• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Igisirikare cya Uganda kirashinjwa gukorera iyicarubozo Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Abo ku ruhande rwa Bobi Wine, umuryango we n’abamwunganira mu mategeko, barashinja inzego z’umutekano by’umwihariko igisirikare ko cyakoreye iyicarubozo uyu muhanzi ugiye kumara icyumweru afunzwe.

Bobi Wine yafashwe ku wa Mbere tariki 13 Kanama 2018, yatawe muri yombi ari kumwe na bagenzi be Depite Zaake Francis, DEPITE Karuhanga, Nyanzi Fred ndetse na candida-depite Kassiano Wadri.

Yamaze iminsi afungiwe ahatazwi, abo mu muryango we bavugaga ko bamubuze kandi ko afitwe n’inzego z’umutekano za Uganda zo zikabihakana zivuga ko zitigeze zimutunga n’urutoki.

Kuri uyu wa Kane Bobi Wine yagejejwe imbere y’Urukiko ruburanisha imanza za gisirikare muri Gulu, yarezwe ibyaha birimo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ubwo yagezwaga mu rukiko, yari abohesheje amapingu aherekejwe n’abanyamategeko be babiri Asuman Basalirwa na Medard Seggona, ku rukiko kandi hagaragaye umugore wa Bobi Wine, Barbara Itungo wasaga n’ufite ikiniga.

Daily Monitor yavuze ko abunganira Depite Robert Kyagulanyi bashimangiye ko umukiriya wabo abayeho mu buzima bubi ndetse ko abamufunze bamukoreye iyicarubozo ku buryo kugeza ubu atabasha kugenda.

Bahishuye ko batigeze bemererwa kubonana na Bobi Wine ndetse n’umuryango we wabujijwe kumusura aho afungiwe mu gihe ku ruhande rwa leta ivuga ibitandukanye n’ibi.

Asuman Basalirwa yavuze ko umukiriya we amerewe nabi cyane ndetse ko yabyimbye mu maso kandi adashobora kuvuga cyangwa ngo agende

Seggona we yagize ati “Ubuzima bwa Kyagulanyi bumeze nabi. Ari mu bubabare bukomeye, ntashobora kuvuga, ntagenda kandi yicara bigoranye. Mu maso he harabyimbye ubu ntashobora kureba kubera iyicarubozo yakorewe n’abasirikare bo mu mutwe wa Special Forces Command. Ntavuga ndetse mpamya ko igihe bamusomeraga ibyaha aregwa atigeze amenya ibiri kuba cyangwa ngo yumve ibyo bamuregaga.”

Iki kinyamakuru kivuga ko, abo mu muryango wa Bobi Wine batari bemerewe kwinjira ahaberaye iburanisha ryayobowe na Lt Gen Andrew Gutti.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi w’ingabo muri Uganda, Brig. Richard Karemire yavuze ko Depite Kyagulanyi akurikiranywe n’Urukiko rwa Gisirikare kuko yafatanywe imbunda akaba kuri ubu agikorwaho iperereza.

Abaturage bo mu gace ka Kamwokya aho Bobi Wine yabyirukiye, biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo ikomeye bayobowe n’itsinda rya Fire Base Crew ribarizwamo abafana b’inkoramutima z’uyu muhanzi na bamwe mu bahanzi afasha mu muziki.

Barbara Itungo[umugore wa Bobi Wine] n’abunganira uyu muhanzi, hano bari kumwe kuwa Kane ku kigo cya gisirikare cya Gulu

Izi mvururu zimaze kuba, byatumye ibikorwa by’ubucuruzi bihagaraga muri Kamwokya kubera akaduruvayo n’imidugararo yatumye ibintu bizamba kurushaho.

Bobi Wine yatawe muri yombi ari kumwe n’abandi banyepolitiki bagera kuri 30 bashinjwa gutera amabuye imodoka zirinda Perezida Museveni wari uvuye mu bikorwa byo kwamamaza umukandida w’ishyaka rye rya NRM mu mujyi wa Arua.

Bivugwa ko abantu bateye imodoka ya Museveni bari bambaye imyambaro yamamaza Depite Kassiano Wadri wanatsinze aya matora ari muri gereza.

Bobi Wine yafashwe nyuma y’uko yari yagiye mu bikorwa byo kwamamaza Kassiano Wadri muri Arua

Iki nikimwe mu bimenyetso bigaragaza ko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buri mu marembera kuko bumaze kurambirana muri iki gihugu kirangwamo, ubwicanyi, iyicarubozo, ubujura,  akaduruvayo n’isuku nke.

 

2018-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Ubwanditsi 05 May 2021
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Ubwanditsi 10 Jul 2024
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni
INKURU NYAMUKURU

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Abo kwa Rwigara bategerejwe mu Bushinjacyaha
ITOHOZA

Abo kwa Rwigara bategerejwe mu Bushinjacyaha

Ubwanditsi 02 Oct 2017
Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika
ITOHOZA

Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika

Ubwanditsi 15 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru