• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Burya izina ntacyo ripfana na nyiraryo koko. Wumvise “Micomyiza” wagirango ni umuntu muzima, nyamara ni inyamaswa mu zindi.

Ibi bizwi neza n’abari batuye mu mujyi wa Butare mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe n’ababaye muri Kaminuza y’u Rwanda aho i Butare, dore ko iyo bumvise iri zina rya Micomyiza Jean Paul ibikoba bibakuka, kubera ubwicanyi yahakoreye.

“Mico” nk’uko bagenzi be bakundaga kumwita yatsembye abo mu miryango myinshi y’Abatutsi yari izwi aho muri Butare, nko mu muryango wa Sebarinda, uwa Nsonera, uwa Masabo n’indi myinshi. Yishe abo biganaga muri Kaminuza, Campus ya Ruhande, abamwigishaga, mbese yabaye kimenyabose mu bwicanyi bwabereye za Cyarwa, Taba, Matyazo, i Ngoma, Tumba no mu tundi duce two mu mujyi wa Butare.

Kimwe n’izindi nterahamwe-mpuzamugambi, Micomyiza yibwiraga ko atazigera aryozwa ubugome bwe, cyane cyane aho agereye i Burayi, mu bilometero ibihumbi uvuye aho yakoreye ibyaha.

Kwari ukwibeshya nyine, kuko jenoside ari icyaha kidasaza, kandi amahanga akaba agenda amenya ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa kabiri, tariki 21 Ukuboza 2021 isi yabaye nk’igwiriye uyu mugome, ubwo Urukiko rw’Ikirenga rwo muri Suwede rwanzuraga ko Micomyiza agomba koherezwa mu Rwanda, akaburanishwa ku byaha akurikiranyweho, cyane ko urwo rukiko rusanga nta mbogamizi n’imwe yatuma adashyikirizwa ubutabera bw’igihugu cye.

Micomyiza Jean Paul w’imyaka 49 y’amavuko amaze umwaka usaga muri gereza, kuko yafashwe mu Gushyingo umwaka ushize wa 2020, nyuma y’imyaka 15 yari amaze muri Suwede.

Yagerageje gusaba ubwenegihugu bwa Suwede ariko barabumwima, hashingiwe ku makuru Leta y’uRwanda yari yaramutanzeho, ndetse igasaba ko yoherezwa kuburanira mu Rwanda.

Biteganyijwe ko Guverinoma ya Suwede ariyo izafata icyemezo cya nyuma kuri iri yoherezwa rya Micomyiza Jean Paul kuburanira aho yakoreye ibyaha, icyakora abazi neza imikorere y’iki gihugu bahamya ko ishobora gushimangira umwanzuro w’urukiko.

Mu bandi bajenosideri babarizwa muri Suwede, harimo Mbanenande Stanislas wanakatiwe igifungo cya burundu, Claver Berinkindi na Tewodori Rukeratabaro. Aba nabo bafite impapuro zibasabira gutabwa muri yombi, bakoherezwa mu Rwanda.

2021-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Ubwanditsi 22 Mar 2021
Mushikiwabo yerekeje muri Cambodge, iwabo w’umwe mu basekuruza ba OIF

Mushikiwabo yerekeje muri Cambodge, iwabo w’umwe mu basekuruza ba OIF

Ubwanditsi 10 Aug 2018
Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’

Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa

Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa

Ubwanditsi 13 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.
HIRYA NO HINO

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2019
Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye
POLITIKI

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Urujijo ku byavuye mu iperereza ku rupfu rwa Agnes uherutse gupfa bitunguranye
HIRYA NO HINO

Urujijo ku byavuye mu iperereza ku rupfu rwa Agnes uherutse gupfa bitunguranye

Ubwanditsi 02 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru