• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

Ubwanditsi 15 Jan 2016 Mu Mahanga

​Inama y’ibihugu 7 bikize kw’isi (G-7) yateraniye i Paris mu Bufaransa mu mwaka wa 1989 yasabye ibihugu byose byo ku isi gushyiraho ishami rishinzwe kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba.

U Rwanda rwashyize mu bikorwa iki cyemezo mu mwaka wa 2011 ruba igihugu cy’112 gishyize mu bikorwa icyo cyemezo cya G -7.

Muri aka karere k’Afurika y’iburasirazuba, Tanzaniya niyo yabaye iya mbere mu gushyiraho iri shami mu mwaka wa 2007, Kenya mu 2012 na Uganda mu 2014. Amakuru arambuye ni mu kiganiro twagiranye na ACP Joseph COSTA HABYARA, umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba, rikaba rikorera muri Banki Nkuru y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali.

Ikibazo: Tubwire muri macye inshingano ziri shami.

ACP HABYARA: Ishami rishinzwe iperereza ku mari ryitwa “Cellule de Renseignements Financiers” mu gifaransa, naho mu cyongereza ryitwa “financial intelligence/investigation unit”, rifite inshingano z’ingenzi zo kwegeranya, gusesengura, kugeza amakuru ku babishinzwe no kugenza ibyaha, mu rwego rwo kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba nk’uko biteganywa n’ Itegeko rikumira kandi rihana iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba.
Iri shami rya Polisi y’u Rwanda rikaba rikorera muri Banki Nkuru y’u Rwanda, ryashinzwe mu 2011 nyuma y’uko bibaye ngombwa ko u Rwanda narwo rugira icyo rukora mu gukumira no kurwanya ibyo byaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba.

Ikibazo: Kubera iki u Rwanda cyangwa se Polisiy’u Rwanda bategereje umwaka wa 2011 kugirango bashyireho iri shami?

ACP HABYARA: Hari ibintu byinshi biba bigomba kwemezwa mbere y’uko iryo shami rishyirwaho.

Mbere na mbere hari hakenewe itegeko rishyiraho uru rwego ndetse rikagena n’inshingano zarwo. Mu mwaka w’2004/2005, hari ubusesenguzi bwakozwe na Banki y’isi ku byaha by’iyeza ndonke no Gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda n’ingaruka yabyo ku bukungu. Icyo gihe rero hemejwe ko hajyaho itegeko rirebana n’ibyo bibazo. Itegeko nimero 47/2008 ryo kuwa 9/9/2008 rikumira kandi rihana iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba nibwo ryashyizweho.

Ingingo yaryo ya 20 yavugaga ko “Hashyizweho Ishami rishinzwe iperereza ku mari ryitwa “Cellule de Renseignements Financiers” (CRF) mu magambo ahinnye y’igifaransa. Iteka rya Perezida rigena imiterere, imikorere n’ishingano by’iryo shami rikagena urwego iryo shami rikoreramo”.

Itegeko teka rya Perezida wa Repubulika nimero 27/01 ryo kuwa 30/5/2011 ryagiyeho rigena imiterere, imikorere n’inshingano by’ishami rishinzwe iperereza ku mari.
Guverineri wa Banki y’u Rwanda akaba ari umuyobozi w’urwego ngishwanama, akungirizwa n’Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika. Urwego ngishwanama kandi rurimo Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), Umuvunyi wungirije ushinzwe kurwanya ruswa, umuyobozi Mukuru ushizwe iperereza ryo hanze y’igihugu muri NISS, Umuyobozi muri Minisiteri y’imari ushinzwe guteza imbere urwego rw’ubukungu, Komiseri w’ishami rya Polisi rishinzwe Ubugenzacyaha (CID) n’Umuyobozi wa FIU nk’umunyamabanga w’uru rwego.

Ikibazo: Mu myaka ine mumaze mukora, mumaze kugera kuki?

ACP HABYARA: Twasabye abayobozi ba za banki gushyiraho abashinzwe gutanga amakuru muri banki z’ubucuruzi uko ari 16 aho bashinzwe gukora za raporo z’igenzura zo kurwanya ikoreshwa nabi ry’amafaranga mu bikorwa bitemewe. Aba dukorana nabo umunsi ku wundi.

Twashyizeho uburyo bwo gutanga raporo, bukaba bufasha ibigo twavuze haruguru kumenyesha ishami ryacu kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba ndetse n’ibindi byaha bifitanye isano nabyo.

Twagize kandi uruhare mu gushyiraho ihuriro rishinzwe kurwanya ubujura muri za banki. Iri huriro risaba ibigo byose n’abafatanyabikorwa (iby’itumanaho, banki,ikigo cy’isoko ry’imari n’imigabane, polisi, ibigo by’ivunjisha, n’ibyohereza amafaranga) gukorera hamwe no gufata ingamba mu kurwanya ubujura n’ibindi bikorwa bijyanye nabwo, bagashyiraho amategeko atuma habaho kurwanya uku gukoresha amafaranga ku buryo butemewe.

Twakoze kandi amahugurwa atandukanye ndetse tunitabira inama ku rwego rw’akarere no kurwego mpuzamahanga mu Buhinde, Koreya y’Epfo, Kenya, Misiri, Burundi na Tanzaniya, aho twunguranye ibitekerezo ku kuntu twarwanya ibi byaha by’Iyezandonke no gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba.

Mu mwaka w’2012, u Rwanda rwasabye kuba indorerezi mu muryango uhuje ibihugu byo mu karere k’ iBurasirazuba no mu Majyepfo (ESAAMLG) bigamije gukumira no kurwanya ibyaha by’Iyezandonke no kurwanya ugutera inkunga imitwe y’iterabwoba.

Mu mwaka wa 2014, tawasabye kuba umunyamuryango uhoraho, tubyemererwa mu nama yabereye i Luanda muri Angola kuva tariki 29/08/2014 kugeza kuya 05/09/2014. Igisigaye ni ukunononsora imihango ijyanye n’amategeko. Turizera ko bizarangira vuba muri uyu mwaka. U Rwanda rukaba ruzaba rubaye igihugu cya 18 mu bigize uwo muryango.

Twanateguye kandi amabwiriza agenewe amabanki n’ibindi bigo dukorana nabyo ajyanye n’uburyo bwo gutanga amakuru, uburyo bwo kumenya abo bakorana nabo n’uburyo bwo kubika amakuru. Ibi kandi bifasha kumenya imyirodoro y’abakiriya ba za banki n’ibigo by’imari, ndetse n’ibyerekeranye n’ihererekanya ry’amafaranga. Aya mabwiriza akaba yaremejwe n’inama ngishwanama y’ishami ryacu tariki ya 2 Ukuboza 2015.

-1792.jpg

ACP Joseph COSTA HABYARA

Mu mwaka w’2012 twafashe amadorali y’Amerika ibihumbi 210, mu mwaka w’2014 dufata ibihumbi 160 by’amadorali y’Amerika ndetse tunahagarika amakonti 22 mu ma banki anyuranye mu mwaka wa 2015. Mu iperereza ryimbitse twakoze nta bimenyetso twabonye byerekana ko ayo mafaranga yose yari afite aho ahuriye n’icyaha cy’iyenzandonke cyangwa se gutera inkunga iterabwoba.

Ikibazo: Haba hari ingorane kugeza ubu muhura nazo?

ACP HABYARA: Ibyaha by’Iyezandonke kimwe n’ibindi bigenda bikorwa kuburyo bw’ikoranabuhanga ku buryo rimwe na rimwe bitubera imbogamizi mu kubikurikirana.

Ikibazo: Mukora iki rero?

ACP HABYARA: Dutegura amahugurwa anyuranye, dushaka uburyo bw’ikorana buhanga ku girango tugere ku nshingano zacu. Dufite urwego ngishwanama rudukuriye rufite umuhate n’ubushake, tukaba twizera ko tuzagera kuri byinshi.

Ikibazo: Haba hari ubutumwa bwihariye mufite mushaka gutanga?

ACP HABYARA:Turasaba banki n’ibigo by’imari gukurikiza amategeko yashyizweho y’imikorere ndetse tukaba dusaba abanyarwanda n’abandi gukoresha za banki n’ibigo by’imari haba mu kuzana amafaranga mu gihugu no kuyajyana hanze aho kuyatwara mu ntoki cyangwa mu mufuka, kugira ngo bagire umutekano uhagije ndetse n’ibikorwa yateganyirijwe gukora byihute.

RNP

2016-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Ubwanditsi 07 Jul 2022
Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Impuguke zasabye gushyiraho ingamba zihangana n’ubuhezanguni

Impuguke zasabye gushyiraho ingamba zihangana n’ubuhezanguni

Ubwanditsi 23 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1
Amakuru

Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1

Ubwanditsi 10 Jul 2023
‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda
Mu Rwanda

‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Mar 2017
China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda
HIRYA NO HINO

China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

Ubwanditsi 21 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru