• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Ubwanditsi 13 Mar 2018 IMIKINO

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika ‘CAF’, Ahmad Ahmad  yavuze ko nta kintu na kimwe yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamitwa Vincent De Gaulle ku matora ateganyijwe kuko bitari mu nshingano ze.

Ahmad Ahmad yageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuwa 10 Werurwe 2018 aho bwakeye ajya gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruhereye ku Gisozi aho yunamiye akanaha icyubahiro imibiri iharuhukiye, akaba yaranasobanuriwe byinshi byerekeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Kuri uyu wa 12 Werurwe 2018 yatanze ikiganiro mu nama mpuzamahanga y’Afurika yunze ubumwe yiga ku iterambere ry’itangazamakuru muri Afurika. Nyuma yaho akaba yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru.

Mu kigniro n’itangazamakuru akaba yavuze ko hari byinshi byigiwe muri iyo nama n’ubwo bitarangira ariko akaba yizera ko hari igishobora kuzakorwa amateleviziyo akajya yoroherezwa kwerekana marushanwa y’Afurika.

Yagize ati”Icyo nabwiye iyo urebye igiciro cyo kwerekana umukino umwe muri Afurika kiri hasi cyane aho usanga umukino umwe kugira ngo wemererwe kuwerekana bigusaba amayero 200 gusa ni make cyane, ariko bamwe mu bantu, bamwe mu bafite amateleviziyo, bimwe mu bihugu usanga batabizi icyo turimo gukora ni ukubasobanurira haba hari ikibazo tukaba twagerageza kubasobanurira. Icyo tugamba gukora ni ugushyiraho uburyo bworoshye bwatuma buri muntu yaza kuganira natwe, hari iniora nyinshi turamutse twicaye hamwe tukaganira kuri iyi ngingo tukaba twakibonera igisubizo.”

Perezida wa CAF kandi yabajijwe niba hari ikintu yaba yaganiriye na perezida wa FERWAFA ku matora y’iyi federasiyo ateganyijwe mu mperaza z’uku kwezi maze avuga ko nta na kimwe kuko ibyo CAF na FIFA bafite abo babishinze.

Yagize ati”sinigeze nganira nawe ku byerekeye amatora, ku bwanjye ni perezida w’agateganyo ndi hano mu Rwanda, ni nshuti yanjye, ndasura na federasiyo, amatora ni kintu gikomeza gitwara umwanya …. Hari komite ya CAF na FIFA igomba kuyakurikirana njye ntabwo ngomba kuvuga ikintu na kimwe cyerekeranye n’amatora.”

Biteganyijwe ko Ahmad Ahmad asubira mu Cairo mu Misiri ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Werurwe 2018 nyuma y’uruzinduko rw’iminsi 3 yagiriye mu Rwanda.

yari kumwe n’abaje bamuherekeje

Abanyamakuru bari bitabiriye iki kiganiro

Nzamwita Vincent De Gaulle ni umwe mu bitabiriye iki kiganiro

2018-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Ubwanditsi 08 May 2021
Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Ubwanditsi 21 Jul 2022
Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Ubwanditsi 17 Mar 2024
Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

RUSHYASHYA 19 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi
Amakuru

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025
Gatsibo  : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10
Mu Mahanga

Gatsibo : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19
IMIKINO

Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Ubwanditsi 04 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru