• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Ubwo yamurikaga igitabo cye yise ‘Rwanda Demain’, Inzobere muri politiki, Jean Paul Kimonyo yerekanye ibitangaza u Rwanda rwagezeho nyuma ya jenoside yari yararushegesheje muri 1994.

Mu kiganiro na Jeune Afrique, Jean Paul Kimonyo yavuze ku buryo burambuye, uburyo hashize imyaka isaga 20 u Rwanda rwiyemeje gukurikira inzira yo kubaka ibyasenyutse mu gihe nta nyigo n’ ubushakashatsi bwakozwe kuri uru rugendo rurerure.

Ni gute u Rwanda kimwe mu bihugu bikennye cyane ku isi cyari cyararohamye cyashoboye kwiyubaka, ni gute abaturage bari baracitsemo ibice bongeye guhurira ku bunyarwanda bagakorera hamwe, ni bimwe mu bibazo byakomeje kwibazwa ndetse binasubizwa n’ umwanditsi Jean Paul Kimonyo muri iki gitabo cye.

Muri ‘Rwanda demain’ cyangwa se ‘u Rwanda ejo’, Kimonyo agerageza kandi kugaruka ku isoko ry’ amateka ya FPR/Inkontanyi ndetse n’ imbaraga zayo za politiki zituma iyoboye u Rwanda magingo aya.

Kimonyo yibutsa kandi uburyo bamwe mu banyarwanda birukanywe muri 1959 batatanira mu karere hose ariko baza kwisuganya nyuma y’ imyaka 35 bataha mu gihugu cyabo ariko mu buryo bukomeye ndetse bunababaje.

Kimonyo agira ati ‘Uyu murimo ukomeye wakozwe n’ Abanyarwanda batari bafite igihugu niryo banga y’ amahitamo ya politiki ya FPR no kongera kubaka igihugu gishingiye mu kuzamura iterambere rirambye”.

Isesengura ry’ uyu mwanditse ryibanda ku biganiro mpaka ku ntambwe u Rwanda rwateye mu kongera kwiyubaka nyuma y’ imyaka irengaho gato 20 ruvuye mu bihe bya jenoside ndetse rutitaye ku byateganyijwe ubwo urukuta rwa Berlin rwasenywaga u Budage bukongera kuba igihugu kimwe.

Jean-Paul Kimonyo ni umushakashatsi ndetse n’ umwanditsi wa ‘Un genocide Populaire’  yanakoze mu bihugu byinshi bya Afurika nk’ umujyanama mu gukemura amakimbirane, ariko ubu ni umujyanama mu biro bya Perezida wa Repubulika.

Si ibyo gusa, kuko na none, Jean Paul Kimonyo aherutse kumurika igitabu ‘Kagame bashing’  kirimo ahanini ibigwi bya Perezida Kagame.

Muri iyi nyandiko, Jean-Paul Kimonyo agaruka ku mateka y’ u Rwanda aho agira ati ‘Iki gihugu, aba bagituye bakwiriye gutegwa amatwi no kubahwa kuko bafite n’ umuyobozi ukomye [Paul Kagame] utifuza kugendera mu kwaha kw’ abagashakabuhake.

Ahanini, Kimonyo agereranya Paul Kagame na Patrice Lumumba, Thomas Sankara, Kwamé Nkrumah n’ abandi.

2017-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo

Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo

Ubwanditsi 03 Dec 2018
DRC: Umugore witwa NZIGIRA Aimerance wari ugemuriye Amasasu Inyeshyamba za FPP zifashwa na Uganda yatawe muri yombi

DRC: Umugore witwa NZIGIRA Aimerance wari ugemuriye Amasasu Inyeshyamba za FPP zifashwa na Uganda yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Nov 2019
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Ubwanditsi 30 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania
Amakuru

Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania

RUSHYASHYA 27 May 2026
TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI
Mu Mahanga

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’
Mu Mahanga

Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Ubwanditsi 09 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru