• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Ubwanditsi 09 Nov 2017 ITOHOZA

Urupfu rw’umwe mu bayobozi ba polisi ya Uganda, Andrew Felix Kaweesi, rukomeje kuvugisha menshi ku bugambanyi n’amatiku byaba biri mu nzego z’umutekano z’icyo gihugu.

AIGP Kaweesi yarashwe mu gitondo cyo ku ya 17 Mata 2017 mu gace ka Kulambiro muri Kampala. Nyuma y’amezi umunani ubwo bwicanyi bubaye, ibirego ku bamwishe bigiye gushyikirizwa inkiko za Uganda.

Abantu bake cyane bafashwe bakekwaho kumwica bakomeje gufungwa mu buryo budakurikije amategeko. Urupfu rw’uyu mugabo wari ukomeye mu gipolisi cya Uganda rwitiriwe umutwe wa ADF urwanya icyo gihugu ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu gihe icyuka kibi mu nzego z’umutekano za Uganda gikomeje kwiyongera, bamwe mu bakomeye barimo abofisiye bakuru mu gisirikare, polisi n’inzego z’ubutasi batangiye kwirekura mu ibanga bakavuga ku byavuye mu iperereza.

Umwe muri bo yabwiye ikinyamakuru The Standard ko urupfu rwa Kaweesi rwaba rwarakozwe mu ibanga rikomeye n’abarinda Perezida Yoweri Museveni.

Yavuze ko abakoze iperereza bavumbuye ibimenyetso bishimangira ko amasasu yarashwe Kaweesi n’abamurindaga ari ay’imbunda zikoreshwa n’umutwe wihariye (Special Forces) w’ingabo za Uganda.

Ati “ Ayo masasu si aya AK47 cyangwa indi mbunda isanzwe. Ni amasasu y’imbunda yihariye ikoreshwa n’umutwe w’ingabo wihariye wa hano muri Uganda.”

Undi utashatse kwivuga izina nawe yabwiye icyo kinyamakuru ko bamaze gusuzuma ibitoyi by’amasasu aharasiwe Kaweesi, bemeje ko imbunda zakoreshejwe mu kumwica ari izo mu bwoko bwa M4 zikoreshwa na ‘Special Forces’.

Ati “Ibyo tubona muri iyi minsi ni ibyo twita ‘Katemba’ (ikinamico). Ku bwacu biteye agahinda ; gukoresha umutwe wa ADF ukawitirira impfu z’abantu bakomeye ni ukujijisha abaturage.”

“Imbunda zakoreshejwe mu kwica umuvandimwe Kaweesi ntabwo ari izitunzwe n’inzego ziciriritse z’abashinzwe umutekano, abasirikare basanzwe ba UPDF, polisi cyangwa abashinzwe ubutasi. Ni imbunda zitunzwe n’umutwe wihariye ukomeye kurusha iyindi hano muri Uganda.”

Undi ukomeye watanze amakuru we yibaza impamvu ubuyobozi bwa polisi bwahisemo guceceka kandi ari bwo bwagombaga gukora iperereza. Yemeza ko ibirego ku bakekwaho kwica Kaweesi muri iki gihe byose ari “Agakino ko muri Hollywood”.

Yagize ati “Wenda ‘Special Forces (SFC)’ n’ubuyobozi bwabo twabababarira baramutse baje bakavuga ko imbunda zabo zibwe zigakoreshwa muri ubwo bugizi bwa nabi. Ariko na none twababaza, … tuti ni gute abantu bagera mu bubiko bw’intwaro zanyu ?”

Abantu ba hafi mu gisirikare cya Museveni bemeza ko abamurinda baba barishe Kaweesi kubera amatiku ashingiye ku kurwanira ubutegetsi avugwa mu nzego z’umutekano za Uganda.

Bakeka ko Kaweesi yaba yarabaye inkoramutima y’umuyobozi wa polisi muri iki gihe (Kayihura) maze bakamwica mu rwego rwo guca intege shebuja no kumuha gasopo.

Asobanura ko mu gihe gishize hari abandi basirikare bakuru bagiye bicwa mu buryo buteye urujijo kandi bufitanye isano n’ubuyobozi bukuru bwa Uganda.

Ati” Birakomeye ko wakumva bimwe muri ibi bibazo. Ubwicanyi butegurwa kandi bukemezwa n’ubuyobozi bukuru. Ni gute wasobanura urupfu rw’abahoze ari abayobozi bakuru b’igisirikare nka Kazini na Aronda ?”

“Abo si abantu basanzwe bakwiye gupfa nk’abakapolari ababishe ntibamenyekane. Ni cyo gituma n’impamvu z’iyicwa rya Kaweesi ari nazo zihishe inyuma y’urupfu rwa Aronda, Kazini, Mayombo n’abandi.”

Yunzemo ati “Buriya ni ubwicanyi bwateguriwe hejuru… mu guhishira uruhare rw’ubuyobozi bukuru bagonganisha urwego rw’umutekano n’urundi maze uri hejuru kurusha abandi agasigara ari umwere.”

Yabaye nk’ubihuza no kuba hashize iminsi muri Uganda havugwa uburyo igisirikare gitera inzego za polisi mu gushaka abapolisi babi bihishe inyuma y’ibyaha bitandukanye muri icyo gihugu.

Urupfu rwa AIGP Kaweesi no kunanirwa gushyikiriza ubucamanza abamwishe rutuma hibazwa byinshi ku hazaza h’inzego z’umutekano za Uganda, dore ko bamwe babona rwaba n’intandaro yo gucikamo ibice kwazo.

 

2017-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibintu 7 bituma PASTOR RICK WARREN akunda u Rwanda

Ibintu 7 bituma PASTOR RICK WARREN akunda u Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2016

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR  munzira aza mu Rwanda

Jenerali de Brigade Cômes Semugeshi umujenerali wari inkingi ya mwamba ya FDLR munzira aza mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye
Mu Rwanda

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018
Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye
INKURU NYAMUKURU

Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Ubwanditsi 20 Dec 2017
440,000$: Ikiguzi  cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America
ITOHOZA

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Ubwanditsi 02 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru