• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Ubwanditsi 15 Apr 2016 Mu Mahanga

Urukiko Rukuru ku mugoroba w’ejo ku wa kane tariki 14 Mata 2016 rwasomye imyanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Dr Rose Mukankomeje, umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije uherutse gutabwa muri yombi.

Umucamanza yategetse ko Dr Mukankomeje afungurwa by’agateganyo kuko kumufungura ntacyo byahungabanya mu gihe ibimenyetso by’ibyaha ashinjwa bifitwe, akaba atahindura amajwi yafashwe kuri telefone aburira awakorwagaho iperereza kuri ruwa.

Kuwa 1 Mata 2016, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo, ahita ajuririra Urukukiko Rukuru.

Umucamanza avuga ko ibyo Dr Mukankomeje aregwa bishingiye ku magambo yavuze, kandi ayo magambo ubushinjacyaha bukaba bufite ijwi rye ayavuga, bityo akaba adashobora kugira icyo ayahinduraho aramutse arekuwe.

Aha ariko Avoka wunganira Mukankomeje, yagaragaje ko umukiriya we adakora mu nzego z’Ubugenzacyaha, ariko Urukiko Rukuru rwanzuye ko kuba iryo banga yaramennye ibanga akarimena bikoze icyaha.

Dr Mukankomeje akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icy’ubufatanyacyaha mu kumena amabanga y’akazi, gusebya inzego za Leta no gusibanganya ibimenyetso.

Nubwo uyu muyobozi wa REMA urukiko rwategetse ko afungurwa by’agateganyo, rwashyizeho ibyo asabwa mu gihe urubanza rwe rutararangira.

Rwamutegetse ko agomba kujya yitaba buri wa Gatanu Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu gihe cy’amezi atatu; Gushyikiriza urukiko ibyangombwa by’inzira bimwemerera kujya mu mahanga; kutarenga imbibi za Kigali atabiherewe uruhushya.

Urukiko rukuru rwanamutegetse kugumya gutura mu Kagarama muri Kicukiro, yashaka kwimuka akabimenyesha; Gutunga telefone igendanwa asanganywe yonyine, ikaboneka ku murongo igihe cyose mu gihe cy’amezi atatu.

Ibyo byose natabyubahiriza, umucamanza yavuze ko Dr Mukankomeje yahita yongera gutabwa muri yombi.

-2673.jpg

Aba damu bari benshi kurukiko bari gusengera Rose Mukankomeje

Urukiko rwemeje ko hari impamvu zikomeye zituma Dr Mukankomeje akurikiranwa, kuko amajwi yafashwe byemewe kuri telefone, yumvikanye aburira Bisamaza ko Urwego rw’Umuvunyi ruri kumukurikiana, ko ndetse ari kumvirizwa. Yamusabye no guhindura simukadi. Uyu Bisamaza yaje gucika.

Dr Mukankomeje kandi ashinjwa ko ibyo yamubwiye avuga ko abari kumukurikirana basaze, bigize ibimenyetso mu kumushinja icyaha cyo gusebya urwego rwa leta, Urwego rw’Umuvunyi. Iki cyaha akaba kimuhamye yafungwa hagati y’imyaka 2 n’itanu.

Umwanditsi wacu

2016-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ngoma :  Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga  mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ubwanditsi 03 May 2016
Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse  no kuri FDRL

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Ubwanditsi 10 Oct 2025
‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika  nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

Ubwanditsi 02 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata
IMIKINO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Ubwanditsi 01 Mar 2019
FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe
Amakuru

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

Ubwanditsi 01 Aug 2024
Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya  Padiri Tomas Nahimana
ITOHOZA

Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya Padiri Tomas Nahimana

Ubwanditsi 13 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru