• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Abo ku ruhande rwa Bobi Wine, umuryango we n’abamwunganira mu mategeko, barashinja inzego z’umutekano by’umwihariko igisirikare ko cyakoreye iyicarubozo uyu muhanzi ugiye kumara icyumweru afunzwe.

Bobi Wine yafashwe ku wa Mbere tariki 13 Kanama 2018, yatawe muri yombi ari kumwe na bagenzi be Depite Zaake Francis, DEPITE Karuhanga, Nyanzi Fred ndetse na candida-depite Kassiano Wadri.

Yamaze iminsi afungiwe ahatazwi, abo mu muryango we bavugaga ko bamubuze kandi ko afitwe n’inzego z’umutekano za Uganda zo zikabihakana zivuga ko zitigeze zimutunga n’urutoki.

Kuri uyu wa Kane Bobi Wine yagejejwe imbere y’Urukiko ruburanisha imanza za gisirikare muri Gulu, yarezwe ibyaha birimo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ubwo yagezwaga mu rukiko, yari abohesheje amapingu aherekejwe n’abanyamategeko be babiri Asuman Basalirwa na Medard Seggona, ku rukiko kandi hagaragaye umugore wa Bobi Wine, Barbara Itungo wasaga n’ufite ikiniga.

Daily Monitor yavuze ko abunganira Depite Robert Kyagulanyi bashimangiye ko umukiriya wabo abayeho mu buzima bubi ndetse ko abamufunze bamukoreye iyicarubozo ku buryo kugeza ubu atabasha kugenda.

Bahishuye ko batigeze bemererwa kubonana na Bobi Wine ndetse n’umuryango we wabujijwe kumusura aho afungiwe mu gihe ku ruhande rwa leta ivuga ibitandukanye n’ibi.

Asuman Basalirwa yavuze ko umukiriya we amerewe nabi cyane ndetse ko yabyimbye mu maso kandi adashobora kuvuga cyangwa ngo agende

Seggona we yagize ati “Ubuzima bwa Kyagulanyi bumeze nabi. Ari mu bubabare bukomeye, ntashobora kuvuga, ntagenda kandi yicara bigoranye. Mu maso he harabyimbye ubu ntashobora kureba kubera iyicarubozo yakorewe n’abasirikare bo mu mutwe wa Special Forces Command. Ntavuga ndetse mpamya ko igihe bamusomeraga ibyaha aregwa atigeze amenya ibiri kuba cyangwa ngo yumve ibyo bamuregaga.”

Iki kinyamakuru kivuga ko, abo mu muryango wa Bobi Wine batari bemerewe kwinjira ahaberaye iburanisha ryayobowe na Lt Gen Andrew Gutti.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi w’ingabo muri Uganda, Brig. Richard Karemire yavuze ko Depite Kyagulanyi akurikiranywe n’Urukiko rwa Gisirikare kuko yafatanywe imbunda akaba kuri ubu agikorwaho iperereza.

Abaturage bo mu gace ka Kamwokya aho Bobi Wine yabyirukiye, biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo ikomeye bayobowe n’itsinda rya Fire Base Crew ribarizwamo abafana b’inkoramutima z’uyu muhanzi na bamwe mu bahanzi afasha mu muziki.

Barbara Itungo[umugore wa Bobi Wine] n’abunganira uyu muhanzi, hano bari kumwe kuwa Kane ku kigo cya gisirikare cya Gulu

Izi mvururu zimaze kuba, byatumye ibikorwa by’ubucuruzi bihagaraga muri Kamwokya kubera akaduruvayo n’imidugararo yatumye ibintu bizamba kurushaho.

Bobi Wine yatawe muri yombi ari kumwe n’abandi banyepolitiki bagera kuri 30 bashinjwa gutera amabuye imodoka zirinda Perezida Museveni wari uvuye mu bikorwa byo kwamamaza umukandida w’ishyaka rye rya NRM mu mujyi wa Arua.

Bivugwa ko abantu bateye imodoka ya Museveni bari bambaye imyambaro yamamaza Depite Kassiano Wadri wanatsinze aya matora ari muri gereza.

Bobi Wine yafashwe nyuma y’uko yari yagiye mu bikorwa byo kwamamaza Kassiano Wadri muri Arua

Iki nikimwe mu bimenyetso bigaragaza ko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buri mu marembera kuko bumaze kurambirana muri iki gihugu kirangwamo, ubwicanyi, iyicarubozo, ubujura,  akaduruvayo n’isuku nke.

 

2018-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwigiye ku mateka mabi rwanyuzemo ku buryo ubu rurangamiye ahazaza- Perezida Kagame

U Rwanda rwigiye ku mateka mabi rwanyuzemo ku buryo ubu rurangamiye ahazaza- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2019
Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Ubwanditsi 25 Jan 2023
Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Ubwanditsi 08 Jun 2021
FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Ubwanditsi 13 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw
UBUKUNGU

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Ubwanditsi 13 Jul 2019
RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine
Mu Rwanda

RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.

Ubwanditsi 16 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru