• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi yasabye abatwara abagenzi kuri moto n’amagare kwita ku mutekano w’abagenzi batwaye ndetse n’abandi bakoresha inzira nyabagendwa.

Ubu butumwa yabutanze ku itariki 12 Ugushyingo mu nama yagiranye n’abakora iyi mirimo mu Mujyi w’akarere ka Rubavu ( Gisenyi) bagera ku 1500.

Iyo nama yabanjirijwe n’umuganda wabereye ahakomeje imirimo yo kubaka Ibiro bishya bya Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara, aho bifatanyije na yo kuhakora isuku batera paseparume n’imikindo ndetse bakora n’indi mirimo.

Mu butumwa yabagejejeho, ACP Karasi yababwiye ati:”Umurimo wanyu muwukorera mu muhanda, kandi hari n’abandi bawukoresha barimo abatwaye ibindi binyabiziga, ababigendamo n’abanyamaguru. Mufite rero inshingano zo kubungabunga umutekano w’abagenzi mutwaye ndetse n’abo bandi bakoresha inzira nyabagendwa, kandi nta kindi musabwa uretse kubahiriza amategeko yo gutwara ibinyabiziga.”

Yababwiye ko bamwe muri bagenzi babo bakora cyangwa bagateza impanuka babiterwa ahanini no gutwara ibyo binyabiziga ku muvuduko urenze utegetswe, gukoresha telefone igendanwa babitwaye, gutwara abagenzi barenze umwe, no gukora iyo mirimo basinze cyangwa bananiwe.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara yakomeje ababwira ati: “Kutubahiriza amategeko y’umuhanda ni ugushyira ubuzima bw’abakoresha inzira nyabagendwa mu kaga. Mukwiriye kubahiriza ibimenyetso n’ibyapa byo ku mihanda n’uburenganzira bw’abanyamaguru. kandi mwirinde uburangare igihe mutwaye moto n’igare.”

Yibukije ko kugira ngo umuntu atangire gutwara abagenzi kuri moto agomba kuba afite ibyangombwa bibimwemerera birimo uruhushwa rwo gutwara moto, urumwemerera gukora iyo mirimo ndetse n’ubwishingizi; kandi yongeraho ko agomba kubyitwaza igihe atwaye icyo kinyabiziga.

ACP Karasi yasabye kandi abatwara abagenzi kuri moto kwambara ingofero yabugenewe (casque), kandi bagahaguruka umugenzi amaze kuyambara neza.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’abatwara abagenzi kuri moto muri iyi Ntara, Sentibagwe Gafora yabwiye bagenzi be ati:” Umutekano usesuye ni wo utuma dukora iyi mirimo nta nkomyi .Tugomba rero kugira uruhare mu gukumira icyawuhungabanya.”

Yakomeje agira ati,” Gushaka amafaranga dutwara abagenzi bigomba kujyana no kubahiriza amategeko. Ibyo bizatuma tudakora cyangwa ngo duteze impanuka mu muhanda.”

-4655.jpg

Mu izina rya bagenzi be, yashimye Polisi y’u Rwanda ku nama yabagiriye; kandi ayizeza ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha bayiha amakuru ku gihe.

RNP

2016-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Polisi y’u Rwanda ikomeje gukangurira abantu kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Polisi y’u Rwanda ikomeje gukangurira abantu kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 06 Apr 2016
Intumwa za UNICEF zo mu gihugu cya Finland zasuye Isange One Stop Center

Intumwa za UNICEF zo mu gihugu cya Finland zasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Burundi/Muyinga: Imbonerakure enye zishwe zimaze kurasa abantu babiri

Burundi/Muyinga: Imbonerakure enye zishwe zimaze kurasa abantu babiri

Ubwanditsi 10 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye
Mu Mahanga

Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye

Ubwanditsi 23 Mar 2016
Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo
SHOWBIZ

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Niyigena Patrick  umunyarwanda w’umucuruzi  yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge
ITOHOZA

Niyigena Patrick umunyarwanda w’umucuruzi yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Ubwanditsi 14 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru