• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Ubwanditsi 22 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda (ISO) rwashyizwe mu majwi rushinjwa gushimuta impunzi z’Abanyarwanda rugamije kuzikuramo amafaranga ngo rubone kuzireka.

Ibi bikaba byashyizwe ahagaragara nyuma y’itabwa muri yombi ry’uwitwa Jean Paul Cyubahiro, Umugande ufite inkomoko mu Rwanda, washimuswe kuwa 27 Ukwakira 2017 n’abakozi b’uru rwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu bamusanze ahitwa Nasser Road aho akorera nka Graphics Designer.

Nyuma y’itabwa muri yombi rya Cyubahiro, Umuyobozi Mukuru wa ISO, Col. Kaka Bagyenda mu itangazo yashyize ahagaragara yavuze ko Cyubahiro akurikiranweho guhimba inyandiko zahuje Gen Salim Saleh (umuvandimwe wa perezida Museveni) n’umunyemari w’Umunyarwanda, Rujugiro Ayabatwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda.

Izo nyandiko bivugwa ko zahimbwe na Cyubahiro zivuga ko Gen Salim Saleh afite imigabane mu ruganda M/S Leaf Tobacco and Commodities Ltd rwa Rujugiro, akaba yarashyize umukono ku masezerano kuwa 13 Kamena, amuha 15% by’uru ruganda, nawe akaba ngo yarijeje umutekano w’iyi business.

Ibi ngo bikaba byarabaye nyuma y’uko Rujugiro atangarije ko agiye gushinga uruganda rw’itabi rufite agaciro ka miliyoni 20$ mu majyaruguru ya Uganda.

Iyi nkuru dukesha urubuga Spyreports rwo muri Uganda irakomeza ivuga ko Col Bagyenda wari kumwe n’igisambo gikaze muri Kampala cyitwa Paddy Serunjogi bakunda kwita Sobi, kuri ubu ngo gikorana n’abashinzwe umutekano, yongeyeho ko Cyubahiro yanahimbaga ibyangombwa byo gufasha impunzi zo muri Congo, mu Burundi no mu Rwanda kubona passports za Uganda.

Ibi byose ariko Cyubahiro arabihakana akavuga ko ntaho ahuriye n’izo nyandiko

Amakuru yizewe uru rubuga ruvuga ko rufite, avuga ko itabwa muri yombi rya Cyubahiro ryagizwemo uruhare n’umuntu uha amakuru ISO kuri Nasser Road bita Alex Kagame, amushinja kuba umukozi w’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cy’u Rwanda (DMI).

Jean Paul Cyubahiro ngo akaba yaravuzweho gukorana na Col Baguma Ismael wo muri ambasade y’u Rwanda I Kampala, kandi ko bombi bakunze kugaragara bari kumwe kuri Nasser Road.

Uru rubuga rukaba rukomeza ruvuga ko rwamenye ko nyuma yo guta Cyubahiro muri yombi, abakozi ba ISO bahamagaye umwe muri bene wabo witwa Innocent Nyandebwe bakamusaba kwishyura 500,000 by’Amashilingi ngo Cyubahiro arekurwe.

Bivugwa ko nyuma yo kwishyura aya mafaranga Cyubahiro atarekuwe, maze uyu Nyandebwe akitabaza polisi igatangira gushakisha maze yakurikirana telephone yamuhagaye bagasanga ibaruye kuri uyu witwa Alex Kagame ari nabwo hamenyekanye ko yari umuntu uha amakuru(informant) ISO kuri Nasser Road.

Nyuma Cyubahiro yajyanywe gufungirwa kuri imwe mu nzu zizewe za ISO muri kampala, aho muri cyumba yafungiwemo yasanzemo uwitwa Deoden Mugarura bivugwa ko aba mu mutwe w’inyeshyamba z’Abanyarwanda.

Aha ngo Cyubahiro yabaga arinzwe n’umukozi wa ISO witwa Franco nawe waje kumwumvisha ko ashobora kumufasha gutoroka aramutse ahamagaye bene wabo bakishyura 1,000,000 y’amashilingi ya Uganda.

Ibi nabyo Cyubahiro yarabyemeye aha Franco numero za Nyandebwe aramuhamagara amusaba kwishyura ayo mashilingi kugirango mwene wabo afungurwe. Bivugwa ko Nyandebwe yemeye gushyira Franco ayo mafaranga, ariko akarya urwara igipolisi cyaje gufatira Franco mu cyuho yakira ayo mafaranga ahitwa City Square muri Kampala aho yari aje kuyafata.

Ubwumvikane bucye hagati y’abayobozi ba ISO na CMI

Hagati aho, haravugwa ubwumvikane bucye hagati y’abayobozi b’uru rwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu ndetse n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) bitewe no kugonganira mu kazi bakomeje kugaragaza.

Amakuru avuga ko umuyobozi wa CMI, Col Abel Kandiho, ashinja ISO guta muri yombi abantu bitari ngombwa yarangiza akajya kubajugunya muri kasho za CMI.

Col Kandiho anashinja abakorera ISO kugerageza gushimuta ububasha bwa polisi ikora ibikorwa bitari mu nshingano zayo, nyuma yabura icyo ikoresha abo ikekaho ibyaha ikabajyana muri kasho za CMI.

2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire  irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

Ubwanditsi 23 Aug 2018
UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Ubwanditsi 24 Sep 2024
Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Ubwanditsi 08 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze
Mu Mahanga

Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa
Mu Mahanga

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 15 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru