• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC: Perezida Kabila yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo agarura abantu be ba hafi

RDC: Perezida Kabila yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo agarura abantu be ba hafi

Ubwanditsi 18 Jul 2018 ITOHOZA

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Joseph Kabila, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’ingabo, FARDC, akuraho Général Didier Etumba wari Umugaba Mukuru w’Ingabo guhera mu 2008 amusimbuza Lieutenant-Général Mbala Musense Célestin.

Général Gabriel Amisi Kumba uzwi nka Tango Fourwe yagizwe Umugaba w’Ingabo Wungirije ushinzwe ibikorwa n’Iperereza.

Perezida Kabila akoze izi mpinduka mu gihe asigaje amezi atanu gusa ngo ave ku butegetsi kuko igihugu kiri kwitegura amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018, kandi Kabila akaba atemerewe kongera kwiyamamaza.

Gen Didier Etumba wahise ashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru, yagizwe umujyanama wa Perezida mu bya gisirikare asimbuye Général François Olenga washinzwe ibijyanye n’ubutumwa mu biro by’umukuru w’igihugu.

Lieutenant-Général Mbala ni umwe mu bantu bizewe cyane na Perezida Kabila, akaba yarabaye igihe kinini umujyanama we, mbere y’amavugurura yakozwe mu buyobozi bw’ingabo mu 2014. Yakomeje kuba umuntu wa kabiri mu bakomeye mu ngabo kugeza ubwo yazamurwaga mu myanya ku wa 14 Nyakanga 2018.

Kabila kandi yanagize Général John Numbi Banza Tambo Umugenzuzi Mukuru wa FARDC, uyu akaba yaragaruwe mu ngabo mu mwaka ushize wa 2017 nyuma y’igihe ari ku gatebe guhera mu 2010, nyuma y’iperereza ryakorwaga ku rupfu rw’uwari Umuyobozi w’umuryango, Voix des sans voix, Floribert Chebeya.

Icyo gihe Général John Numbi yari Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, ndetse uyu musirikare akaba afite amateka menshi mu ngabo za Congo.

Mu 2016 nibwo Gen Numbi na mugenzi we Gabriel Amisi Kumba wayoboye ingabo zirwanira ku butaka; bafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera uruhare bagize mu guhungabanya umutekano w’igihugu no guteza imvururu zaguyemo abatari bake.

Izi mpinduka mu buyobozi bwa gisirikare zazamuye amagambo menshi hibazwa uburyo Kabila usigaje amezi atanu gusa ku butegetsi akuraho abayobozi b’ingabo, bamwe bakeka ko ari gushaka ingufu za gisirikare zamufasha kutarekura ubutegetsi.

Ibyo bakabihuza n’uko Abajenerali Numbi, Amisi na Delphin Kayimbi ari abantu ba hafi ba Perezida Kabila. Manda ye yarangiye mu 2016 ariko amatora yo kumusimbuza ntiyahita aba ku mpamvu zatanzwe zirimo amikoro.

Gen Gabriel Amisi Kumba ‘Tango Four’ wayoboye ingabo za RDC zirwanira ku butaka

Gen John Numbi Banza Tambo yahoze ayobora Polisi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Lieutenant-Général Mbala Musense Célestin yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo mu mpinduka zakozwe ku wa Gatandatu

2018-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Birakomeye : Rudasingwa Theogene  na Mushiki we uba mu Rwanda  n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021
Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Ubwanditsi 01 Feb 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Peres
    July 18, 201810:30 am -

    Ngahooo
    Ko ahinduye kandi agomba kubaho?? Cyangwa ar akomeje? Ubutegetsi wee buragatsindwa

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruharwa Protais Mpiranya yapfuye adashyikirijwe ubutabera, bizabazwa nde?
Amakuru

Ruharwa Protais Mpiranya yapfuye adashyikirijwe ubutabera, bizabazwa nde?

Ubwanditsi 12 May 2022
Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo

Ubwanditsi 13 May 2016
Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin
SHOWBIZ

Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru