• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi yasabye abatwara abagenzi kuri moto n’amagare kwita ku mutekano w’abagenzi batwaye ndetse n’abandi bakoresha inzira nyabagendwa.

Ubu butumwa yabutanze ku itariki 12 Ugushyingo mu nama yagiranye n’abakora iyi mirimo mu Mujyi w’akarere ka Rubavu ( Gisenyi) bagera ku 1500.

Iyo nama yabanjirijwe n’umuganda wabereye ahakomeje imirimo yo kubaka Ibiro bishya bya Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara, aho bifatanyije na yo kuhakora isuku batera paseparume n’imikindo ndetse bakora n’indi mirimo.

Mu butumwa yabagejejeho, ACP Karasi yababwiye ati:”Umurimo wanyu muwukorera mu muhanda, kandi hari n’abandi bawukoresha barimo abatwaye ibindi binyabiziga, ababigendamo n’abanyamaguru. Mufite rero inshingano zo kubungabunga umutekano w’abagenzi mutwaye ndetse n’abo bandi bakoresha inzira nyabagendwa, kandi nta kindi musabwa uretse kubahiriza amategeko yo gutwara ibinyabiziga.”

Yababwiye ko bamwe muri bagenzi babo bakora cyangwa bagateza impanuka babiterwa ahanini no gutwara ibyo binyabiziga ku muvuduko urenze utegetswe, gukoresha telefone igendanwa babitwaye, gutwara abagenzi barenze umwe, no gukora iyo mirimo basinze cyangwa bananiwe.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara yakomeje ababwira ati: “Kutubahiriza amategeko y’umuhanda ni ugushyira ubuzima bw’abakoresha inzira nyabagendwa mu kaga. Mukwiriye kubahiriza ibimenyetso n’ibyapa byo ku mihanda n’uburenganzira bw’abanyamaguru. kandi mwirinde uburangare igihe mutwaye moto n’igare.”

Yibukije ko kugira ngo umuntu atangire gutwara abagenzi kuri moto agomba kuba afite ibyangombwa bibimwemerera birimo uruhushwa rwo gutwara moto, urumwemerera gukora iyo mirimo ndetse n’ubwishingizi; kandi yongeraho ko agomba kubyitwaza igihe atwaye icyo kinyabiziga.

ACP Karasi yasabye kandi abatwara abagenzi kuri moto kwambara ingofero yabugenewe (casque), kandi bagahaguruka umugenzi amaze kuyambara neza.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’abatwara abagenzi kuri moto muri iyi Ntara, Sentibagwe Gafora yabwiye bagenzi be ati:” Umutekano usesuye ni wo utuma dukora iyi mirimo nta nkomyi .Tugomba rero kugira uruhare mu gukumira icyawuhungabanya.”

Yakomeje agira ati,” Gushaka amafaranga dutwara abagenzi bigomba kujyana no kubahiriza amategeko. Ibyo bizatuma tudakora cyangwa ngo duteze impanuka mu muhanda.”

-4655.jpg

Mu izina rya bagenzi be, yashimye Polisi y’u Rwanda ku nama yabagiriye; kandi ayizeza ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha bayiha amakuru ku gihe.

RNP

2016-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Ubwanditsi 07 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyabihu: Murekatete yafatanywe ibiro 60 by’urumogi
Mu Mahanga

Nyabihu: Murekatete yafatanywe ibiro 60 by’urumogi

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)
IMIKINO

Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo
ITOHOZA

Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo

Ubwanditsi 04 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru