• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Ubwanditsi 15 Apr 2016 Mu Mahanga

Urukiko Rukuru ku mugoroba w’ejo ku wa kane tariki 14 Mata 2016 rwasomye imyanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Dr Rose Mukankomeje, umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije uherutse gutabwa muri yombi.

Umucamanza yategetse ko Dr Mukankomeje afungurwa by’agateganyo kuko kumufungura ntacyo byahungabanya mu gihe ibimenyetso by’ibyaha ashinjwa bifitwe, akaba atahindura amajwi yafashwe kuri telefone aburira awakorwagaho iperereza kuri ruwa.

Kuwa 1 Mata 2016, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo, ahita ajuririra Urukukiko Rukuru.

Umucamanza avuga ko ibyo Dr Mukankomeje aregwa bishingiye ku magambo yavuze, kandi ayo magambo ubushinjacyaha bukaba bufite ijwi rye ayavuga, bityo akaba adashobora kugira icyo ayahinduraho aramutse arekuwe.

Aha ariko Avoka wunganira Mukankomeje, yagaragaje ko umukiriya we adakora mu nzego z’Ubugenzacyaha, ariko Urukiko Rukuru rwanzuye ko kuba iryo banga yaramennye ibanga akarimena bikoze icyaha.

Dr Mukankomeje akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icy’ubufatanyacyaha mu kumena amabanga y’akazi, gusebya inzego za Leta no gusibanganya ibimenyetso.

Nubwo uyu muyobozi wa REMA urukiko rwategetse ko afungurwa by’agateganyo, rwashyizeho ibyo asabwa mu gihe urubanza rwe rutararangira.

Rwamutegetse ko agomba kujya yitaba buri wa Gatanu Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu gihe cy’amezi atatu; Gushyikiriza urukiko ibyangombwa by’inzira bimwemerera kujya mu mahanga; kutarenga imbibi za Kigali atabiherewe uruhushya.

Urukiko rukuru rwanamutegetse kugumya gutura mu Kagarama muri Kicukiro, yashaka kwimuka akabimenyesha; Gutunga telefone igendanwa asanganywe yonyine, ikaboneka ku murongo igihe cyose mu gihe cy’amezi atatu.

Ibyo byose natabyubahiriza, umucamanza yavuze ko Dr Mukankomeje yahita yongera gutabwa muri yombi.

-2673.jpg

Aba damu bari benshi kurukiko bari gusengera Rose Mukankomeje

Urukiko rwemeje ko hari impamvu zikomeye zituma Dr Mukankomeje akurikiranwa, kuko amajwi yafashwe byemewe kuri telefone, yumvikanye aburira Bisamaza ko Urwego rw’Umuvunyi ruri kumukurikiana, ko ndetse ari kumvirizwa. Yamusabye no guhindura simukadi. Uyu Bisamaza yaje gucika.

Dr Mukankomeje kandi ashinjwa ko ibyo yamubwiye avuga ko abari kumukurikirana basaze, bigize ibimenyetso mu kumushinja icyaha cyo gusebya urwego rwa leta, Urwego rw’Umuvunyi. Iki cyaha akaba kimuhamye yafungwa hagati y’imyaka 2 n’itanu.

Umwanditsi wacu

2016-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru

Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 02 Oct 2017
Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Ubwanditsi 08 Mar 2022
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Ubwanditsi 03 Jan 2016
Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi
Amakuru

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania
Mu Rwanda

Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka
Amakuru

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka

Ubwanditsi 12 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru