• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay

U Bufaransa bwakatishije itike ya ½ mu gikombe cy’Isi busezereye Uruguay

Ubwanditsi 07 Jul 2018 IMIKINO

U Bufaransa bwabaye igihugu cya mbere gikatishije itike yo kwerekeza muri ½ cy’igikombe cy’Isi kiri kubera mu Burusiya nyuma yo gutsinda Uruguay ibitego bibiri ku busa bya Raphael Varane na Antoine Griezmann.

Uruguay yagiye guhura n’u Bufaransa ifite ikibazo gikomeye cya rutahizamu Edinson Cavani wagiriye ikibazo cy’imvune ku mukino wa 1/8 yasezereyemo Portugal ari nawe watsinze ibitego bibiri ikipe ye yatsinze muri uwo mukino.

U Bufaransa buri mu makipe ahabwa amahirwe menshi yo kwegukana iri rushanwa bwanagaragaje ko buri hejuru busezerera Argentine ya Messi buyinyagiye ibitego 4-3, bwatangiye umukino burusha Uruguay iminota itanu ya mbere bwiharira umupira ku kigereranyo cya 81%.

Ikipe iyobowe na Didier Deschamps yakomeje gukina neza ishaka ibitego ntibiyihire, izakukibona ku munota wa 40 cya myugariro Raphael Varane watsinze n’umutwe ku mupira wavuye kuri corner yatewe na Antoine Griezmann.

Mu gice cya kabiri Umutoza Oscar Tabarez yakoze impinduka ashaka kureba uko ikipe ye yakwishyura, akuramo Cristhian Stuani yinjiza Maximiliano Gomez anakuramo Rodrigo Bentancur yinjiza Cristian Rodriguez ariko ntibyamuhira kuko ku munota wa 61, Antoine Griezmann yatsinze igitego cya kabiri ku mupira yatereye kure, umunyezamu Fernando Muslera ashaka kuwukubita ibipfunsi umurusha imbaraga ujya mu rushundura.

U Bufaransa bwasaga n’ubamaze kwizera gukomeza muri ½ kuko bwarushaka Uruguay hagati mu kibuga itakibasha kubusatira, bwakoze impinduka mu rwego rwo kuruhutsa abakinnyi barimo Kylian Mbappe wasimbuwe na Ousmane Dembele kimwe na Antoine Griezmann wahaye umwanya Nabil Fekir.

Uyu mukino urakurikirwa n’undi utangira saa 20:00 hagati ya Brazil n’u Bubiligi ugomba gusiga hamenyekanye ikipe ya kabiri ikatisha itike, naho kuri uyu wa Gatandatu u Bwongereza bukazakina na Suède mu gihe u Burusiya buzisobanura na Croatia.

Raphael Varane niwe wafunguye amazamu ku ruhande rw’u Bufaransa

Myugariro w’u Bufaransa yishimira igitego yatsindiye igihugu cye

Abakinnyi b’u Bufaransa bishimira igitego cya Varane

Uruguay nyuma yo gutsindwa igitego cya mbere yasaga n’icitse intege

Antoine Griezmann niwe wahesheje u Bufaransa intsinzi ku gitego cya kabiri

Fernando Muslera yananiwe gukuramo umupira wari utewe na Antoine Griezmann

Abakinnyi ku mpande zombi habuze gato ngo barwane nyuma y’aho Kylian Mbappe atatse gukorerwa ikosa

2018-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 23 Dec 2021
Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Ubwanditsi 24 Jun 2018
AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka

AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka

Ubwanditsi 17 May 2021
Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi
Mu Mahanga

Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye  bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame
INKURU NYAMUKURU

Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Ubwanditsi 01 Jan 2019
U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside
ITOHOZA

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 03 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru