• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Burya izina ntacyo ripfana na nyiraryo koko. Wumvise “Micomyiza” wagirango ni umuntu muzima, nyamara ni inyamaswa mu zindi.

Ibi bizwi neza n’abari batuye mu mujyi wa Butare mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe n’ababaye muri Kaminuza y’u Rwanda aho i Butare, dore ko iyo bumvise iri zina rya Micomyiza Jean Paul ibikoba bibakuka, kubera ubwicanyi yahakoreye.

“Mico” nk’uko bagenzi be bakundaga kumwita yatsembye abo mu miryango myinshi y’Abatutsi yari izwi aho muri Butare, nko mu muryango wa Sebarinda, uwa Nsonera, uwa Masabo n’indi myinshi. Yishe abo biganaga muri Kaminuza, Campus ya Ruhande, abamwigishaga, mbese yabaye kimenyabose mu bwicanyi bwabereye za Cyarwa, Taba, Matyazo, i Ngoma, Tumba no mu tundi duce two mu mujyi wa Butare.

Kimwe n’izindi nterahamwe-mpuzamugambi, Micomyiza yibwiraga ko atazigera aryozwa ubugome bwe, cyane cyane aho agereye i Burayi, mu bilometero ibihumbi uvuye aho yakoreye ibyaha.

Kwari ukwibeshya nyine, kuko jenoside ari icyaha kidasaza, kandi amahanga akaba agenda amenya ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa kabiri, tariki 21 Ukuboza 2021 isi yabaye nk’igwiriye uyu mugome, ubwo Urukiko rw’Ikirenga rwo muri Suwede rwanzuraga ko Micomyiza agomba koherezwa mu Rwanda, akaburanishwa ku byaha akurikiranyweho, cyane ko urwo rukiko rusanga nta mbogamizi n’imwe yatuma adashyikirizwa ubutabera bw’igihugu cye.

Micomyiza Jean Paul w’imyaka 49 y’amavuko amaze umwaka usaga muri gereza, kuko yafashwe mu Gushyingo umwaka ushize wa 2020, nyuma y’imyaka 15 yari amaze muri Suwede.

Yagerageje gusaba ubwenegihugu bwa Suwede ariko barabumwima, hashingiwe ku makuru Leta y’uRwanda yari yaramutanzeho, ndetse igasaba ko yoherezwa kuburanira mu Rwanda.

Biteganyijwe ko Guverinoma ya Suwede ariyo izafata icyemezo cya nyuma kuri iri yoherezwa rya Micomyiza Jean Paul kuburanira aho yakoreye ibyaha, icyakora abazi neza imikorere y’iki gihugu bahamya ko ishobora gushimangira umwanzuro w’urukiko.

Mu bandi bajenosideri babarizwa muri Suwede, harimo Mbanenande Stanislas wanakatiwe igifungo cya burundu, Claver Berinkindi na Tewodori Rukeratabaro. Aba nabo bafite impapuro zibasabira gutabwa muri yombi, bakoherezwa mu Rwanda.

2021-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Ubwanditsi 08 May 2016
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye

Ubwanditsi 03 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye
Mu Rwanda

Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa
Mu Mahanga

Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Ubwanditsi 16 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru