• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu

Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu

Ubwanditsi 19 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique yageze i Kigali mu masaha ya saa saba mu ruzinduko rw’iminsi itatu ajemo mu Rwanda aho azasura ahantu hanyuranye ndetse no ku mupaka w’u Rwanda na Congo.

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, Filipe Jacinto Nyusi yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame n’abandi bayobozi bakuru, ku mihanda minini imwe muri Kigali hamanitswe ababendera ya Mozambique mu kumuha ikaze.

Nyusi mu ruzinduko rwe uyu munsi arasura icyanya cyahariwe inganda mu mugi wa Kigali i Masoro, nimugoroba yakirwe ku meza na mugenzi we Paul Kagame nk’uko bitangazwa n’ibiro by’umukuru w’igihugu.

Uyu mushyitsi mukuru azasura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi, Telecom House ahakorerwa ibyo guhanga udushya mu ikoranabuhanga, ingoro ndangamurage y’umwami i Nyanza.

Perezida Nyusi azasura kandi umupaka uvuguruye bigezweho(One Stop Border Post)  wa La Corniche hagati y’u Rwanda na Congo i Rubavu.

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rwe kandi azagirana ikiganiro kihariye na Perezida Kagame nyuma banagire ikiganiro n’abanyamakuru.

Perezida Nyusi asuye u Rwanda nyuma y’uko mugenzi we Paul Kagame asuye Mozambique mu 2016 impande zombi zigasinya amasezerano anyuranye mu gufatanya mu by’ubuhinzi n’ingendo zo mu kirere.

Biteganyijwe ko indege za Rwandair zizatangira ingendo vuba muri Mozambique.

 

N’abandi inyuma ye….

Xi Jinping, Perezida wa mbere w'Ubushinwa ugiye kugera mu Rwanda

Xi Jinping, Perezida wa mbere w’Ubushinwa ugiye kugera mu Rwanda

Nyuma y’uruzinduko rwe kuwa gatandatu, ku cyumweru Perezida Xi Jinping w’Ubushinwa nawe azahita agera mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri azasoza kuwa mbere.

Kuri uwo wa mbere tariki 23 Nyakanga kandi Nerandra Modi Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde nawe azahita agera mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, nabwo ni ubwa mbere Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu azaba ageze mu Rwanda. Umwaka ushize, Visi Perezida w’Ubuhinde nawe yasuye u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko izi nzinduko z’abayobozi bakuru zigamije gukomeza umubano n’ubufatanye n’ibi bihugu bitatu.

Ko buri muyobozi muri aba azana n’itsinda ry’abashoramari kandi ko mu biganiro by’aba bayobozi bareba iby’ubufatanye mu bucuruzi, ibikora remezo, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubuhinzi ndetse n’ikoranabuhanga.

Ibiganiro byabo ngo bizanagaruka kandi ku bigendanye n’ubumwe bwa Africa, umuryango ubu uyobowe na Perezida Paul Kagame.

Ubushinwa n’Ubuhinde ni ibihugu bifatanya byinshi na Africa mu iterambere muri ibi bihe.

Nerandra Modi, Minisitiri w'intebe wa mbere w'Ubuhinde ugiye kugera mu Rwanda

Nerandra Modi, Minisitiri w’intebe wa mbere w’Ubuhinde ugiye kugera mu Rwanda

Source : Umuseke

2018-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Ubwanditsi 26 Mar 2025
Perezida Kagame yagejeje ijambo ku nteko rusange ya Loni

Perezida Kagame yagejeje ijambo ku nteko rusange ya Loni

Ubwanditsi 23 Sep 2016
Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Ubwanditsi 09 Jul 2024
Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 14 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi
HIRYA NO HINO

Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Impamvu yatumye  Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi
Mu Mahanga

Impamvu yatumye Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 May 2016
Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro
POLITIKI

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru