• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAF yaciye Rayon Sports ibihumbi 20$, Yannick Mukunzi ahagarikwa imikino itatu

CAF yaciye Rayon Sports ibihumbi 20$, Yannick Mukunzi ahagarikwa imikino itatu

Ubwanditsi 09 Aug 2018 IMIKINO

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), yaciye Rayon Sports, amande angana n’ibihumbi 20 by’amadolari nyuma y’imvururu zabaye mu mukino yanganyijemo igitego 1-1 na USM Alger yo muri Algeria.

Rayon Sports iciwe aya madolari angana na miliyoni 17,521,200 z’amafranga y’u Rwanda, nyuma y’uko ubwo umukino wayihuzaga na USM Alger, wabereye kuri Stade Mustapha Tchaker i Blida tariki 29 Nyakanga 2018, haje kuba imirwano hagati y’abakinnyi b’amakipe yombi.

Abakinnyi barimo Mukunzi Yannick, Christ Mbondi na Kassim Ndayisenga, bahamijwe n’akanama gakuriwe na Raymond Hack ukomoka muri Afurika y’Epfo, Youssouf Ali Djae wo muri Comores na Samugabo Mustapha ukomoka i Burundi, kugira uruhare muri izo mvururu zatumye Rayon Sports icibwa amande.

Iki cyemezo cyafashwe tariki 5 Kanama 2018 hagendewe ku mashusho y’uwo mukino. Agera ku bihumbi 10.000 by’amadolari byaciwe Rayon Sports kubera imyitwarire ya Mukunzi Yannick, mu gihe Mbondi na Kassim buri umwe yatumye icibwa ibihumbi bitanu by’amadolari.

Iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda yasabwe kwishyura amafaranga yaciwe mu minsi 60 kandi mu madorali, uhereye igihe yabimenyesherejwe.

Umukinnyi wayo Mukunzi Yannick we yahagaritswe imikino 3, Christ Mbondi na Kassim Ndayisenga bo bahagarikwa imikino 2 ikurikira y’amatsinda ya CAF Confederation.

Igihe cyanditse ko  cyagerageje guhamagara ubuyobozi bwa Rayon Sports kugirango  bavuge  uko bakiriye iki cyemezo cyangwa niba buzajurira ariko ntibabasha kuboneka.

2018-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani

CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude

Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude

Ubwanditsi 17 Aug 2023
Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu,  yakoze impanuka

Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, yakoze impanuka

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Manchester United na basore bato batsinze Arsenal

Manchester United na basore bato batsinze Arsenal

Ubwanditsi 29 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu rwego rwo kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na Shampiyona , APR FC igiye gukina imikino ibiri ya Gicuti na Gasogi United ndetse na Gorilla FC
Amakuru

Mu rwego rwo kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na Shampiyona , APR FC igiye gukina imikino ibiri ya Gicuti na Gasogi United ndetse na Gorilla FC

Ubwanditsi 10 Nov 2021
Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United
IMIKINO

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo
POLITIKI

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Ubwanditsi 07 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru