda mu mugi wa Kigali i Masoro, nimugoroba yakirwe ku meza na mugenzi we Paul Kagame nk’uko bitangazwa n’ibiro by’umukuru w’igihugu.

Uyu mushyitsi mukuru azasura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi, Telecom House ahakorerwa ibyo guhanga udushya mu ikoranabuhanga, ingoro ndangamurage y’umwami i Nyanza.

Perezida Nyusi azasura kandi umupaka uvuguruye bigezweho(One Stop Border Post)  wa La Corniche hagati y’u Rwanda na Congo i Rubavu.

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rwe kandi azagirana ikiganiro kihariye na Perezida Kagame nyuma banagire ikiganiro n’abanyamakuru.

Perezida Nyusi asuye u Rwanda nyuma y’uko mugenzi we Paul Kagame asuye Mozambique mu 2016 impande zombi zigasinya amasezerano anyuranye mu gufatanya mu by’ubuhinzi n’ingendo zo mu kirere.

Biteganyijwe ko indege za Rwandair zizatangira ingendo vuba muri Mozambique.

 

N’abandi inyuma ye….

Xi Jinping, Perezida wa mbere w'Ubushinwa ugiye kugera mu Rwanda

Xi Jinping, Perezida wa mbere w’Ubushinwa ugiye kugera mu Rwanda

Nyuma y’uruzinduko rwe kuwa gatandatu, ku cyumweru Perezida Xi Jinping w’Ubushinwa nawe azahita agera mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri azasoza kuwa mbere.

Kuri uwo wa mbere tariki 23 Nyakanga kandi Nerandra Modi Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde nawe azahita agera mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, nabwo ni ubwa mbere Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu azaba ageze mu Rwanda. Umwaka ushize, Visi Perezida w’Ubuhinde nawe yasuye u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko izi nzinduko z’abayobozi bakuru zigamije gukomeza umubano n’ubufatanye n’ibi bihugu bitatu.

Ko buri muyobozi muri aba azana n’itsinda ry’abashoramari kandi ko mu biganiro by’aba bayobozi bareba iby’ubufatanye mu bucuruzi, ibikora remezo, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubuhinzi ndetse n’ikoranabuhanga.

Ibiganiro byabo ngo bizanagaruka kandi ku bigendanye n’ubumwe bwa Africa, umuryango ubu uyobowe na Perezida Paul Kagame.

Ubushinwa n’Ubuhinde ni ibihugu bifatanya byinshi na Africa mu iterambere muri ibi bihe.

Nerandra Modi, Minisitiri w'intebe wa mbere w'Ubuhinde ugiye kugera mu Rwanda

Nerandra Modi, Minisitiri w’intebe wa mbere w’Ubuhinde ugiye kugera mu Rwanda

Source : Umuseke

2018-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana

Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana

Ubwanditsi 07 Feb 2020
Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Ubwanditsi 11 Oct 2024
Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi

Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwicanyi mu Burundi buragenda buhindura isura
Mu Rwanda

Ubwicanyi mu Burundi buragenda buhindura isura

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert
Amakuru

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United
Amakuru

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Ubwanditsi 06 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru