• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW

Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW

Ubwanditsi 17 Oct 2016 IMIKINO

Abantu bitabiriye ari benshi imurikamideli rya ‘Collective RW’ Week of Fashion’, ryerekanaga imyambaro igezweho ikorerwa i Kigali mu Rwanda ryabaye kuri uyu wa 14 Ukwakira 2016, muri Kigali Serena Hotel.

Mu baryitabiriye, bari baje gushyigikira abanyamideli bo mu Rwanda harimo na Madamu Jeannette Kagame, umufasha w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’umukobwa we Ange Kagame.

Uretse kwitabira ibi birori, Madamu Jeannette Kagame na Ange Kagame bari baje banambaye imyambaro ya Kinyarwanda, yiganjemo ibitenge ikorerwa mu Rwanda.

Muri iki gitaramo hamuritswe imideli yiganjemo karuvate, amakoti n’amafurali byakozwe na Matthew Rugamba wo muri House of Tayo. Herekanywe imideli yiganjemo ibikomo n’imirimbo yambarwa cyane n’abagore yakozwe na Linda Mukangoga na Candy Basomingera bo muri Haute Baso.

Hanerekanywe indi mirimbo n’imitako bifite umwihariko w’umuco gakondo bikorwa na Teta Isibo wo muri Inzuki Designs.

Undi wamuritse imyambaro ye ni Sonia Mugabo nawe ukora by’umwihariko imyambaro y’abagore yiganjemo amakanzu n’indi ikozwe mu bitenge.

Kuri aba hiyongereyeho imideli yahanzwe na Cédric Mizero, iya Uzi collections (yo mu Rwanda) na Naked Ape bo muri Afurika y’Epfo.

Abinyujije ku rukuta rwa Twitter, Ange Kagame yanditse ko yari yaje muri iki gitaramo aje gushyigikira by’umwihariko Sonia Mugabo usanzwe umwambika.

Yagize ati “Ijoro ryashije twaje gushyigikira umuvandimwe wacu Sonia Mugabo. Mwakoze akazi keza yaba wowe Sonia, House Of Tayo, Inzuki Designs, Haute Baso n’abandi mwese mwitabiriye CollectiveRw.”

Cyo kimwe na Madamu Jeannette Kagame, nawe abinyujije ku rukuta rwa Twitter yanditseho ko yari yaje muri iki gitaramo ngo ashyigikire abanyamideli mu guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu.

Yagize ati “Umufasha w’Umukuru w’Igihugu, yitabiriye CollectiveRw, nk’igikorwa cya mbere cy’imurikamideli kibaye cy’abahanzi b’imideli b’Abanyarwanda.”

Uyu mugoroba kandi wari wanitabiriwe na Minisitiri Uwacu Julienne wa Siporo n’Umuco. Ubwo yahabwaga umwanya muto, ngo agire icyo avuga, Minisitiri Uwacu nawe yerekanye ko iyi ari inzira nziza abanyamideli bahisemo mu kumenyekanisha imyambaro mishya kandi myiza bakora.

Matthew Rugamba umwe mu bazanye igitekerezo cy’iri murikamideli avuga ko bifuza ko ‘Collective RW’ Week of Fashion’ yajya iba ngaruka-mwaka.

-4404.jpg

-4403.jpg

-4402.jpg

-4405.jpg

-4401.jpg

2016-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu

The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco

Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco

Ubwanditsi 21 Jul 2021
Umutoza w’amavubi, Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Umutoza w’amavubi, Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Ubwanditsi 31 Mar 2022
Tombola ya 1/4 cya Champions League yasize ikipe ya Bayern Munichen ifite igikombe giheruka izahura na PSG bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka w’imikino wa 2019-2020

Tombola ya 1/4 cya Champions League yasize ikipe ya Bayern Munichen ifite igikombe giheruka izahura na PSG bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka w’imikino wa 2019-2020

Ubwanditsi 19 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isari isumbye iseseme: Na Jenerali Habyarimana ashakiye ibirayi kuri YouTube!
Amakuru

Isari isumbye iseseme: Na Jenerali Habyarimana ashakiye ibirayi kuri YouTube!

Ubwanditsi 20 Aug 2024
Muri Kenya babiri bangiwe kwiyamamariza ubudepite bwa  EALA ku mpamvu ziteye amatsiko
POLITIKI

Muri Kenya babiri bangiwe kwiyamamariza ubudepite bwa  EALA ku mpamvu ziteye amatsiko

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Serge Ndayizeye  yerekeje ahazabera Rwanda  Cultural   Day n’ibiradio bye
ITOHOZA

Serge Ndayizeye yerekeje ahazabera Rwanda Cultural Day n’ibiradio bye

Ubwanditsi 22 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru