• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Miss 2016:mu Buregerazuba hatowe batanu

Miss 2016:mu Buregerazuba hatowe batanu

Ubwanditsi 11 Jan 2016 IMIKINO

Mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba niho iki gikorwa cyo kujonjora abakobwa bagomba gutoranywamo nyampinga w’u Rwanda 2016 kigeze. Aha mu bakobwa 18 biyandikishije batandatu nibo baje kurushanwa, umwe asezererwa kuko atagejeje ku burebure busabwa ngo umukobwa abe Miss Rwanda.

-1724.jpg
Abakobwa-batanu-nibo-babashije-gusanga-bujuje-ibisabwa-muri-18-bari-bariyandikishije.

Mu gutanga amanota, akanama k’abakemurampaka kagizwe na Eminante, Michel Karangwa na Carine Urusaro wigeze kuba Miss Campus i Butare, bita cyane ku bwenge umukobwa afite mu gusubiza ibyo abazwa bihabwa amanota 40, uburyo atambuka n’uko yifata imbere y’abo asubiza n’uko avuga bihabwa 30 ndetse n’uko agaragara inyuma bigahabwa amanota 30.
-1725.jpg
Barbine-ugarutse-mu-irushanwa-bwa-kabiri

Nyuma yo kubazwa no kurebwa intambuko, abakobwa batoranyijwe guhagararira Intara y’Iburengerazuba ni Barbine Umutoni uri guhatana bwa kabiri kuko ubushize nabwo yari yiyamamaje, Joly Umutesi, Usanase Samantha Umuhumuriza, Grace Umutoni na Sandrine Munezero.

-1726.jpg
Bagwire-Keza-Joanna-wabaye-nyampinga-wumuco-mu-Rwanda-Miss-Heitage-2015-akaba-na-nyampinga-wumuco-ku-isi-yagaragaye-aho-iki-gikorwa-cyaberaga

Yo n’Umujyi wa Kigali, Iburengerezuba ni Ntara itaravamo nyampinga w’u Rwanda mu bamaze gutorwa bagera kuri bane kuva mu mwaka wa 2009.
-1727.jpg
Uburyo-yasubijemo-ibibazo-byatangaje-abagize-akanama-nkemurampaka

Mu mwaka wa 2009 ubwo iryo rushanwa ryatangiraga, ryegukanywe na Bahati Grace wari uturutse mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo.

Muri 2012 Mutesi Kayibanda Aurore atorwa nawe aturutse mu Ntara y’Amajyepfo.

Akiwacu Colombe yegukanye irushanwa rya MissRwanda mu mwaka wa 2014
aturutse mu Ntara y’Iburasirazuba naho 2015 ryegukanwa na Kundwa Doriane aturutse mu Majyaruguru.

-1730.jpg
Umutoni-Barbine-Umuhumuriza-Usanase-Samantha-na-Mutesi-Jolly-nibo-babashije-gutambuka.

Kuri iyi nshuro ya gatandatu iri rushanwa ribaye, biteganyijwe ko umukobwa uzaryegukana azahabwa imodoka ndetse n’umushara wa buri kwezi ungana na 800.000 frw y’u Rwanda.
-1729.jpg
Barbine-asobanura-uburyo-aramutse-atowe-hari-byinshi-yakora-ku-rubyiruko

Iki gikorwa cyo kuzenguruka mu Ntara zose z’u Rwanda, buri Ntara igomba kuba ihagarariwe n’abakobwa 5 n’Umujyi wa Kigali bakaba 25 batoranywamo 15 bajya muri Bootcamp ari nabo bavamo nyampinga naho 10 bagasezererwa.

Source:Umuseke
M.Fils

2016-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Ubwanditsi 08 Jul 2021
U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 04 Aug 2021
Habyarimana Marcel Matiku, Mudaheranwa Yussuf na Munyankaka Ancille bagiye kuyobora FERWAFA mu nzibacyuho y’iminsi 39

Habyarimana Marcel Matiku, Mudaheranwa Yussuf na Munyankaka Ancille bagiye kuyobora FERWAFA mu nzibacyuho y’iminsi 39

Ubwanditsi 15 May 2023
Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades

Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades

Ubwanditsi 13 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO
POLITIKI

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni
HIRYA NO HINO

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?
Amakuru

Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Ubwanditsi 25 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru