• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Ubwanditsi 26 Oct 2018 IMIKINO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino uri mu Rwanda aho yitabiriye Inteko Rusange y’iri Shyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi.

Inama y’Ubuyobozi bwa FIFA iratangira kuri uyu wa Gatanu i Kigali muri Kigali Convention Centre. Izasozwa ku wa Gatandatu tariki ya 26 Ukwakira 2018.

Izitabirwa n’abayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu bihugu bitandukanye by’Isi.

Mbere y’uko iyi nama iba, Perezida Kagame yakiriye Infantino bagirana ibiganiro nubwo Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, bitigeze bitangaza icyo aba bayobozi bombi baganiriyeho.

Kagame na Infantino bahuye inshuro zitari imwe yaba ari mu Rwanda cyangwa se mu bindi bihugu.

Muri Kamena 2017 Perezida Kagame yakiriwe na Infantino ndetse asura n’inzu ndangamurage y’umupira w’amaguru ku Isi iri i Zürich mu Busuwisi.

Mbere yaho muri Gashyantare Infantino yaje mu Rwanda nabwo abonana na Perezida Kagame wamwijeje ko igihugu cye cyiteguye kwakira ibikorwa byose by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba.

Infantino yakunze gushima Umukuru w’Igihugu uburyo ashyigikira umupira w’amaguru, agatera inkunga amarushanwa arimo nk’iry’amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, CECAFA.

Perezida Kagame asanzwe ari umukunzi w’umupira w’amaguru by’umwihariko ni umufana ukomeye wa Arsenal. Aherutse gutangaza ko yishimiye ko iyi kipe yagarutse mu bihe byiza by’intsinzi.

Inama y’Ubuyobozi bwa FIFA, igiye guteranira mu Rwanda iziga kuri byinshi birimo no kwemeza imishinga y’amarushanwa abiri mashya; arimo igikombe cy’Isi cyitabirwa n’ibihugu umunani n’icy’amakipe 24 aho kuba arindwi nk’uko byari bisanzwe.

Infantino ari mu Rwanda aho yitabiriye Inteko Rusange ya FIFA izabera i Kigali

Perezida Kagame mu biganiro na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino

2018-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague

Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague

Ubwanditsi 03 Jan 2025
Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze

Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze

Ubwanditsi 04 Apr 2022
De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga  ko bamutora

De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga ko bamutora

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro 2018

Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro 2018

Ubwanditsi 23 Jan 2018

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    November 13, 20183:35 am -

    INFANTINO arazi nawe ko urwanda rutamoye??
    mubo twashyiraga imbere Infatino we ntiyarimo!!!naze arisanga ubutaha tuzamutora!!

    Subiza
  2. RUGENDO
    November 13, 20183:39 am -

    ARAVA MU RWANDA ABABWIYE SE GUKORA IKIPE YIGIHUGU
    BYIBUZE UKO IKIPE YIGIHUGU IBA IMEZE AMAKIPE YOSE YARATORANYIJWEMO ABAKINNYI!! apana aho gufata abakinnyi bikipe imwe yo mu Rwanda ngo nibo nagize iyigihugu!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Ubwanditsi 31 May 2018
I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 08 May 2016
Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports
Amakuru

Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports

Ubwanditsi 22 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru