• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

Ubwanditsi 19 Sep 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri iki cyumweru tariki ya 19 Nzeri 2021, nibwo ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yatsinze ikipe ya Mogadishu City Club yo muri Somalia, ibitego 2-1 ibasha gukomeza mu ijonjora rya kabiri muri CAF Champions League.

Muri uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, APR FC ntabwo yatangiye neza kuko ubwo hari ku munota wa 24 nibwo ikipe ya Mogadishu City Club yafunguye amazamu ya APR FC yarimo Ishimwe Jean Pierre, ni igitego iyi kipe yatsinze nyuma y’uburangare bw’abakinnyi b’inyuma ya APR FC.

Ikipe ya APR FC yari iri mu rugo yakomeje gusatira ariko ntibyagira icyo bitanga kugeza ubwo amakipe yombi yagiye ku ruhuka ari igitego kimwe cya Mogadishu City club ku busa bwa APR FC.

Amakipe yombi avuye kuruhuka, umutoza wungirije wa APR FC Nafetti Jameleddine yakuyemo bamwe mu bakinnyi barimo Mugisha Gilbert, Bizimana Yannick na Rwabuhihi Aimee Placide basimburwa na Nsanzimfura Keddy, Ishimwe Anicet ndetse na Mugunga Yves.

Izi mpinduka zabyaye umusaruro ku munota wa 60 w’umukino, kuko nibwo APR FC yabonye igitego cya mbere cyatsinzwe na Manishimwe Djabel wari wagowe n’iyi kipe mu gice cya mbere cy’umukino.

Gusatira kw’ikipe y’ingabo z’igihugu kwatanze umusaruro w’igitego cya kabiri, kuko ku munota wa 73 myugariro mushya wa APR FC Karera Hassan yatsinze igitego cyayihaye gukomeza mukindi kiciro, hari ku mupira uvuye muri koruneri yari itewe na Manishimwe Djabel.

Uyu mukino wasojwe ikipe ya APR FC ibonye intsinzi y’ibitego 2-1 mu mikino yombi kuko umukino ubanza amakipe yombi yari yanganyije ubusa ku busa.

Gukomeza mu kindi kiciro cya CAF Champions League ku ikipe y’ingabo y’igihugu, bivuze ko mu kwezi gutaha k’Ukwakira izakina na Etoile du Sahel yo muri Tunisia bahatanira kwerekeza mu matsinda.

Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi:

APR FC: Ishimwe Jean Pierre, Rwabuhihi Aimé Placide, Karera Hassan, Buregeya Prince, Manishimwe Djabel, Tuyisenge Jacques (c), Mugisha Bonheur, Mugisha Gilbert, Omborenga Fitina na Bizimana Yannick.

Mogadishu City Club: Ali Kimera,Faysal Hashi, Adjimani Hugues .S Kouame, Kagaba Nicholas, Abdiwalb Abdirahman Mohamed, Ali Ali, Hassan Mohamed Adan, Bi Marc Boue, Seydoube Camara, Isse Abdulkadir Ibrahim na Ahmed Abdullahi Abdi.

2021-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Ubwanditsi 16 Aug 2021
Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Ubwanditsi 16 Dec 2020
Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali

Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali

Ubwanditsi 02 May 2023
M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 16 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yemeza ko Afurika ikeneye Ishoramari ku Burayi kuruta Inkunga-  [ Video ]
POLITIKI

Perezida Kagame yemeza ko Afurika ikeneye Ishoramari ku Burayi kuruta Inkunga- [ Video ]

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023
Amakuru

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf
INKURU NYAMUKURU

Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Ubwanditsi 26 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru