• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Ubwanditsi 22 Dec 2018 POLITIKI

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye mu buryo bukomeye ifungurwa igihe kitageze rya Col Simba Aloys wari warahamijwe ibyaha bya jenoside, iby’ibasiye inyokomuntu n’itsembatsemba n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) agakatirwa igifungo cy’imyaka 25 ariko bikaba bivugwa ko yaba yenda gufungurwa. Guverinoma y’u Rwanda ikavuga ko agomba gukora igihano cye cyose muri gereza.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverinoma y’u Rwanda , ngo mu nama yabaye hagati ya Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye n’Umucamanza, Theodor Meron, Perezida w’urwego rwashyiriweho kurangiza imanza zitarangijwe na TPIR, kuwa 14 Ukuboza 2018 Guverinoma y’u Rwanda nibwo yamenye ko uyu mucamanza yaba ateganya gufungura Simba Aloys.

Iki gikorwa kidakwiye cya Meron ngo kikaba kije mu gihe u Rwanda rwakomeje kucyamagana ndetse hatitawe ku ngaruka z’ifungurwa rya Simba ku barokotse ibyaha bye, kuba ataricujije no kuba yaranze gufatanya n’abayobozi.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije mu 1994, Aloys Simba yahinduye ahantu hari hakwiye kuba ubuhungiro akahagira ibagiro ry’abantu. Nko kuri Paruwasi ya Kaduha, ngo yahaye abicanyi intwaro gakondo, imbunda na za grenades arangije abategeka gukuraho umwanda.

Simba kandi yahaye intwaro abicanyi bari bagose Ishuri rya tekiniki rya Murambi abategeka kwica ibihumbi by’abasivili b’Abatutsi bari bahahungiye.

Usibye no kuba hari abashaka kumurekura igihano cye kitarangiye, iri tangazo rikomeza rivuga ko umuntu yanibaza niba kwica ku bushake abantu basaga 1000 ubwabyo bikwiye iki gihano cy’imyaka 25 y’igifungo. Umucamanza Meron ariko ngo arasanga kumufungura yari ashigaje imyaka 8 y’igifungo ntacyo bitwaye.

Nubwo umucamanza Meron ateganya kurekura Simba ariko akagira ibyo yubahiriza nko kudahakana jenoside, Guverinoma y’u Rwanda irasanga uru rwego rwasimbuye TPIR rukwiye ahubwo kumwohereza mu Rwanda ngo harebwe ko ibyo bintu asabwa kuzubahiriza azabyubahiriza ndetse no gukomeza inzira yo kumusubiza mu buzima busanzwe nk’uko byagenze ku bandi batabarika mu Rwanda.

Ku Buyobozi bw’umucamanza Theodor Meron, ngo u Rwanda n’Isi byagiye bireba uyu mucamanza ahindura ibihano, agabanya ibihano ndetse anafungura abanyabyaha igihe kirekire mbere y’uko basoza ibihano bahawe, bigasa nk’aho uyu yishyiriyeho ubutabera bwe n’amategeko ye aho usanga arekura abantu barangije 2/3 by’ibihano bahawe guverinoma igasanga ubu atari ubutabera.

Muri iri tangazo rirerire Guverinoma y’u Rwanda irasaba uzasimbura umucamanza Meron kujya agendera ku mategeko n’ukuri mu gihe hari gusuzumwa ifungurwa mburagihe kandi igasanga adakwiye gutesha agaciro ibyagezweho n’inkiko nyuma y’iperereza rirerire n’igihe kirekire cy’imanza.

Iri tangazo risoza rivuga ko ahazaza, Umuryango w’Abibumbye, ibihugu biwugize n’abemeye ibyavuye mu nkiko bagomba kumva ko imyitwarire ya Meron ibangamiye ubutabera mpuzamahanga.

Aloys Simba yavutse kuwa 28 Ukuboza 1938 avukira mu yahoze ari Komini Musebeya, mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, kuri ubu ni mu Ntara y’Amajyepfo. Yari Lt. Col. mu gisirikare cy’u Rwanda (EX-FAR) ariko akaba yari yaragisezeyemo.

Yize mu ishuri rya gisirikare ry’u Rwanda, ayobora imitwe myinshi ya gisirikare hagati y’1963 n’1967, ndetse yanarwananye na Mobutu Sese Seko muri Zaire. Mu 1973, Aloys Simba ni umwe mu bari bagize agatsiko kiyise ‘Les Camarades du 5 Juillet‘ kagejeje Juvenal habyarima ku butegetsi nyuma yo guhirika Gregoire Kayibanda.

Mu rubanza rwe muri TPIR mu ukuboza 2005, hagaragajwe ko Simba Aloys muri jenoside yari afite ububasha ku gisirikare, ku bajandarume, Interahamwe n’abaturage bo muri Gikongoro muri rusange no mu bice bimwe bya Butare guhera muri Mata kugeza muri Kamena 1994.

2018-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Ubwanditsi 06 Jan 2018
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Ubwanditsi 19 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye
HIRYA NO HINO

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Ubwanditsi 23 Jun 2019
APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6
Amakuru

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera
Mu Rwanda

Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Ubwanditsi 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru