• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Ubwanditsi 22 Dec 2018 POLITIKI

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye mu buryo bukomeye ifungurwa igihe kitageze rya Col Simba Aloys wari warahamijwe ibyaha bya jenoside, iby’ibasiye inyokomuntu n’itsembatsemba n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) agakatirwa igifungo cy’imyaka 25 ariko bikaba bivugwa ko yaba yenda gufungurwa. Guverinoma y’u Rwanda ikavuga ko agomba gukora igihano cye cyose muri gereza.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverinoma y’u Rwanda , ngo mu nama yabaye hagati ya Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye n’Umucamanza, Theodor Meron, Perezida w’urwego rwashyiriweho kurangiza imanza zitarangijwe na TPIR, kuwa 14 Ukuboza 2018 Guverinoma y’u Rwanda nibwo yamenye ko uyu mucamanza yaba ateganya gufungura Simba Aloys.

Iki gikorwa kidakwiye cya Meron ngo kikaba kije mu gihe u Rwanda rwakomeje kucyamagana ndetse hatitawe ku ngaruka z’ifungurwa rya Simba ku barokotse ibyaha bye, kuba ataricujije no kuba yaranze gufatanya n’abayobozi.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije mu 1994, Aloys Simba yahinduye ahantu hari hakwiye kuba ubuhungiro akahagira ibagiro ry’abantu. Nko kuri Paruwasi ya Kaduha, ngo yahaye abicanyi intwaro gakondo, imbunda na za grenades arangije abategeka gukuraho umwanda.

Simba kandi yahaye intwaro abicanyi bari bagose Ishuri rya tekiniki rya Murambi abategeka kwica ibihumbi by’abasivili b’Abatutsi bari bahahungiye.

Usibye no kuba hari abashaka kumurekura igihano cye kitarangiye, iri tangazo rikomeza rivuga ko umuntu yanibaza niba kwica ku bushake abantu basaga 1000 ubwabyo bikwiye iki gihano cy’imyaka 25 y’igifungo. Umucamanza Meron ariko ngo arasanga kumufungura yari ashigaje imyaka 8 y’igifungo ntacyo bitwaye.

Nubwo umucamanza Meron ateganya kurekura Simba ariko akagira ibyo yubahiriza nko kudahakana jenoside, Guverinoma y’u Rwanda irasanga uru rwego rwasimbuye TPIR rukwiye ahubwo kumwohereza mu Rwanda ngo harebwe ko ibyo bintu asabwa kuzubahiriza azabyubahiriza ndetse no gukomeza inzira yo kumusubiza mu buzima busanzwe nk’uko byagenze ku bandi batabarika mu Rwanda.

Ku Buyobozi bw’umucamanza Theodor Meron, ngo u Rwanda n’Isi byagiye bireba uyu mucamanza ahindura ibihano, agabanya ibihano ndetse anafungura abanyabyaha igihe kirekire mbere y’uko basoza ibihano bahawe, bigasa nk’aho uyu yishyiriyeho ubutabera bwe n’amategeko ye aho usanga arekura abantu barangije 2/3 by’ibihano bahawe guverinoma igasanga ubu atari ubutabera.

Muri iri tangazo rirerire Guverinoma y’u Rwanda irasaba uzasimbura umucamanza Meron kujya agendera ku mategeko n’ukuri mu gihe hari gusuzumwa ifungurwa mburagihe kandi igasanga adakwiye gutesha agaciro ibyagezweho n’inkiko nyuma y’iperereza rirerire n’igihe kirekire cy’imanza.

Iri tangazo risoza rivuga ko ahazaza, Umuryango w’Abibumbye, ibihugu biwugize n’abemeye ibyavuye mu nkiko bagomba kumva ko imyitwarire ya Meron ibangamiye ubutabera mpuzamahanga.

Aloys Simba yavutse kuwa 28 Ukuboza 1938 avukira mu yahoze ari Komini Musebeya, mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, kuri ubu ni mu Ntara y’Amajyepfo. Yari Lt. Col. mu gisirikare cy’u Rwanda (EX-FAR) ariko akaba yari yaragisezeyemo.

Yize mu ishuri rya gisirikare ry’u Rwanda, ayobora imitwe myinshi ya gisirikare hagati y’1963 n’1967, ndetse yanarwananye na Mobutu Sese Seko muri Zaire. Mu 1973, Aloys Simba ni umwe mu bari bagize agatsiko kiyise ‘Les Camarades du 5 Juillet‘ kagejeje Juvenal habyarima ku butegetsi nyuma yo guhirika Gregoire Kayibanda.

Mu rubanza rwe muri TPIR mu ukuboza 2005, hagaragajwe ko Simba Aloys muri jenoside yari afite ububasha ku gisirikare, ku bajandarume, Interahamwe n’abaturage bo muri Gikongoro muri rusange no mu bice bimwe bya Butare guhera muri Mata kugeza muri Kamena 1994.

2018-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi

Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Abakandida Frank Habineza na Philippe Mpayimana  bakiriwe n’abaturage mbarwa aho bagiye kwiyamamariza

Abakandida Frank Habineza na Philippe Mpayimana bakiriwe n’abaturage mbarwa aho bagiye kwiyamamariza

Ubwanditsi 14 Jul 2017
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato

Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato

Ubwanditsi 11 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi
HIRYA NO HINO

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya
Mu Rwanda

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye
Mu Mahanga

Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye

Ubwanditsi 13 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru