• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Ubwanditsi 26 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Alassane Ouattara wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda aho yitabiriye inama izwi nka Mo Ibrahim Governance Weekend, igomba gutangirwamo igihembo cyitiriwe Mo Ibrahim kizashyikirizwa Ellen Johnson Sirleaf uheruka gusimburwa nka Perezida wa Liberia.

Iyi nama ngarukamwaka y’iminsi itatu iteganyijwe ku wa 27-29 Mata 2018, kuri uyu wa Gatanu izafungurwa no kwishimira imiyoborere ya Ellen Johnson Sirleaf wegukanye igihembo cy’umwaka wa 2017. Itegurwa n’umuryango Mo Ibrahim Foundation, ikagenda izenguruka mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Perezida Ouattara yageze mu murwa mukuru w’u Rwanda mu ma saa moya z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu aho yavuze ati “nzitabira umuhango wo gushyikiriza igihembo cya Mo Ibrahim inshuti yanjye n’uwahoze ayobora Liberia, Madamu Ellen Johnson Sirleaf.”

Umuyobozi wa Komite itanga iki gihembo, Dr Salim Ahmed Salim, yavuze ko Sirleaf yagiye ku butegetsi igihugu cye cyarasenywe burundu n’intambara za gisivili, akayobora urugendo rw’ubwiyunge agamije kubaka igihugu na demokarasi. Yakomeje avuga ko muri manda ebyiri yakoreye abaturage atiganda akubaka umusingi Liberia izubakiraho kugira ngo ive mu bibazo bikiyugarije birimo n’indwara ya Ebola.

Ouattara aheruka kwemeza ko azaba ari i Kigali guhera ku wa 25 kugeza ku wa 27 Mata 2018, aho yageze mu Rwanda avuye mu zindi ngendo muri Koweït no mu Bufaransa.

Biteganyijwe ko abayobozi batandukanye bazakoranira muri Kigali Convention Centre barimo abanyapolitiki, abayobozi mu nzego z’ubucuruzi, abahagarariye imiryango itari iya leta, inzego zihagarariye uturere n’abafatanyabikorwa ba Afurika, haganirwa ku ngingo z’ingirakamaro kuri Afurika.

Iyi minsi itatu izaba ari iy’ibiganiro bikomeye bizagenda bigaruka ku bibazo Afurika ifite, uyu mwaka hakazahabwa umwihariko kuri serivisi zitangwa ubuyobozi bwa leta muri Afurika.

Iyi ngingo izaganirwaho by’umwihariko ku wa Gatandatu, mu kiganiro kizitabirwa na Perezida Kagame, kikazayoborwa n’umuherwe Mohammed “Mo” Ibrahim ukomoka muri Sudani akaba n’Umwongereza, wakoreye ibigo byinshi by’itumanaho mbere yo gushinga icye, Celtel. Umutungo we ubarirwa muri miliyari 1.18 z’Amadolari ya Amerika.

Ingingo ya serivisi za leta irakomeye kuri uyu mugabane, kuko raporo y’uyu muryango ya 2018 igaragaza ko “22% by’abaturage ba Afurika bafite serivisi bagiye gusaba muri leta bavuze ko batanze ruswa, abenshi hari kuri polisi no mu nkiko.” Ruswa muri serivisi za leta muri Afurika ngo iza ku mwanya wa kabiri ku Isi, nyuma ya Aziya y’Epfo.

Iyi nama ya Mo Ibrahim Weekend izasozwa n’inkera idasanzwe izasusurutswa n’ibyamamare mu njyana Nyafurika, harimo Itsinda Sauti Sol ryo muri Kenya na Peter Okoye (wahoze muri P Square) wo muri Nigeria n’abandi bahanzi bakomeye bo mu Rwanda nka Riderman, Knowless, Phionah Mbabazi na Charly & Nina.

 

Perezida Alassane Ouattara wa Côte d’Ivoire ubwo yakirwaga i Kigali

 

Perezida Ouattara yageze mu murwa mukuru w’u Rwanda mu ma saa moya z’ijoro kuri uyu wa Gatatu

 

Ouattara aheruka kwemeza ko azaba ari i Kigali guhera ku wa 25 kugeza ku wa 27 Mata 2018. Yageze mu Rwanda nyuma y’izindi ngendo yagiriye muri Koweït no mu Bufaransa mu Cyumweru gishize

 

Yakiriwe mu Rwanda n’abayobozi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo

 

2018-04-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza

Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022
Inzozi za Museveni ku Rwanda

Inzozi za Museveni ku Rwanda

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Ubwanditsi 27 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction
HIRYA NO HINO

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Ubwanditsi 01 Apr 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022
Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC
ITOHOZA

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Ubwanditsi 20 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru