• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Ubwo yamurikaga igitabo cye yise ‘Rwanda Demain’, Inzobere muri politiki, Jean Paul Kimonyo yerekanye ibitangaza u Rwanda rwagezeho nyuma ya jenoside yari yararushegesheje muri 1994.

Mu kiganiro na Jeune Afrique, Jean Paul Kimonyo yavuze ku buryo burambuye, uburyo hashize imyaka isaga 20 u Rwanda rwiyemeje gukurikira inzira yo kubaka ibyasenyutse mu gihe nta nyigo n’ ubushakashatsi bwakozwe kuri uru rugendo rurerure.

Ni gute u Rwanda kimwe mu bihugu bikennye cyane ku isi cyari cyararohamye cyashoboye kwiyubaka, ni gute abaturage bari baracitsemo ibice bongeye guhurira ku bunyarwanda bagakorera hamwe, ni bimwe mu bibazo byakomeje kwibazwa ndetse binasubizwa n’ umwanditsi Jean Paul Kimonyo muri iki gitabo cye.

Muri ‘Rwanda demain’ cyangwa se ‘u Rwanda ejo’, Kimonyo agerageza kandi kugaruka ku isoko ry’ amateka ya FPR/Inkontanyi ndetse n’ imbaraga zayo za politiki zituma iyoboye u Rwanda magingo aya.

Kimonyo yibutsa kandi uburyo bamwe mu banyarwanda birukanywe muri 1959 batatanira mu karere hose ariko baza kwisuganya nyuma y’ imyaka 35 bataha mu gihugu cyabo ariko mu buryo bukomeye ndetse bunababaje.

Kimonyo agira ati ‘Uyu murimo ukomeye wakozwe n’ Abanyarwanda batari bafite igihugu niryo banga y’ amahitamo ya politiki ya FPR no kongera kubaka igihugu gishingiye mu kuzamura iterambere rirambye”.

Isesengura ry’ uyu mwanditse ryibanda ku biganiro mpaka ku ntambwe u Rwanda rwateye mu kongera kwiyubaka nyuma y’ imyaka irengaho gato 20 ruvuye mu bihe bya jenoside ndetse rutitaye ku byateganyijwe ubwo urukuta rwa Berlin rwasenywaga u Budage bukongera kuba igihugu kimwe.

Jean-Paul Kimonyo ni umushakashatsi ndetse n’ umwanditsi wa ‘Un genocide Populaire’  yanakoze mu bihugu byinshi bya Afurika nk’ umujyanama mu gukemura amakimbirane, ariko ubu ni umujyanama mu biro bya Perezida wa Repubulika.

Si ibyo gusa, kuko na none, Jean Paul Kimonyo aherutse kumurika igitabu ‘Kagame bashing’  kirimo ahanini ibigwi bya Perezida Kagame.

Muri iyi nyandiko, Jean-Paul Kimonyo agaruka ku mateka y’ u Rwanda aho agira ati ‘Iki gihugu, aba bagituye bakwiriye gutegwa amatwi no kubahwa kuko bafite n’ umuyobozi ukomye [Paul Kagame] utifuza kugendera mu kwaha kw’ abagashakabuhake.

Ahanini, Kimonyo agereranya Paul Kagame na Patrice Lumumba, Thomas Sankara, Kwamé Nkrumah n’ abandi.

2017-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agnès Mukarugomwa Alias Mukaruharwa ,inkotsa y’Ikondera Libre, ni muntu ki?

Agnès Mukarugomwa Alias Mukaruharwa ,inkotsa y’Ikondera Libre, ni muntu ki?

Ubwanditsi 07 Sep 2020
Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 16 May 2019
LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

Ubwanditsi 08 Jan 2018
“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

Ubwanditsi 08 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa
INKURU NYAMUKURU

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa

Ubwanditsi 20 Dec 2018
Bamwe mu bakoresha amahano  Idamange Yvonne barazwi: Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, abana b’abajenosideri bibumbiye muri Jambo ASBL, na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda.
Amakuru

Bamwe mu bakoresha amahano  Idamange Yvonne barazwi: Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, abana b’abajenosideri bibumbiye muri Jambo ASBL, na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda.

Ubwanditsi 13 Feb 2021
Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”
Amakuru

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Ubwanditsi 01 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru