• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Ubwanditsi 28 Jan 2016 Mu Mahanga

​Ishami rishinzwe gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga rirateganya kongera ibikorwa byaryo by’ubukangurambaga no kubahiriza amategeko y’umuhanda muri uyu mwaka hagamijwe gukangurira abatunze ibinyabiziga kumenya imiterere yabyo kugira ngo birinde impanuka z’umuhanda ziterwa n’uko ibyo binyabiziga bitameze neza.

Nk’uko bitangazwa na Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kalinda,umuyobozi w’ Ishami rishinzwe gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga (MIC),hariho gahunda yo kongera indi mirongo ibiri mu kigo gisuzuma imodoka kiri i Remera(MIC),ibi bikazatuma umubare w’imodoka zisuzumwa ku munsi wiyongera.

Yagize ati:” iyi mirongo ibiri iteganyijwe gufungurwa muri uyu mwaka,imodoka ipima irimo ibikoresho ndetse n’undi murongo upima imodoka wubatswe mu ishuri ry’ubumenyingiro rya Gishali ,byose bizatuma umubare w’igenzura ku munsi ry’ibinyabiziga wiyongera ukaba uzagera ku nshuro 800”.

CSP Kalinda yakomeje agira ati:” mu rwego kwegereza serivisi nziza abaturage tuzohereza imodoka yacu irimo ibikoresho bisuzuma imodoka mu turere twa Rusizi na Nyamasheke,tukaba ariko tunakora ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda”.

Yakomeje avuga ko umubare w’imodoka zakorewe isuzumwa kuva imirongo ibiri ya mbere igitangira gukoreshwa wagiye wiyongera.

Mu mwaka w’2014 imodoka zakorewe isuzuma zigera kuri 58,476 zikaba zarasuzumwe inshuro 75,839. Mu kwezi kwa Nzeri umwaka ushize hasuzumwe imodoka 45,840 zikorerwa iryo suzumwa inshuro 68,666.

Mu mwaka w’2008 wonyine, ubwo iri shami (MIC) ryajyagaho rifite imirongo ibiri ipima ibinyabiziga, ryasuzumye imodoka inshuro 20,472 , uyu mubare ukaba waragiye wiyongera ugera 30,909 mu mwaka w’2010.

“umubare w’imodoka zikorerwa isuzumwa ugenda uhinduka kubera ko imodoka ishobora gukorerwa isuzumwa inshuro zirenze imwe mu gihe basanze imodoka ifite ibibazo runaka, icyo gihe rero nyirayo asabwa kuyikoresha mu gihe kitarenze iminsi 14 akagaruka gukoresha isuzuma rya nyuma agahabwa icyemezo cy’uko yayisuzumishije”. Imodoka zikora ibikorwa byo gutwara abantu n’izindi zikora iby’ubucuruzi zikorerwa isuzumwa buri mezi 6 mu mwaka, naho izindi zidakora ibyo bikorwa zisuzumwa inshuro imwe mu mwaka.

“Uko tugenda duteza imere akazi kacu ni nako dufite gahunda yo kongera inshuro nyinshi ibijyanye no gusuzuma ibinyabiziga. Ariko kanditugenda tunafata n’izindi ngamba nshya zijyanye n’ubukangurambaga, kongera ibigo bikora isuzuma ry’ibinyabiziga harimo icya Gishali n’imodoka irimo ibikoresho igenda izenguruka ndetse n’imirongo mishya ku kigo gikuru cyacu giherereye i Remera.

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gusuzuma ibinyabiziga rifite intego nyamukuru yo kugabanya ibibazo biterwa n’imiterere mibi y’ibinyabiziga bikaba bishobora kuba ariyo ntandaro y’impanuka zo mu muhanda.

Ibi bigo bipima ubuziranenge bw’ibinyabiziga bifite ibikoresho bipima imodoka mu bice bitandukanye byazo birimo imikorere y’amapine, amaferi,n’ibindi bice by’inyuma by’imodoka ndetse n’uturebanyuma twazo.

RNP

2016-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe

Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe

RUSHYASHYA 27 Jun 2026
Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Ubwanditsi 20 May 2019
Umunani bafunzwe bazira kugerageza guha ruswa abapolisi

Umunani bafunzwe bazira kugerageza guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA
Amakuru

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Ubwanditsi 08 Aug 2023
U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay
IMIKINO

U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda
Mu Rwanda

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru