• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Burya izina ntacyo ripfana na nyiraryo koko. Wumvise “Micomyiza” wagirango ni umuntu muzima, nyamara ni inyamaswa mu zindi.

Ibi bizwi neza n’abari batuye mu mujyi wa Butare mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe n’ababaye muri Kaminuza y’u Rwanda aho i Butare, dore ko iyo bumvise iri zina rya Micomyiza Jean Paul ibikoba bibakuka, kubera ubwicanyi yahakoreye.

“Mico” nk’uko bagenzi be bakundaga kumwita yatsembye abo mu miryango myinshi y’Abatutsi yari izwi aho muri Butare, nko mu muryango wa Sebarinda, uwa Nsonera, uwa Masabo n’indi myinshi. Yishe abo biganaga muri Kaminuza, Campus ya Ruhande, abamwigishaga, mbese yabaye kimenyabose mu bwicanyi bwabereye za Cyarwa, Taba, Matyazo, i Ngoma, Tumba no mu tundi duce two mu mujyi wa Butare.

Kimwe n’izindi nterahamwe-mpuzamugambi, Micomyiza yibwiraga ko atazigera aryozwa ubugome bwe, cyane cyane aho agereye i Burayi, mu bilometero ibihumbi uvuye aho yakoreye ibyaha.

Kwari ukwibeshya nyine, kuko jenoside ari icyaha kidasaza, kandi amahanga akaba agenda amenya ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa kabiri, tariki 21 Ukuboza 2021 isi yabaye nk’igwiriye uyu mugome, ubwo Urukiko rw’Ikirenga rwo muri Suwede rwanzuraga ko Micomyiza agomba koherezwa mu Rwanda, akaburanishwa ku byaha akurikiranyweho, cyane ko urwo rukiko rusanga nta mbogamizi n’imwe yatuma adashyikirizwa ubutabera bw’igihugu cye.

Micomyiza Jean Paul w’imyaka 49 y’amavuko amaze umwaka usaga muri gereza, kuko yafashwe mu Gushyingo umwaka ushize wa 2020, nyuma y’imyaka 15 yari amaze muri Suwede.

Yagerageje gusaba ubwenegihugu bwa Suwede ariko barabumwima, hashingiwe ku makuru Leta y’uRwanda yari yaramutanzeho, ndetse igasaba ko yoherezwa kuburanira mu Rwanda.

Biteganyijwe ko Guverinoma ya Suwede ariyo izafata icyemezo cya nyuma kuri iri yoherezwa rya Micomyiza Jean Paul kuburanira aho yakoreye ibyaha, icyakora abazi neza imikorere y’iki gihugu bahamya ko ishobora gushimangira umwanzuro w’urukiko.

Mu bandi bajenosideri babarizwa muri Suwede, harimo Mbanenande Stanislas wanakatiwe igifungo cya burundu, Claver Berinkindi na Tewodori Rukeratabaro. Aba nabo bafite impapuro zibasabira gutabwa muri yombi, bakoherezwa mu Rwanda.

2021-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uvira : Intambara iraca ibintu

Uvira : Intambara iraca ibintu

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018
Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Ubwanditsi 24 May 2021
Mushikiwabo yerekeje muri Cambodge, iwabo w’umwe mu basekuruza ba OIF

Mushikiwabo yerekeje muri Cambodge, iwabo w’umwe mu basekuruza ba OIF

Ubwanditsi 10 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere
Amakuru

Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere

Ubwanditsi 30 Aug 2025
Perezida Kagame yitabiriye Inama Rusange ya 71 ku Buzima i Geneve
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama Rusange ya 71 ku Buzima i Geneve

Ubwanditsi 21 May 2018
Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa  FDLR
ITOHOZA

Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa FDLR

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru