• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»HIMBARA YACITSE URURONDOGORO NYUMA YO KUBONA UKO KAGAME YAKIRIWE MURI SENEGAL NA GUINEA-CONAKRY

HIMBARA YACITSE URURONDOGORO NYUMA YO KUBONA UKO KAGAME YAKIRIWE MURI SENEGAL NA GUINEA-CONAKRY

Ubwanditsi 14 Mar 2016 ITOHOZA

Uyu mugabo benshi bamaze kubona ko atari inyangamugayo yongeye kugaragara ku mbuga nkoranyambaga asebanya cyane nyuma yo kubona abantu bandika k’uruzinduko Perezida Kagame Paul yagiriye mu bihugu bya Senegal na Guinea akakiranwa ibyishimo bidasanzwe.

Ubwo Perezida Kagame yageraga mu gihugu cya Guinea taliki ya 08/03/2016, yakiriwe n’abaturage ba Guinea-Conakry batagira ingano ndetse mugenzi we Perezida Alpha Conde aza no kumwambika umudali w’ikirenga muri icyo gihugu bitewe n’ibikorwa byindashikirwa amaze kugeza ku banyarwanda kubera ubuyobozi bunogeye amahanga.

Perezida Alpha Conde yanavuze ko atagira ipfunwe ryo kuvuga ko igihugu cy’u Rwanda kiyobowe neza kurusha igihugu cye (Guinea Conakry), bigaragaza isura nziza Perezida w’u Rwanda afite muri Africa ndetse n’isi yose.

Himbara byamwanze munda areba ukuntu abantu bishimiye uburyo Perezida yakiriwe muri Guinea ndetse nibyo Perezida mugenzi we yamuvuzeho atangira inganzo ye imenyerewe yo gusebanya ariko bimubera ibyubusa ahubwo asanga ariwe ugiye guseba kuko abantu benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga bamwibasiye bakamushinja kuvuga ubusa budafite ishingiro.

-2442.jpg

-2443.jpg

-2449.jpg

Perezida Kagame yakiriwe n’imbaga y’abanya Guinea-Conakry

Himbara usigaye ashakishiriza imibereho mu gusebya u Rwanda n’abayobozi b’igihugu amaze kumenyekana ko amayeri ari nkaya wa muntu ubura icyo atuka inka akayituka “igicebe” cyayo.

Nyuma yo kwigaragura mu biyayura bwenge, nyuma yo kwangara , kugaragurika no gupfa urwo rubanda baseka, Himbara mu minsi ishize yakoze agashya aho yatukaniye ku karubanda kandi akuze bitangaza benshi muri bagenzi be, naho abasanzwe bamuzi bo bati : “ Ni ibisanzwe kuri we”.

David Himbara yarabyutse kare yandikira uwitwa Peter Urayeneza kuri facebook agira ati : Turi COWARDS KABISA ” Kwirirwa tumoka gusaa” urumva ko noneho byamucanze, yemera ko ibigarasha ntacyo bizigezaho , yemeza ko ibigarasha bidafite shinge na rugero, mbese muri rusange yemeje ko ibyo bavuga,ibyo bakora ko bidahwitse na busa.

Cyiza Davidson

2016-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Alice Cyusa  yirukanwe  k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Alice Cyusa yirukanwe k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Uganda yavuye ku izima  yahagaritse pasiporo ya Mukankusi  Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Uganda yavuye ku izima yahagaritse pasiporo ya Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Ubwanditsi 21 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 25 Jul 2016
U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka
Mu Mahanga

U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

Ubwanditsi 08 Nov 2017
ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha
ITOHOZA

ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha

Ubwanditsi 12 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru