• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Ubwanditsi 22 Dec 2018 POLITIKI

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye mu buryo bukomeye ifungurwa igihe kitageze rya Col Simba Aloys wari warahamijwe ibyaha bya jenoside, iby’ibasiye inyokomuntu n’itsembatsemba n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) agakatirwa igifungo cy’imyaka 25 ariko bikaba bivugwa ko yaba yenda gufungurwa. Guverinoma y’u Rwanda ikavuga ko agomba gukora igihano cye cyose muri gereza.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverinoma y’u Rwanda , ngo mu nama yabaye hagati ya Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye n’Umucamanza, Theodor Meron, Perezida w’urwego rwashyiriweho kurangiza imanza zitarangijwe na TPIR, kuwa 14 Ukuboza 2018 Guverinoma y’u Rwanda nibwo yamenye ko uyu mucamanza yaba ateganya gufungura Simba Aloys.

Iki gikorwa kidakwiye cya Meron ngo kikaba kije mu gihe u Rwanda rwakomeje kucyamagana ndetse hatitawe ku ngaruka z’ifungurwa rya Simba ku barokotse ibyaha bye, kuba ataricujije no kuba yaranze gufatanya n’abayobozi.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije mu 1994, Aloys Simba yahinduye ahantu hari hakwiye kuba ubuhungiro akahagira ibagiro ry’abantu. Nko kuri Paruwasi ya Kaduha, ngo yahaye abicanyi intwaro gakondo, imbunda na za grenades arangije abategeka gukuraho umwanda.

Simba kandi yahaye intwaro abicanyi bari bagose Ishuri rya tekiniki rya Murambi abategeka kwica ibihumbi by’abasivili b’Abatutsi bari bahahungiye.

Usibye no kuba hari abashaka kumurekura igihano cye kitarangiye, iri tangazo rikomeza rivuga ko umuntu yanibaza niba kwica ku bushake abantu basaga 1000 ubwabyo bikwiye iki gihano cy’imyaka 25 y’igifungo. Umucamanza Meron ariko ngo arasanga kumufungura yari ashigaje imyaka 8 y’igifungo ntacyo bitwaye.

Nubwo umucamanza Meron ateganya kurekura Simba ariko akagira ibyo yubahiriza nko kudahakana jenoside, Guverinoma y’u Rwanda irasanga uru rwego rwasimbuye TPIR rukwiye ahubwo kumwohereza mu Rwanda ngo harebwe ko ibyo bintu asabwa kuzubahiriza azabyubahiriza ndetse no gukomeza inzira yo kumusubiza mu buzima busanzwe nk’uko byagenze ku bandi batabarika mu Rwanda.

Ku Buyobozi bw’umucamanza Theodor Meron, ngo u Rwanda n’Isi byagiye bireba uyu mucamanza ahindura ibihano, agabanya ibihano ndetse anafungura abanyabyaha igihe kirekire mbere y’uko basoza ibihano bahawe, bigasa nk’aho uyu yishyiriyeho ubutabera bwe n’amategeko ye aho usanga arekura abantu barangije 2/3 by’ibihano bahawe guverinoma igasanga ubu atari ubutabera.

Muri iri tangazo rirerire Guverinoma y’u Rwanda irasaba uzasimbura umucamanza Meron kujya agendera ku mategeko n’ukuri mu gihe hari gusuzumwa ifungurwa mburagihe kandi igasanga adakwiye gutesha agaciro ibyagezweho n’inkiko nyuma y’iperereza rirerire n’igihe kirekire cy’imanza.

Iri tangazo risoza rivuga ko ahazaza, Umuryango w’Abibumbye, ibihugu biwugize n’abemeye ibyavuye mu nkiko bagomba kumva ko imyitwarire ya Meron ibangamiye ubutabera mpuzamahanga.

Aloys Simba yavutse kuwa 28 Ukuboza 1938 avukira mu yahoze ari Komini Musebeya, mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, kuri ubu ni mu Ntara y’Amajyepfo. Yari Lt. Col. mu gisirikare cy’u Rwanda (EX-FAR) ariko akaba yari yaragisezeyemo.

Yize mu ishuri rya gisirikare ry’u Rwanda, ayobora imitwe myinshi ya gisirikare hagati y’1963 n’1967, ndetse yanarwananye na Mobutu Sese Seko muri Zaire. Mu 1973, Aloys Simba ni umwe mu bari bagize agatsiko kiyise ‘Les Camarades du 5 Juillet‘ kagejeje Juvenal habyarima ku butegetsi nyuma yo guhirika Gregoire Kayibanda.

Mu rubanza rwe muri TPIR mu ukuboza 2005, hagaragajwe ko Simba Aloys muri jenoside yari afite ububasha ku gisirikare, ku bajandarume, Interahamwe n’abaturage bo muri Gikongoro muri rusange no mu bice bimwe bya Butare guhera muri Mata kugeza muri Kamena 1994.

2018-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Ubwanditsi 01 Mar 2025
Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala
Mu Mahanga

Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Perezida Kagame yasabye inzego z’Ubutabera kurwanya ruswa ivugwa mu bucamanza
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye inzego z’Ubutabera kurwanya ruswa ivugwa mu bucamanza

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Burera: Abaturage  baragurisha  amasambu  kugira ngo babone amashilingi  yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda
HIRYA NO HINO

Burera: Abaturage baragurisha amasambu kugira ngo babone amashilingi yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Ubwanditsi 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru