• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umujyi wa Kigali watangiye gusenya Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]

Umujyi wa Kigali watangiye gusenya Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Jul 2017 Mu Rwanda

Umujyi wa Kigali wafashe icyemezo cyo gusenya hoteli Top Tower mu rwego rwo gushyira mu bikorwa igishushanyombonera cyawo.

Itangazo dukesha Umujyi wa Kigali rivuga ko yatangiye imirimo yo gusenya iyi hoteli.

Nk’uko igishushanyombonera cy’Umujyi wa Kigali kibivuga ngo agace ka Kimihurura kagomba kubakwamo inyubako zigezweho z’ubucuruzi.

Hoteli Top Tower yari imaze igihe kinini idakora iherereye ku Kimihurura hafi ya rond point nini ya Kimihurura hafi ya KBC.

Ushinzwe itangazamakuru mu Mujyi wa Kigali, Sibomana Martin, yari yarabwiye Izuba Rirashe tariki ya 22 Kamena 2016, ko iyi hoteli iri gukorerwaho igenzura ry’ubukomere.

Yagize ati “Ubusanzwe inyubako zihuriramo abantu benshi, iyo zimaze kubakwa Umujyi wa Kigali ugenzura ubukomere bwazo, ugatanga icyemezo.”

Yakomeje agaragaza ko Top Tower Hotel, icyo cyemezo giteganywa ntacyo yagiraga.

Byongeye no ku wa 28/7/2015 ngo Umujyi wa Kigali wayandikiye ibaruwa ibasaba guhagarika imirimo, hagakorwa igenzura.

Ati “Twari twarabandikiye, twakomeje kubabwira, ni ukugira turengere ubuzima bw’abantu benshi bakoresha iriya hoteli.”

Umujyi wa Kigali watangaje ko ubukomere bwa Hotel Top Tower buzagenzurwa n’ikigo cya St Joseph Engineering Company.

Ubwo umunyamakuru w’Izuba Rirashe yageraga kuri iyi hoteli umwaka ushize, yasanze imirimo yayo yahagaze, n’inama zari zari zihateganyijwe kuhakorera zimuriwe ahandi. Na bamwe bagendaga bahagera batazi ko yafunzwe bakarangirwa aho inama yimuriwe.

Abakozi bayo bari bavuze ko bo batazi impamvu y’ifungwa ry’ayo, ariko twari tutarabona umuyobozi wayo ngo agire icyo avuga kuri iri fungirwa.

Umujyi wa Kigali icyo gihe wari wavuze ko byatinda cyangwa byatebuka, izongera gukora ari uko igenzura ry’ubukomere iyi nyubako Engineering Company igaragaje ko nta kibazo ku mutekano w’abayikoresha.

Ugeze kuri iyi hotel iherereye iruhande rwa KBC hafi y’inyubako nshya ya Kigali Convention Center, yakirwa n’icyapa kigaragaza ko itari gukora, byanditse mu cyongereza ngo “Out of service”.

[ Amafoto ]

-7207.jpg

-7208.jpg

-7206.jpg

Top Tower Hotel yatangiye gusenywa

2017-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu muhezo Perezida Kagame  yahuriye   i Rubavu na Perezida Kabila ( Yavuguruwe )

Mu muhezo Perezida Kagame yahuriye i Rubavu na Perezida Kabila ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 12 Aug 2016
FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

Ubwanditsi 01 Aug 2024
Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Ubwanditsi 22 Oct 2024
Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC
Mu Rwanda

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ubwanditsi 21 Oct 2018
New York : Kagame yavuze uko u Rwanda rwasenywe na Jenoside rwiyubatse
UBUKUNGU

New York : Kagame yavuze uko u Rwanda rwasenywe na Jenoside rwiyubatse

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Ubwanditsi 18 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru