• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Igihe cyose  u Rwanda ruba ruganisha  ku kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abakoze Jenoside n’inshuti zabo zirimo n’abo mu bihugu byabafashije nk’Ubufaransa, barahaguruka bagakwiza inyandiko cyangwa ibiganiro bigamije kurangaza abantu no kwibagiza icyaha bakoze.

Icyo gihe ariko, ku bantu bakurikira ibijyanye na Jenoside, ni wo mwanya mwiza wo kumenya abashyigikiye urwango na Jenoside n’uko bakorana. Baravumbuka bakagaragara neza nta kwihisha.

Umwanditsi akaba n’umunyamakuru Judi Rever, uzwiho  cyane guhakana no gupfobya Jenoside yakorwe Abatutsi, akaba  n’ inkoramutima ya RNC, yatumiwe kuri uyu wa mbere tariki ya 1 Mata 2019, mu gufata ijambo  mu muhango ubera muri  Kaminuza  yitwa “Tarrant County College NE Campus in Hurst, TX. muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ”. Iri jambo rikaba  rigamije  gupfobya Jenoside no kumurika igitabo cye “IN PRAISE OF BLOOD” cyerekeranye no kugoreka amateka kuri  Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.  Iki gitabo “In Praise of Blood” gisohotse nk’inyiturano ya Judi Rever ku ba Jenosideri kuko hashize imyaka isaga itatu ahawe igihembo cyiswe “Prix Victoire Ingabire Umuhoza pour la Démocratie et la Paix”.

Mata ni ukwezi buri Munyarwanda afata igihe cyo kwibuka abasaga miliyoni bapfuye mu gihe cy’iminsi 100 y’agahoma munwa, ariko ku bwe Judi Rever : Ngo ntacyabaye mu Rwanda mu mwaka wa  1994.

Umwanditsi akaba n’umushakashatsi  Willis Shalita, uba muri Amerika, abinyujije muri blogue ye Rwandanvoice.com aribaza ati  : nk’abandi bahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, n’uko aza guhahabwa ijambo ku bantu batazi cyangwa bazi bike ku byabaye mu Rwanda muri 1994.  Ni uburenganzira bwe, nk’uko yabikoze mu gitabo cye, arimo gushakira isoko, bityo akageza ibyo yita ukuri, ariko kudashingiye kuri gihamya.

Willis Shalita

Shalita avuga ko aha agaciro ukwishyira ukizana mu kugaragaza ibitekerezo by’umuntu no kutaniganwa ijambo. Ariko Ikigo cy’amashuri cyoku rwego rwo hejuru cyigomba kugaragazwa n’uko gitewe impungenge n’abantu  bameze nka Rever, bagenda babeshyabeshya bagoreka ukuri mu rwego rwo gushakisha amaramuko, bityo bene ibyo bigo bigahakanya bene ibyo binyoma bihabanye n’ukuri, ahubwo bene uwo muntu wandika biriya, akamaganwa  mu rwego rwo kudaha agaciro imigambi misha.

Avuga ko imyitwrire ya Rver, Atari  itangazamakuru, ahubwo n’imyitwarire nkiyo mu bana bo mu mihanda, kuba hari uwakwihandagaza akarega FPR , kandi ariyo yahagaritse Jenoside yarimo gukorerwa Abatutsi, yakorwaga nkuko ABANAZI babikoraga mu ma kambi.

Kuba rero Rever mu gitabo cye  “IN PRAISE OF BLOOD”    yihandagaza akandika ko ngo RPA yirifashishaga  ibyumba bya Gaze ndetse n’ibyobo ngo byatwikirwagamo abantu, kandi nta bucukumbuzi bwigeze bubona ibyo Rever yanditse, biteye agahinda, kandi nti byanababarirwa. Bene ibi ngibi bisiga icyasha itangazamakuru ry’amahanga.

Handitswe ibitabo byinshi kuva Jenoside yakorewe Abatutsi muri  1994 mu Rwanda, bimwe byiza, ibindi birumvikana byanditswe nizo ngirwa abanditsi bafite imigambi mibisha bagambiriye kuvana amaramuko mu byago byacu. Ariko igitabo cya  Rever yanditse mu kwezi kwa Werurwe 2018 nicyo cyiza ki isonga mu bubi.

Muri icyi gitabo,  INTERAHAMWE (ba basazi b’abicanyi bahinduye U Rwanda ibagiro muri 1994, bagasiga bishe abasaga miliyoni) ntibari bigera babona ubacira akari urutega uretse uyu nguyu.

Ntabwo uyu Rever aveba inzirakarengane zazize Jenoside gusa, ahubwo ashobora no gutuma wemera ko Abatutsi bavuye Uganda bagatera URwanda ngo bakica Abahutu, bashishikaye, isi yose irebera. Akanongera akanenga Urukiko mpuzamahanga kuba rutahamije icyaha FPR-Inkotanyi, kubera ngo ibyo bikorwa by’indengakamere.

Kandi akaba anabeshya kurusha Semuhanuka: avuga ko ngo azi abashinze Ishyaka FPR, ndetse ngo yanabaye inshuti zabo mu gihe  kirekire, bityo ngo akaba azi inkuru zose zishoboka zigaragaza ngo uruhare rw’Abatutsi mu cyo yita Jenoside y’Abahutu.

Niba aba avuga bamupfunyikiye ibi binyoma ari bande? Ni bya bisahiranda byigeze kuba abanyamuryango ba FPR/APR. Akaba akomeza kubeshya ko ngo afite Raporo yakuye mu Rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho URwanda( ICTR), ngo zigaragaza uruhare muri Jenoside ngo y’Abahutu.

Rever yatangiriye mwuga we kuri Radiyo y’Abafaransa, aza no gukorera igitangazamakurucy’Abafaransa cyitwa Agence France-Presse. Umuntu akaba yafata umwanzuro ku cyaba cyimutera bene iyi mitecyerereze?

Rever ni umunyamakuru, ariko ibyo yakoze mu gitabo cye ntigisobanura itandukaniro riri hagati y’ubugenza cyaha n’ihamagazwa mu nkiko.

Icyitonderwa : ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yarimo kuba, ntabwo Rever yari mu Rwanda, ariko iyo avuga, bisa nkaho yari ahibereye imbonankubone.

Naho se kuvuga ngo FPR yishe impunzi z’abahutu zisaga miliyoni mu makambi y’impunzi muri Congo Kinshasa? Ibintu bitigeze byandikwa ahantu ahariho hose, cyangwa se ngo binakorerwe iperereza.  Aturinde amarira ye y’ingona abwira abasoma ayo mateshwa ye ko benshi muri izo mpunzi bari bafite intwaro zikomeye, kuko bari abahoze mu ngabo za cyera z’URwanda n’Interahamwe, zari zaramaze Abatutsi n’Abahutu batavugaga rumwe nazo, bityo bagahunga babifashijwemo n’ingabo z’Abafaransa.

“In Praise of Blood” ni igitabo cyuzuye amaranga mutima gihabanye n’ukuri. Bikaba ari icyimenyetso cyigaragaza ko abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bakiri uruhuri.

Si Willis Shalita gusa wamaganye imyitwarire ya Judi Rever kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Umunyarwandakazi w’Umunyakanada witwa Chantal Mudahogora, akaba yararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994. Yandikiye  Nyakubahwa Perezida Louise Appleman aha kopie Chancellori Giovannini& n’Abanyamuryango bagize Inama y’ubutegetsia ya Kaminuza  ya Tarrant County College NE Campus in Hurst, TX, ababurira ngo bareke kwisiga ibara ari nako iyo Kaminuza  ishobora gutakarizwa icyizere

Chantal Mudahogora

Ati : Mbandikiye mfite icyibazo kubyerecyeye umuhango ubera ahitwa Tarrant County College District. Uyu muhango  wateguwe n’abahakana Jenoside n’abasangirangendo babo. Uza gufata ijambo wa ngombwa  ni  Judi Rever wanditse igitabo, aho ahakana ko Jenoside yakorewe Abatutsi itigeze ibaho, akaba yemera mu mbwirwaruhame nyinshi yagiye akora ko agerageza kongera kwandika amateka y’URwanda bushyashya, akwirakwiza ingengabitekerezo ivuga ko ngo habayeho Jenoside ubugirakabiri, cyangwa n’umugayo we udafite aho ushingiye avuga ngo inzirakarengane zikoreye Jenoside, ari nako ayobya isi ku mibare y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994 .

Ati :Judi Rever ni umunyamakuru wigenga. Hagati mu myaka ya za 90- 94; yakoreraga radiyo y’Abafaransa mu nkambi y’impunzi muri Congo Kinshasa mu cyahoze ari Zaire, aho imitwe yitwaje intwaro n’ingabo zatsinzwe bifashishaga izo nkambi mu kwisugaya kugirango bongere kugaruka gukora ibara  mu Rwanda. Afitanye umubano ukomeye n’abakoze amahano, kandi aracyagambiriye gutesha agaciro amahano basize bakoze mu Rwanda, binyuze mu kubeshya abatazi amateka y’URwanda no kugoreka ibyabaye bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.

Ati :Ndashaka kandi kubamenyesha ko Judi Rever n’abandi bahakana Jenoside yakorwe Abatutsi mu Rwanda muri 1994, ko bagerageza kuvuga ko habaye  Jenoside y’Abahutu. Kandi  LONI yemeye ku mugaragaro ko Jenoside yabaye ari Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994, ibi bikaba byaremejwe mu mwanzuro wa  2150,  wafashwe na LONI .(2014) https://www.un.org/press/en/2014/sc11356.doc.htm

http://www.globalr2p.org/media/files/resolution-2150.pdf ,  Aho LONI ishishikariza ibihugu byose bigize uwo muryango kwemeza uwo mwanzuro ‘’ Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda”. Uzabibona ko inyandiko yometswe yanditsweho ngo “Jenoside yo mu Rwanda” “Rwandan genocide” ari nayo mvugo ikoreshwa n’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.

Ingingo ya nyuma ndifuza gusobanura neza ko abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi b’abanyamahanga babaye abasangirangendo  n’abavugizi b’abakoze Jenoside badashobora kubihakana ku mugaragaro cyangwa se no ku Banyarwanda ba bana bakuriye mu ma kambi yo muri Congo Kinshasa, urugero nka Alice Muhindura ari nawe uri ku isonga  mu bateguye  uwo muhango.

Kuri biriya bibazo byose byagaragajwe haruguru; nkumuntu wacitse ku icumu rya Jenoside, impirimbanyi iharanira amahoro; Ndasaba ko uwo muhango wateshwa agaciro, cyangwa se niba koko iyo Kaminuza ishaka kwizihiza Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994  ku nshuro ya 25;  dufite abarokotse Jenoside banyabo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bashobora kuza bagasangiza ku bandi ubuhamya.

Ati : Sinifuza ko Kaminuza yanyu yakwisiga ibara ari nako ishobora gutakarizwa icyizere kuko yakwisiga icyasha cy’uko ishyigikiye abahakana bakanapfobya Jenoside; ari nacyo cyiciro cya nyuma cya Jenoside nkuko bigaragazwa na  Gregory H. Stanton, wo mu Kigo gishinzwe kugenzura Jenoside, cyo muri Amerika mu Ntara ya, California, USA.

Ati :Twebwe, abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi , turimo kugerageza guhangana n’ ingaruka zakuruwe na Jenoside; ntidukeneye uwariwe wese udusiga umunyu mu bisebe byacu bikiva amaraso. Ibisebe byacu byaba ibyo ku mubiri cyangwa se ku mutima gukira kwabyo biracyari kure nk’ukwezi; turacyahanyanyaza mu rwego rwo kubana mu mahoro n’umuryango mpuzamahanga wadutereranye mu maboko y’abatwicaga; tukaba tudakeneye ko abo badutereranye badukina ku mu byimba.

2019-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Ubwanditsi 01 Dec 2022
Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Ubwanditsi 21 May 2020
RDF yasezereye  abasilikare 816 barimo na Brig. Gen. Rugumya Gacinya

RDF yasezereye abasilikare 816 barimo na Brig. Gen. Rugumya Gacinya

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Ubwanditsi 30 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda
HIRYA NO HINO

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 
INKURU NYAMUKURU

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Ubwanditsi 29 Jul 2020
Bayoboke ba “Jambo Asbl-Amabyiruka ya CDR”, kugoreka ukuri kwa “Fondasiyo Yolande Mukagasana”, ntibihindura abere abajenosideri mukomokaho!!
Amakuru

Bayoboke ba “Jambo Asbl-Amabyiruka ya CDR”, kugoreka ukuri kwa “Fondasiyo Yolande Mukagasana”, ntibihindura abere abajenosideri mukomokaho!!

Ubwanditsi 03 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru