• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC: Perezida Kabila yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo agarura abantu be ba hafi

RDC: Perezida Kabila yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo agarura abantu be ba hafi

Ubwanditsi 18 Jul 2018 ITOHOZA

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Joseph Kabila, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’ingabo, FARDC, akuraho Général Didier Etumba wari Umugaba Mukuru w’Ingabo guhera mu 2008 amusimbuza Lieutenant-Général Mbala Musense Célestin.

Général Gabriel Amisi Kumba uzwi nka Tango Fourwe yagizwe Umugaba w’Ingabo Wungirije ushinzwe ibikorwa n’Iperereza.

Perezida Kabila akoze izi mpinduka mu gihe asigaje amezi atanu gusa ngo ave ku butegetsi kuko igihugu kiri kwitegura amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018, kandi Kabila akaba atemerewe kongera kwiyamamaza.

Gen Didier Etumba wahise ashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru, yagizwe umujyanama wa Perezida mu bya gisirikare asimbuye Général François Olenga washinzwe ibijyanye n’ubutumwa mu biro by’umukuru w’igihugu.

Lieutenant-Général Mbala ni umwe mu bantu bizewe cyane na Perezida Kabila, akaba yarabaye igihe kinini umujyanama we, mbere y’amavugurura yakozwe mu buyobozi bw’ingabo mu 2014. Yakomeje kuba umuntu wa kabiri mu bakomeye mu ngabo kugeza ubwo yazamurwaga mu myanya ku wa 14 Nyakanga 2018.

Kabila kandi yanagize Général John Numbi Banza Tambo Umugenzuzi Mukuru wa FARDC, uyu akaba yaragaruwe mu ngabo mu mwaka ushize wa 2017 nyuma y’igihe ari ku gatebe guhera mu 2010, nyuma y’iperereza ryakorwaga ku rupfu rw’uwari Umuyobozi w’umuryango, Voix des sans voix, Floribert Chebeya.

Icyo gihe Général John Numbi yari Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, ndetse uyu musirikare akaba afite amateka menshi mu ngabo za Congo.

Mu 2016 nibwo Gen Numbi na mugenzi we Gabriel Amisi Kumba wayoboye ingabo zirwanira ku butaka; bafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera uruhare bagize mu guhungabanya umutekano w’igihugu no guteza imvururu zaguyemo abatari bake.

Izi mpinduka mu buyobozi bwa gisirikare zazamuye amagambo menshi hibazwa uburyo Kabila usigaje amezi atanu gusa ku butegetsi akuraho abayobozi b’ingabo, bamwe bakeka ko ari gushaka ingufu za gisirikare zamufasha kutarekura ubutegetsi.

Ibyo bakabihuza n’uko Abajenerali Numbi, Amisi na Delphin Kayimbi ari abantu ba hafi ba Perezida Kabila. Manda ye yarangiye mu 2016 ariko amatora yo kumusimbuza ntiyahita aba ku mpamvu zatanzwe zirimo amikoro.

Gen Gabriel Amisi Kumba ‘Tango Four’ wayoboye ingabo za RDC zirwanira ku butaka

Gen John Numbi Banza Tambo yahoze ayobora Polisi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Lieutenant-Général Mbala Musense Célestin yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo mu mpinduka zakozwe ku wa Gatandatu

2018-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Padiri  Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo

Padiri Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ”  Moral authority”agira

Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ” Moral authority”agira

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Andrew Muganwa yitabye Imana

Andrew Muganwa yitabye Imana

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Ubwanditsi 28 Sep 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Peres
    July 18, 201810:30 am -

    Ngahooo
    Ko ahinduye kandi agomba kubaho?? Cyangwa ar akomeje? Ubutegetsi wee buragatsindwa

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille
SHOWBIZ

Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille

Ubwanditsi 10 May 2018
Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Ubwanditsi 09 May 2019
Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu
POLITIKI

Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru