• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi

As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi

Editorial 18 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 17 Gicurasi 2022, ubwo hakinwe umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro wahuje Police FC yari yakiriye As Kigali, warangiye ikipe y’abanyamujyi igeze ku mukino wa nyuma itsinze ibitego 3-2 mu mikino yombi.

Ni umukino watangiye ikipe ya Police FC ifite inyota yo kubona igitego kuko yari yatsinzwe igitego kimwe ku busa mu mukino ubanza, gusatira kw’iyi kipe byahise bitanga umusaruro ubwo hari ku munota wa gatandatu yahise ibona igitego.

Ni igitego cyatsinzwe na Rutahizamu Ndayishimiye Antoine Dominique, ni nyuma yo guhanahana neza kwa Police FC kuko uyu mupira yatsinze unyuze kuri Dany Usengimana na Hakizimana Muhadjiri.

Uyu mukino wakomeje gukinwa ariko wiharirwa na Police FC yari yakoze impinduka zirimo kuba Rutanga Eric usanzwe ukina ibumoso inyuma yarimo akina ku ruhande rw’i buryo i nyuma.

Uko iminota yiyongera niko na As Kigali yanyuzagamo igasatira kugeza ubwo hari ku munota wa 37 w’umukino, rutahizamu wa As Kigali Aboubacar Lawal yayiboneye igitego cyo kwishyura mbere y’uko amakipe ajya ku ruhuka ari 1-1.

Amakipe yombi avuye ku ruhuka, Police FC yabonye uburyo bwo gutsinda igitego cya kabiri ariko Dany Usengimana ananirwa gushyira umupira mu rushundura ubwo hari ku munota wa 50.

Aya makosa ya Dany yakosowe na Ndayishimiye Antoine Dominique wahise atsinda igitego cya kabiri muri uyu mukino ku ruhande rwe ndetse n’urwa Police FC, ni igitego yatsinze ku munota wa 58 w’umukino.

Umukino ugiye kurangira ikipe ya As Kigali yabonye igitego kindi cya kabiri cyo kwishyura cyatsinzwe na Shabalala Hussein ubwo hari ku munota wa 89 w’umukino bityo amakipe yombi anganya 2-2.

 

Mbere y’uko umusifuzi Ngabonziza Jean Paul arangiza umupira, mu minota 3 y’inyongera umukinnyi Nsabimana Eric uzwi nka Zidane yabonye ikarita ya kabiri y’umuhondo isanga indi y’umuhondo yari yabonye mu gice cya mbere imuviramo itukura.

Kunganya kw’ibitego 2-2, byatumye ikipe ya As Kigali igera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, aho izahura hagati yizarokoka mumukino wo kwishyura uzaba kuri uyu wa kane ugahuza APR FC na Rayon Sports.

2022-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Parapara no gupapira byambuye umugati Kanyankore na Nshimiyimana Eric

Parapara no gupapira byambuye umugati Kanyankore na Nshimiyimana Eric

Editorial 23 Aug 2016
” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

Editorial 02 Jul 2024
CHAN 2018: Turajya mu kibuga tutitaye ko Libya ari Abarabu-Bizimana Djihad

CHAN 2018: Turajya mu kibuga tutitaye ko Libya ari Abarabu-Bizimana Djihad

Editorial 23 Jan 2018
Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye,  Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye, Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Editorial 27 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare
Mu Rwanda

Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Editorial 03 Apr 2017
Umunyarwanda yiciwe muri Uganda
Mu Mahanga

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda

Editorial 21 Mar 2019
Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe

Editorial 28 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru