• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Ubwanditsi 31 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Zimwe muri gahunda Perezida Kagame ashyize imbere nyuma yo kuyoboraUmuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) harimo igitekerezo cyuko buri gihugu cyazajya kivana 0.2% ku musoro w’ibitumizwa mu mahanga agashyirwa mu ngengo ya Komisiyo ya AU mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.

Iki gitekerezo cyaganiriweho mu nama ihuza abakuru b’igihugu bya Africa yarangiye kuri uyu wa mbere muri Addis Ababa ariko bimwe mu bihugu cyane cyane abafaransa bakomeje kugaragaza kubirwanya babicishije mu bitangazamakuru byabo banenga icyo gitekerezo ndetse n’ubuyobozi bwa Perezida Kagame.

Umunyamakuru Nicolas Germain ukorera France 24 yakoze inkuru zitandukanye kuri iyo nama iherutse maze agaragaza ko Perezida Kagame ari gushaka gukoresha ingufu ngo ashyirireho ibyemezo ibindi bihugu bya Africa kugahato.

Birababaje kubona ibikorwa byose birenga 80% byishyurwa n’abaterankunga kandi Afurika ishyize hamwe yashaka uburyo bwo kubyishyura.

Igitekerezo cyashyizwe imbere na Perezida Kagame nuko buri gihugu cyazajya kivana 0.2% ku musoro w’ibitumizwa mu mahanga agashyirwa mu ngengo ya Komisiyo ya AU mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo Kugeza ubu ngo hari ibihugu bigera kuri 20 byatangiye kubishyira mu bikorwa, aho bizeye ko muri uyu mwaka n’ibindi byinshi bizinjira muri iyo gahunda.

Perezida Kagame ntiyishimiwe na bimwe mu bihugu cyane cyane Ubufaransa bufite inyungu mu kunyunyuza imitsi y’abanyafurika aho bitekereza ko kuba agiye kuyobora uyu muryango bizatuma gahunda y’amavugurwa yo muri uyu muryango ifata indi ntera na cyane ko ari we wari wanashinzwe akanama ko gutegura ayo mavugurura.

Ibi ngo bizatuma n’abandi bazasimburana ku mwanya wo kuyobora uyu muryango bazajya bakomerezaho bigatuma Afurika igera ku ntego yihaye yo kugira ijambo mu ruhando mpuzamahanga.

Iyo urebye Afurika, ni umugabane ugizwe n’ibihugu byinshi kandi ukaba ugizwe n’abaturage hafi Miliyari, ufite abasore n’inkumi bafite ingufu zo gukora, ufite umutungo kamere, ufite ikirere cyiza, ariko ni wo mugabane ukennye, ni wo mugabane ukiri inyuma y’iyindi. Bivuze ko hari akazi ko kwivugurura umugabane wa Afrika ukikura mu mabako ya bagashakabuhake.

N’ubwo ubukoloni bwarangiye hari ibihugu bikunze kunengwa, aho usanga imiyoborere yabyo igirwamo n’ibihugu byabikolonije. Kugira ngo iyi myumvire ihinduke hagomba gukomeza inzira Afurika yiyemeje yo kubaka ubumwe mu banyafurika ndetse no guharanira kugira Afurika ifite ijambo ku rwego mpuzamahanga.

Ubwanditsi

2018-01-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Ubwanditsi 11 Nov 2022
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

Ubwanditsi 01 Dec 2019
Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Ubwanditsi 10 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi
Amakuru

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 23 Dec 2021
Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura
Amakuru

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Ubwanditsi 11 Aug 2021
Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Ubwanditsi 15 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru