• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Editorial 16 Sep 2016 Mu Mahanga

U Rwanda rurahamagarira amahanga kuzemeza ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal ku bintu byangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Iri vugurura rikazaba intambwe ifatika mu kugabanya imihindagurikire y’ibihe kuva aho Amasezerano y’i Paris yemerejwe.

Ibi u Rwanda rubitangaje mu gihe rwifatanya n’ amahanga kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba uba buri mwaka ku wa 16 Nzeri.

Abarenga 1000 barimo abayobozi ku rwego mpuzamahanga n’impuguke mu bijyanye no kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’iziba n’iterambere ridahumanya ikirere bategerejwe mu Rwanda mu nama ya 28 ihuza ibihugu byashyize umukono ku masezerano ya Montreal izwi ku izina rya MOP28.

Abazayitabira bazaganira ku ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal, yazemezwa akazatuma hihutishwa guhagarika ikoreshwa ry’imyuka yangiza ikirere izwi nka “hydrofluorocarbons” (HFCs) ikoreshwa mubyuma bikonjesha. Iyi nama izaba guhera ku wa 6 kugeza ku wa 14 Ukwakira 2016, ibere muri “Kigali Convention Centre”.

Kwemeza iri vugururwa ry’Amasezerano ya Montreal bishobora kuzagabanya dogere 0.5 kw’izamuka ry’ubushyuhe bw’isi kugeza mu mpera z’iki kinyejana, kubera guhagarika ikoreshwa ry’imyuka yangiza ikirere izwi nka “hydrofluorocarbons” (HFCs).

Iri vugurura ry’amasezerano rigenze neza ryaba ari ikimenyetso cy’uko umuryango mpuzamahanga wiyemeje ku buryo bugaragara kuzagera ku ntego z’Amasezerano y’i Paris – ajyanye no gukora ku buryo igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’isi kitarenga dogere 2 kandi umuhigo ukaba ko icyo gipimo cyagera kuri dogere 1.5.

Minisitiri w’Umutunngo Kamere, Vincent Biruta yagize ati “Dutegereje kandi twishimiye kwakira mu Rwanda abahagarariye ibihugu byashyize umukono ku Masezerano ya Montreal bose, mu rwego rw’ubufatanye mpuzamahanga. Twishimiye kuzabona ibihugu byinshi bishyigikira Ivugururwa ry’aya masezeranokandi twizeye ko rizemezwa niduhurira I Kigali mu Ukwakira. U Rwanda rwiteguye guhuriza hamwe ibihugu byose byashyize umukono ku Masezerano ya Montreal gushakira hamwe uko iri vugurura ryaba impamo.”

U Rwanda ruzwiho kuba urwa mbere mu gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Montreal, rukarenza intego kandi rukubahiriza igihe ntarengwa giteganywa n’aya masezerano. Mu byo u Rwanda rwakoze harimo kuba rwarahagaritse ikoreshwa ry’imyuka ya “chlorofluorocarbon” (CFCs) yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba mu mwaka wa 2010, umwaka umwe mbere y’igihe ntarengwa cyari cyagenwe n’aya masezerano.

Ibikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rwagezeho mu kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba byaruhesheje igihembo mu mwaka wa 2012.Iki gihembo u Rwanda rukaba rwaragihawe n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Amasezerano ya Montreal, buherereye mu Kigo cy’Umuryango w’Abibumbye Gishinzwe Guteza imbere Ibungabungwa ry’Ibidukikije (UNEP).

-4069.jpg

Minisitiri w’Umutunngo Kamere, Vincent Biruta

Rwanda Environment & Natural Resources Sector Communications Team

2016-09-16
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Editorial 28 Jul 2024
Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Editorial 08 Jan 2025
Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Editorial 15 Feb 2023
Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Editorial 23 Aug 2016
Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Editorial 28 Jul 2024
Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Editorial 08 Jan 2025
Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Editorial 15 Feb 2023
Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Editorial 23 Aug 2016
Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Editorial 28 Jul 2024
Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Editorial 08 Jan 2025
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru