• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Ubwanditsi 23 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ikinyamakuru cyanyu Rushyashya News kimaze gutahura umugambi mubisha wo gutegura filimi mbarabinyoma, igamije gusiga isura mbi u Rwanda n’Abayobozi barwo Bakuru. Umuhinde Anjan Sundaram ufite n’ubwenegihugu bw’Ubwongereza, na Benedict MORAN ukomoka muri Canada, nibo barimo guhabwa amafaranga ngo bahimbahimbe ibirego bitagira ishingiro, ari nabyo bazashyira mu cyo bise filimi”mbarankuru”.

Uyu Anjan Sundaram we asanzwe anazwi cyane mu baremekanya ibinyoma n’amahomvu k’u Rwanda, nubwo kugeza ubu ntacyo byarutwaye.

Uyu mushinga mubisha wateguwe na JAMBO ASBL, igizwe n’abakomoka ku bajenosideri, abayoboke ba Ingabire Victoire bibumbiye muri FDU Inkingi, n’ibindi bigarasha n’Interahamwe byo mu biryabarezi ngo ni amashyaka, no mu mitwe y’iterabwoba. Aba bazi barivugira ko bagamije guhindanya isura y’u Rwanda, bakaruteranya n’ibihugu by’inshuti n’abafatanyabikorwa barwo. Ibuye ryagaragaye ariko ntiriba rikishe isuka

Inyandiko Rushyashya yashoboye kubonera kopi,yanditswe n’uwiyita“ RP”, ariko abazi neza iby’uyu mugome bakaba baduhishuriye ko ari Prudence RUBINGISA,wanavuzwe cyane mu bafatanyabikorwa ba Paul Rusesabagina. Iyo nyandiko irasobanura ko iyo filimi izabatwara ibihumbi 500 by’amadolari y’Amerika(ni nka miliyoni 500 uvunje mu manyarwanda), ndetse ngo bakaba baramaze kubona abarirwa mu bihumbi 350 by’amadolari, ngo yatanzwe n’amashyirahamwe n’imiryango”iharanira uburenganzira bwa muntu”.

Nubwo “RP” ateruye ngo avuge amazina y’iyo miryango n’amashyirahamwe, ababikurikiranira hafi baravuga ko Lantos Foundation, Human Rights Watch na Amnesty International biri mu byatanze ayo mafaranga, dore ko bitajya bitangwa iyo hateguwe umugambi ubangamiye inyungu z’u Rwanda.

Muri iyo nyandiko ba nyir’umushinga barashishikariza Abanyarwanda kwishakamo ibihumbi 150 by’amadolari bisigaye, kugirango filimi isohoke, ndetse banabahaye konti y’icyitwa ”DORPA Asbl” gikorera i Buruseli mu Bubiligi, kugirango hanyuzwe ayo mafaranga.

Banyarwanda, Banyarwandakazi rero, muramenye ntimuzagwe muri uyu mutego mutindi, ushobora kubashibukana mudashishoje. Mumaze kubona ingero nyinshi zerekana ko ntawe ugambanira u Rwanda ngo bimugwe amahoro. Kuva ku bateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, abijanditse mu bikorwa by’iterabwoba nka Rusesabagina na bagenzi be, abenshi bibonye mu maboko y’ubutabera abandi bagwa igihugu igicuri, kandi abababeshyaga ko babashyigikiye ntacyo babafashije bamaze kugera mu mazi abira.

Inyandiko cyangwa ubutumwa busaba umusanzu wo gusenya Igihugu uwo bizageraho azabyamagane, kandi ashyikirize inzego zibishinzwe umwirondoro w’ubikwirakwiza. Abo babeshya Abanyarwanda ko babashakira ineza nabo barabizi ko barimo kugusha abaturage mu bugambanyi buhanwa n’amategeko, kuko mu nyandiko yabo bavuga ko gutanga amafaranga byakorwa mu ibanga”ku bw’umutekano” w’uyatanze.

Agapfa kaburiwe ni impongo! Rushyashya News yifashishije amakuru yizewe dukesha imboni zacu ziri hirya no hino ku isi, izakomeza kubagezaho ibikorwa bibi bitegurwa, kugirango Abanyarwanda bakunda u Rwanda bafatanye kubiburizamo.

2021-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida  Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Kwibohora si inzu nziza…, kwibohora ni ukumenya ngo uragana he – Kagame

Kwibohora si inzu nziza…, kwibohora ni ukumenya ngo uragana he – Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.

Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.

Ubwanditsi 14 May 2021
Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa

Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa

Ubwanditsi 03 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatuye muri Musanze basabwe kudahishira abanyabyaha
Mu Mahanga

Abatuye muri Musanze basabwe kudahishira abanyabyaha

Ubwanditsi 12 May 2016
Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?
Amakuru

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Ubwanditsi 28 Apr 2023
Amafoto – APR FC isezereye Kiyovu SC isanga Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2023
Amakuru

Amafoto – APR FC isezereye Kiyovu SC isanga Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 14 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru