• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Twiteguye kugenda kuri Kigali tugafata Kagame ari muzima – Imbonerakure

Twiteguye kugenda kuri Kigali tugafata Kagame ari muzima – Imbonerakure

Ubwanditsi 09 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nkuko twari tabibamenyesheje mu  gihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu, itariki 08 Ukuboza, mu bice bitandukanye hateguwe imyigaragambyo yo kwamagana Pierre Buyoya, Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe ndetse na Perezida w’u Rwanda. Muri Kirundo hakaba hagaragaye imbonerakure zagendaga zivuga ko ziteguye kwinjira Kigali zigafata Perezida Paul Kagame ari muzima.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo ibihumbi by’abaturage byaramukiye mu mihanda ya Bujumbura mu myigaragambyo yateguwe na Guverinoma y’u Burundi. Ni imyigaragambyo yitabiriwe ku bwinshi n’abayoboke b’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, abatagisimani, abamotari n’abanyonzi, batangiriye ku cyicaro cya Loni bagasoreza urugendo ku rubuga rwitiriwe ubwigenge ruri mu mujyi rwagati.

Haririmbwaga indirimbo zitandukanye nk’iyi: “Ni Buyoya wishe Ndadaye, agomba gufatwa agasubiza ibikorwa bye. Moussa Faki rekeraho kumurengera.”

Ibi byakomeje bishimangirwa n’uwungirije minisitiri w’umutekano, Tharcisse Niyongabo, wafashe ijambo mu izina rya guverinoma akagira ati: “Amagambo yose ya Moussa Fafi nta gaciro afite kubera ko yiyahe uburenganzira bwo kuvugira Afurika Yunze Ubumwe mu gihe itegeko ritabyemera. Ni abakuru ba leta bafite kuvuga ku bibazo by’uyu muryango.”

Mu majyaruguru y’igihugu mu Ntara ya Kirundo, naho habaga imyigaragambyo nk’iyi. Urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD ruzwi nk’Imbonerakure muri iyi ntara rukaba rwumvikanye rurahirira kurwanya, Pierre Buyoya, U Rwanda, Jean Minani, perezida wa CNARED, Agathon Rwasa, u Burayi, Afurika Yunze Ubumwe, umuhuza Benjamin Mkapa n’abandi bose batareba neza ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza.

Izi mbonerakure zari zambaye imyambaro ya siporo y’amabara y’icyatsi n’umutuku iriho amakomini zagiye ziturukamo, zose zambaye ingofero na bote za gisirikare, nazo zakoraga mucakamukaca ziririmba indirimbo ziteye impungenge.

Mu ndirimbo zaririmbaga, harimo ishima ubutabera bw’u Burundi kuba bwarasohoye impapuro zo guta muri yombi Buyoya n’abo bahoze bakorana ngo kuko bishe Perezida Ndadaye n’ibihumbi by’Abahutu.

Bati: “Ni ukubera Buyoya u Burundi bwagize inkambi zikusanyirizwamo abantu bakicirwamo no kuba abandi Barundi barahunze igihugu. Niba ibihugu bicumbikiye aba bicanyi bitabohereje, tuzakurikirana ibyabo n’abo bakunda.”

Izi mbonerakure zakomeje zigira ziti: “Turaha gasopo Benjamin Mkapa kubera ibogama rye ku bibazo by’u Burundi, ariko n’u Rwanda rushaka guhungabanya u Burundi. Twiteguye kugenda kuri Kigali tugafata Kagame ari muzima. Minani, Perezida wa CNARED, Rwasa na E.U bashaka guhungabanya u Burundi, mumenye ko igihe cyarangiye. Twiyemeje kurinda perezida wacu Nkurunziza.”

Iyi myigaragambyo yabaye no mu bindi bice by’igihugu nko muri Muyinga mu majyaruguru y’uburasirazuba aho abaturage babujijwe kugira icyo bakora bagasabwa kujya mu myigaragambyo bamaganaga kwivanga mu mikorere y’ubutabera bw’u Burundi kw’Umuryango Mpuzamahanga.

Guverineri w’intara ya Muyinga nawe akaba yafashe ijambo agatanga ubutumwa ku iyicwa rya Ndadaye, aho yavuze ko ibihugu bicumbikiye abakekwaho uruhare mu iyicwa rye bifite inshingano zo kubohereza mu Burundi bakaburanishwa.

2018-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 09 Jul 2019
Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 05 Jun 2018

15 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    December 9, 20183:03 pm -

    NDABONA BARAKANGUTSE!!
    NIKAYA MYIGARAGABYO YO
    GUFUNGUZA ROZA KABUYE!!
    ABANTU BOSE BARAKANGUTSE
    AMASHURI ARAFUNGWA!!KABUYE WACU!!
    KABUYE ROZA ABAHE ??MPERUKA BATUBWIRA TUJYE KWIGARAMBYA
    !!

    Subiza
    • katsinono
      December 10, 20186:10 pm -

      Iyo abantu ari benshi bagenda babeshyana ukagirango barataha mu rugo rumwe. Naho iyo umwe atashye i wabo n’undi i wabo, babantu benshi uhita ubabura cyangwa bakwibagirwa maze nawe ukabibagirwa.

      Mukomeze mushukane, mubure kwihingira!!!!!!!!!!!!!!!!.

      Subiza
  2. Bk
    December 9, 20186:59 pm -

    Mbega ubujiji weeeee imbonerakure ntaho zitandukaniye ni interahamwe ngo bazaza kigali bafate president Kagame Paul ari muzima uwabashutse ibyo koko ninde isi yarinda ishira mutanarenze aho mutuye mu Burundi u Rwanda ruratera ntiruterwa Nkurunziza ari gusaza imigeri ya nyuma ari guta ibitabapfu mu kirirwa mushyigikira ubujiji bwe murabura kumuvana ku butegetsi mukajya mubyo mwazarimbukiramo bitazigera bibahira ngo agapfa kaburiwe ni impongo

    Subiza
  3. nkotanyi
    December 9, 20187:30 pm -

    hhhhhhhh . imbonerakure kure rwose zirasekeje gusa nta kindi?! I kigali wagizengo ni mu buyenzi ahari??!!!

    Subiza
  4. rukundo
    December 9, 20187:46 pm -

    Akazakurikira ibi muzakabona, ibi byose mubona numwana muto yabyibwira. Nkurunziza nabambari be ntibagisinzira,
    U Rwanda rwamaze kumurenga kandi ibyo bakora ni nkabimwe byo mucyaro, cg abantu bo hambere ya 1990, ubu subutegetsi kabisa.
    muliyi siecle tulimo sinarinzi ko haba hakiba ibintu nkibi . Aliko africa birashoboka.

    Wowe rugendo, umeze nkabo barundi basange kuko uli ikijuju, ubu uvuze iki?
    kugereranya ibitagereranya, waruziko abantu nkamwe mudatera imbere?

    Subiza
  5. Sema Halelua
    December 9, 20188:46 pm -

    Ariko Abantu Binjiji Baracyariho Kagame Se Muzamukurahe? Mugirango Urwanda Twe Turoroshe? Mwaza Mumigeri, Mungumi, Mumasasu Hose Turahari Barabashuka Ntabwoba Dufite

    Subiza
    • Sunday
      December 10, 20188:15 am -

      Ntabwoba mufite? Kombona ubwoba mufite byinshi? Bazamufata. Ikigari baruzuye ukuyeho nyine barinze command. Watch the space

      Subiza
      • Jay
        December 10, 20189:19 am -

        Abarundi rwose muri umuti wamenyo, Kigali c ba shahu muzi ngo ni agakomine kiwanyu? izo mbonerakure nako interahamwe za nkurumbi burya rero umuheto woshya umwambi bitari bujyane, agapfa kaburiwe n’impongobidatinze nti muzasanga mwaribeshye!

        Subiza
  6. bigabo
    December 10, 201811:09 am -

    Mbonerakure (Nterahamwe) mumeze nk’imbwa zimokera ku biziriko, ikosa rito muzakora ni ukurenga umupaka maze muzarebe ako imbwa yaboneye kumugezi, igihugu cyanyu tuzagitera imetero ikigoroba kimwe ntimuzamenya ikibakubise mwa misega mwe !!

    Subiza
    • katsinono
      December 10, 20183:04 pm -

      KARIBU SANA!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!. Ubwo muhaze ibijumba.

      Subiza
  7. katsinono
    December 10, 20183:08 pm -

    MUZADUHE AMAHIRWE MWAMBUKE AKANYARU MAZE DUKEMURE IBIBAZO. AMAKIMBIRANE AVEHO BURUNDU.

    Subiza
    • Sunday
      December 11, 20186:23 am -

      Kobari imbere murwanda. Intambara suguhubuka ahubwo nisiyasa. Just watch you will see.

      Subiza
  8. katsinono
    December 10, 20183:10 pm -

    UZIKO BAMENYA GUSETSA N’UVUYE GUTA NYINA. BARI MU ISI Y’IKIRUNDI.

    Subiza
  9. Ntare Rushatsi
    December 10, 201811:16 pm -

    Reka rero bantu mbibwirire.
    Mu mwaka wa 2008 nigeze kwerekwa ndi mugihugu cyuburundi
    Narindi mumidoka ya Land cruiser nshakisha umuntu uwariwo wese waba ari muzima ntitaye kubwoko bwe.
    Uburundi bwari bwarabaye ibihuru nkomeza kugenda mburumuntu.
    Yewe nta nimbwa nta ninyoni.
    Maze kunanirwa ndimuri gahunda yo gusubira inyuma,mbona umugabo ntavuga (izina) yicaye mubyatsi hafi yumuhanda. Ndikanga mva mumodoka mfungura inyuma nkuramwo ingoma yu Burundi .nti Yewe wa muntu we.nti Uburundi nubwawe.
    Akenshi ibyo nerekwa bibaho.
    Aya ma gambo nimyigaragambyo ndeba hano.nibyanonaha. ibisigaye muzabyibonera kandi mbabajwe nabategekwa kwigaragambya batazi ni mpamvu ahubwo babitewe nubwoba cg se agahato.
    Yewe muntu ushidikanya u zabeho wirebere.
    Muraka kanya nimwitoze kwanga harigihe kizagera mugatozwa mukanerekwa urukundo nubu muntu. .
    Ngaho ni mukomeze mwiruke,mutukane, mwice abo murusha imbaraga.
    Ariko nyamara wa mwana yicishije ibuye golliatI.inkuru izakomeza…
    Ndabashimiye

    Subiza
  10. humura
    December 11, 20189:22 am -

    Ark imbonerakure zirasetsa pe ngo murashaka kugira gute gusa wenda igihe cyaba ariki ngo Burundi ihinduke umuyonga nimba mwumva mubishaka nimukore ikosa rimwe gusa murenge akanyaru murebe ikintu kibabaho

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo
Mu Rwanda

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Ubwanditsi 09 May 2018
Virginia  : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami  Kigeli
ITOHOZA

Virginia : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli

Ubwanditsi 04 Jan 2017
CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi
POLITIKI

CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

Ubwanditsi 11 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru