• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Ubwanditsi 11 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, POLITIKI

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kimwe mu byatuma umugabane wa Afurika utera imbere ari uko ibihugu byose byakoroshya urujya n’uruza, abaturage bakabasha gucuruza no guhahirana.

Yabivugiye mu nama ya gatanu ku ishoramari muri Afurika, iri kubera i Brazzaville muri Repubulika ya Congo.

Perezida Kagame yavuze ko ibihugu byinshi birimo n’u Rwanda byamaze koroshya uburyo bwo kubona Visa, avuga ko ari ikintu cyiza cyane, ariko ko ibihugu bya Afurika bikeneye gukorera hamwe ku buryo bwihuse, bikagaragaza ko urujya n’uruza muri Afurika ari ibishoboka.

Yagize ati “Abantu ntibacuruza cyangwa ngo bahahe batabasha kugenderana. Abaturage bacu bakeneye kugenda bakareba Afurika ikorera hamwe, noneho na bo bakaboneraho kuganira no kungurana ibitekerezo”.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimiye Banki y’isi ndetse na Banki y’iterambere y’Ubushinwa kubera mikoranire myiza ituma hakomeza kubaho kwita ku bikenewe mu ishoramari, ry’akarere no ku mugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko Afurika yahawe umugisha utagereranywa, by’umwihariko ku kuba ifite abaturage bakora cyane, abaturage baciriritse benshi, abagore n’abagabo baminuje kandi biteguye gufata amahirwe yose yabasha kugerwaho kuri uwo mugabane.

Perezida Kagame yavuze ko Afurika ifite byinshi byo gukora imbere, kugira ngo habe hari icyizere ko ubukungu bwayo bugaragara neza.

Atanga urugero rwa mbere, Perezida Kagame yavuze ko isoko rusange rya Afurika ubu rigeze ku cyiciro cyo gushyirwa mu bikorwa, bikaba bisobanura ko ari amahirwe y’inyongera atarigeze abaho ku Banyafurika.

Perezida Kagame yauze ko mu gihe ibihugu byateye imbere mu nganda ari byo bifite amahirwe yo kugurisha ibyo byakoze, ibihugu bidafite inganda ziteye imbere bishobora kungukira mu guhuza indangagaciro z’akarere, nk’ahantu higanje ubuhinzi, bikaba bishobora kungukira mu kwihuza bikihaza mu biribwa bikenewe.

Agira ati “Isoko rusanjye rya Afurika kandi ryitezweho guhuza imico, kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi wapfaga ubusa ijye ubyazwa umusaruro. Ni ahacu kugaragaza uburyo tubyihutisha”.

Perezida Kagame kandi yagaragaje ko umugabane wa Afurika ukennye ku bikorwa remezo bihuza uturere, ibyo na byo bikaba ari imbogamizi ku micungire, ikoreshwa rya interineti ridahagije, ndetse n’uburyo bwo kwishyura bukiri bukeya.

Nubwo ibi byose byamye ari inzitizi ku iterambere ariko, Perezida Kagame asanga bikwiye kugaragara nk’amahirwe y’ishoramari kuri Leta no ku bikorera.

Ati “Muri make, Afurika yakererewe kwinjira muri iyi gahunda. Ariko nta mpamvu tutafatira aho bigereye, tugafatanya kugira ngo turenge izo nzitizi. Ibihugu bya Afurika biri kugaragaza bimwe mu bisubizo nka ‘Smart Africa Alliance’ ubu ihuje ibihugu 24 bigize hafi ½ cy’abatuye umugabane wa Afurika”.

Perezida Kagame yasoje asaba ibihugu bya Afurika gukomeza kugira imyumvire myiza ku rubyiruko rwa Afurika, rugahabwa uburezi, ubumenyi, no gufashwa mu ishoramari no mu guhanga udushya.

Yasabye kandi urubyiruko kubona umugabane wa Afurika nk’ahantu ho gukorera ibishoboka mu bucuruzi kandi bagahabwa ubushobozi bwo kuganira ku hazaza habo.

Inama ya mbere yabereye Addis Ababa muri Ethiopia muri Kamena 2015, iya kabiri ibera Guangzhou mu Bushinwa muri Nzeri 2016, iya gatatu yabereye i Dakar muri Sénégal muri Nzeri 2017, iya kane ibera i Changsha mu Bushinwa muri Nzeri 2018.

 

Iyi nama iriga uko hakongerwa ishoramari ku mugabane wa Afurika

 

Perezida wa Angola, João Lourenço, Perezida Kagame na Denis Sassou Nguesso wa Congo Brazzaville

 

Abakuru b’ibihugu n’abandi bayobozi bakomeye bitabiriye iyi nama

 

Perezida wa Congo Brazzaville, Dennis Sassou Nguesso

 

Perezida wa RDC, Tshisekedi ageza ijambo ku bitabiriye inama

 

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat

 

Perezida Kagame yavuze ko umugabane wa Afurika ufite amahirwe yo guteza imbere ubukungu

 

Perezida Tshisekedi na Kagame basuhuzanya

 

Perezida Kagame na Dennis Sassou Ngueso

 

 

Src : KT

2019-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda -Uganda :  Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye  [ Igice 5 ]

Rwanda -Uganda : Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye [ Igice 5 ]

Ubwanditsi 23 May 2019
Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 5 Ukuboza 2017

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 5 Ukuboza 2017

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.
INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.

Ubwanditsi 15 Aug 2019
Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya
Amakuru

Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 19 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru