• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW

Ange Kagame n’umubyeyi we mu baje gushyigikira Collective RW

Ubwanditsi 17 Oct 2016 IMIKINO

Abantu bitabiriye ari benshi imurikamideli rya ‘Collective RW’ Week of Fashion’, ryerekanaga imyambaro igezweho ikorerwa i Kigali mu Rwanda ryabaye kuri uyu wa 14 Ukwakira 2016, muri Kigali Serena Hotel.

Mu baryitabiriye, bari baje gushyigikira abanyamideli bo mu Rwanda harimo na Madamu Jeannette Kagame, umufasha w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’umukobwa we Ange Kagame.

Uretse kwitabira ibi birori, Madamu Jeannette Kagame na Ange Kagame bari baje banambaye imyambaro ya Kinyarwanda, yiganjemo ibitenge ikorerwa mu Rwanda.

Muri iki gitaramo hamuritswe imideli yiganjemo karuvate, amakoti n’amafurali byakozwe na Matthew Rugamba wo muri House of Tayo. Herekanywe imideli yiganjemo ibikomo n’imirimbo yambarwa cyane n’abagore yakozwe na Linda Mukangoga na Candy Basomingera bo muri Haute Baso.

Hanerekanywe indi mirimbo n’imitako bifite umwihariko w’umuco gakondo bikorwa na Teta Isibo wo muri Inzuki Designs.

Undi wamuritse imyambaro ye ni Sonia Mugabo nawe ukora by’umwihariko imyambaro y’abagore yiganjemo amakanzu n’indi ikozwe mu bitenge.

Kuri aba hiyongereyeho imideli yahanzwe na Cédric Mizero, iya Uzi collections (yo mu Rwanda) na Naked Ape bo muri Afurika y’Epfo.

Abinyujije ku rukuta rwa Twitter, Ange Kagame yanditse ko yari yaje muri iki gitaramo aje gushyigikira by’umwihariko Sonia Mugabo usanzwe umwambika.

Yagize ati “Ijoro ryashije twaje gushyigikira umuvandimwe wacu Sonia Mugabo. Mwakoze akazi keza yaba wowe Sonia, House Of Tayo, Inzuki Designs, Haute Baso n’abandi mwese mwitabiriye CollectiveRw.”

Cyo kimwe na Madamu Jeannette Kagame, nawe abinyujije ku rukuta rwa Twitter yanditseho ko yari yaje muri iki gitaramo ngo ashyigikire abanyamideli mu guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu.

Yagize ati “Umufasha w’Umukuru w’Igihugu, yitabiriye CollectiveRw, nk’igikorwa cya mbere cy’imurikamideli kibaye cy’abahanzi b’imideli b’Abanyarwanda.”

Uyu mugoroba kandi wari wanitabiriwe na Minisitiri Uwacu Julienne wa Siporo n’Umuco. Ubwo yahabwaga umwanya muto, ngo agire icyo avuga, Minisitiri Uwacu nawe yerekanye ko iyi ari inzira nziza abanyamideli bahisemo mu kumenyekanisha imyambaro mishya kandi myiza bakora.

Matthew Rugamba umwe mu bazanye igitekerezo cy’iri murikamideli avuga ko bifuza ko ‘Collective RW’ Week of Fashion’ yajya iba ngaruka-mwaka.

-4404.jpg

-4403.jpg

-4402.jpg

-4405.jpg

-4401.jpg

2016-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 29 Jul 2025
AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

RUSHYASHYA 28 Mar 2026
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ubwanditsi 30 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze
IKORANABUHANGA

Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze

Ubwanditsi 25 Jul 2019
Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga
Amakuru

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Ubwanditsi 25 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru