• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

Ubwanditsi 15 Jan 2016 Mu Mahanga

​Inama y’ibihugu 7 bikize kw’isi (G-7) yateraniye i Paris mu Bufaransa mu mwaka wa 1989 yasabye ibihugu byose byo ku isi gushyiraho ishami rishinzwe kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba.

U Rwanda rwashyize mu bikorwa iki cyemezo mu mwaka wa 2011 ruba igihugu cy’112 gishyize mu bikorwa icyo cyemezo cya G -7.

Muri aka karere k’Afurika y’iburasirazuba, Tanzaniya niyo yabaye iya mbere mu gushyiraho iri shami mu mwaka wa 2007, Kenya mu 2012 na Uganda mu 2014. Amakuru arambuye ni mu kiganiro twagiranye na ACP Joseph COSTA HABYARA, umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba, rikaba rikorera muri Banki Nkuru y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali.

Ikibazo: Tubwire muri macye inshingano ziri shami.

ACP HABYARA: Ishami rishinzwe iperereza ku mari ryitwa “Cellule de Renseignements Financiers” mu gifaransa, naho mu cyongereza ryitwa “financial intelligence/investigation unit”, rifite inshingano z’ingenzi zo kwegeranya, gusesengura, kugeza amakuru ku babishinzwe no kugenza ibyaha, mu rwego rwo kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba nk’uko biteganywa n’ Itegeko rikumira kandi rihana iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba.
Iri shami rya Polisi y’u Rwanda rikaba rikorera muri Banki Nkuru y’u Rwanda, ryashinzwe mu 2011 nyuma y’uko bibaye ngombwa ko u Rwanda narwo rugira icyo rukora mu gukumira no kurwanya ibyo byaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba.

Ikibazo: Kubera iki u Rwanda cyangwa se Polisiy’u Rwanda bategereje umwaka wa 2011 kugirango bashyireho iri shami?

ACP HABYARA: Hari ibintu byinshi biba bigomba kwemezwa mbere y’uko iryo shami rishyirwaho.

Mbere na mbere hari hakenewe itegeko rishyiraho uru rwego ndetse rikagena n’inshingano zarwo. Mu mwaka w’2004/2005, hari ubusesenguzi bwakozwe na Banki y’isi ku byaha by’iyeza ndonke no Gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda n’ingaruka yabyo ku bukungu. Icyo gihe rero hemejwe ko hajyaho itegeko rirebana n’ibyo bibazo. Itegeko nimero 47/2008 ryo kuwa 9/9/2008 rikumira kandi rihana iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba nibwo ryashyizweho.

Ingingo yaryo ya 20 yavugaga ko “Hashyizweho Ishami rishinzwe iperereza ku mari ryitwa “Cellule de Renseignements Financiers” (CRF) mu magambo ahinnye y’igifaransa. Iteka rya Perezida rigena imiterere, imikorere n’ishingano by’iryo shami rikagena urwego iryo shami rikoreramo”.

Itegeko teka rya Perezida wa Repubulika nimero 27/01 ryo kuwa 30/5/2011 ryagiyeho rigena imiterere, imikorere n’inshingano by’ishami rishinzwe iperereza ku mari.
Guverineri wa Banki y’u Rwanda akaba ari umuyobozi w’urwego ngishwanama, akungirizwa n’Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika. Urwego ngishwanama kandi rurimo Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), Umuvunyi wungirije ushinzwe kurwanya ruswa, umuyobozi Mukuru ushizwe iperereza ryo hanze y’igihugu muri NISS, Umuyobozi muri Minisiteri y’imari ushinzwe guteza imbere urwego rw’ubukungu, Komiseri w’ishami rya Polisi rishinzwe Ubugenzacyaha (CID) n’Umuyobozi wa FIU nk’umunyamabanga w’uru rwego.

Ikibazo: Mu myaka ine mumaze mukora, mumaze kugera kuki?

ACP HABYARA: Twasabye abayobozi ba za banki gushyiraho abashinzwe gutanga amakuru muri banki z’ubucuruzi uko ari 16 aho bashinzwe gukora za raporo z’igenzura zo kurwanya ikoreshwa nabi ry’amafaranga mu bikorwa bitemewe. Aba dukorana nabo umunsi ku wundi.

Twashyizeho uburyo bwo gutanga raporo, bukaba bufasha ibigo twavuze haruguru kumenyesha ishami ryacu kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba ndetse n’ibindi byaha bifitanye isano nabyo.

Twagize kandi uruhare mu gushyiraho ihuriro rishinzwe kurwanya ubujura muri za banki. Iri huriro risaba ibigo byose n’abafatanyabikorwa (iby’itumanaho, banki,ikigo cy’isoko ry’imari n’imigabane, polisi, ibigo by’ivunjisha, n’ibyohereza amafaranga) gukorera hamwe no gufata ingamba mu kurwanya ubujura n’ibindi bikorwa bijyanye nabwo, bagashyiraho amategeko atuma habaho kurwanya uku gukoresha amafaranga ku buryo butemewe.

Twakoze kandi amahugurwa atandukanye ndetse tunitabira inama ku rwego rw’akarere no kurwego mpuzamahanga mu Buhinde, Koreya y’Epfo, Kenya, Misiri, Burundi na Tanzaniya, aho twunguranye ibitekerezo ku kuntu twarwanya ibi byaha by’Iyezandonke no gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba.

Mu mwaka w’2012, u Rwanda rwasabye kuba indorerezi mu muryango uhuje ibihugu byo mu karere k’ iBurasirazuba no mu Majyepfo (ESAAMLG) bigamije gukumira no kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no kurwanya ugutera inkunga imitwe y’iterabwoba.

Mu mwaka wa 2014, tawasabye kuba umunyamuryango uhoraho, tubyemererwa mu nama yabereye i Luanda muri Angola kuva tariki 29/08/2014 kugeza kuya 05/09/2014. Igisigaye ni ukunononsora imihango ijyanye n’amategeko. Turizera ko bizarangira vuba muri uyu mwaka. U Rwanda rukaba ruzaba rubaye igihugu cya 18 mu bigize uwo muryango.

Twanateguye kandi amabwiriza agenewe amabanki n’ibindi bigo dukorana nabyo ajyanye n’uburyo bwo gutanga amakuru, uburyo bwo kumenya abo bakorana nabo n’uburyo bwo kubika amakuru. Ibi kandi bifasha kumenya imyirodoro y’abakiriya ba za banki n’ibigo by’imari, ndetse n’ibyerekeranye n’ihererekanya ry’amafaranga. Aya mabwiriza akaba yaremejwe n’inama ngishwanama y’ishami ryacu tariki ya 2 Ukuboza 2015.

-1792.jpg

ACP Joseph COSTA HABYARA

Mu mwaka w’2012 twafashe amadorali y’Amerika ibihumbi 210, mu mwaka w’2014 dufata ibihumbi 160 by’amadorali y’Amerika ndetse tunahagarika amakonti 22 mu ma banki anyuranye mu mwaka wa 2015. Mu iperereza ryimbitse twakoze nta bimenyetso twabonye byerekana ko ayo mafaranga yose yari afite aho ahuriye n’icyaha cy’iyenzandonke cyangwa se gutera inkunga iterabwoba.

Ikibazo: Haba hari ingorane kugeza ubu muhura nazo?

ACP HABYARA: Ibyaha by’Iyezandonke kimwe n’ibindi bigenda bikorwa kuburyo bw’ikoranabuhanga ku buryo rimwe na rimwe bitubera imbogamizi mu kubikurikirana.

Ikibazo: Mukora iki rero?

ACP HABYARA: Dutegura amahugurwa anyuranye, dushaka uburyo bw’ikorana buhanga ku girango tugere ku nshingano zacu. Dufite urwego ngishwanama rudukuriye rufite umuhate n’ubushake, tukaba twizera ko tuzagera kuri byinshi.

Ikibazo: Haba hari ubutumwa bwihariye mufite mushaka gutanga?

ACP HABYARA:Turasaba banki n’ibigo by’imari gukurikiza amategeko yashyizweho y’imikorere ndetse tukaba dusaba abanyarwanda n’abandi gukoresha za banki n’ibigo by’imari haba mu kuzana amafaranga mu gihugu no kuyajyana hanze aho kuyatwara mu ntoki cyangwa mu mufuka, kugira ngo bagire umutekano uhagije ndetse n’ibikorwa yateganyirijwe gukora byihute.

RNP

2016-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025
Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Ubwanditsi 29 Aug 2016
U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

Ubwanditsi 04 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Ubwanditsi 29 Apr 2019
Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje
Amakuru

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru