• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala

Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda, Lt. Gen Kale Kayihura yirukanye abashinzwe ubutasi bose n’abakomanda batatu ba Polisi bo mu mujyi wa Kampala.

Inkuru ya Daily Monitor ivuga ko Gen. Kayihura yemeza ko aba bayobozi bananiwe kurwanya ibyaha muri uyu mujyi ndetse agashinja bamwe ko baba bakorana n’udutsiko, abandi bakaba abasinzi n’indangare.

Uyu muyobozi avuga ko serivisi y’abayobozi bashinzwe ubutasi muri Polisi itagikenewe kuko ngo bananiwe kugaragaza udutsiko duhora duhungabanya umutekano w’abatuye i Kampala.

Yagize ati “Biteye isoni guhora dusoma inkuru z’abibasiwe n’abanyabyaha kandi ngo dufite abantu twizeye ko bafite ubumenyi buhagije mu guhangana no kurwanya ibyaha.”

Iki gikorwa cy’umuyobozi wa Polisi kije nyuma y’amakuru ya bamwe mu bashinzwe kurwanya ibyaha yavugaga ko bamwe mu bashinzwe inzego z’iperereza bakuru bakorana n’abanyabyaha mu duce tw’uyu mujyi nka Katwe, Bwaise na Kisenyi.

Gen. Kayihura avuga ko atarenganya abapolisi bo ku rwego rwo hasi ndetse n’abandi bashinzwe kurwanya ibyaha, ahubwo ngo abayobozi babo avuga ko bananiwe akazi bashinzwe

Yagize ati “Ni gute abayobozi ba Polisi ku rwego rw’akarere bananirwa guhangana n’udutsiko tw’amabandi muri Kampala? Sindenganya abo hasi ahubwo ni abayobozi bananiwe akazi bashinzwe. Mugende niba mudashaka gukora.”

-1748.jpg

Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen. Kale Kayihura mu nama n’abayobozi ba polisi mu Mujyi wa Kampala (Ifoto/Interineti)

Yunzemo ati “Ibintu byari byasubiye mu buryo ku buryo natekerezaga ko Kampala yari igiye kuba ijuru nta cyaha icyo ari cyo cyose cyari kugaragara mu bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani, ariko ibyaha byarushijeho kwiyongera. Ikibazo ni uko tudashyira umuhate mu kazi dushinzwe.”

Gen Kayihura kandi yagaragaje impungenge ko abapolisi batari maso ku mihanda aho avuga ko ubwo yatemberaga mu ijoro yasanze nta marondo akorwa na Polisi.

Source: Izuba rirashe

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere  bamaze icyumweru  batawe  muri yombi

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Ubwanditsi 08 Sep 2016
Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Ubwanditsi 15 May 2024
Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Ubwanditsi 04 Jan 2017
Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Ubwanditsi 02 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire
Mu Rwanda

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Ubwanditsi 10 Jun 2017
RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

Ubwanditsi 15 Jun 2018
‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame
Mu Rwanda

‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru