• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Ubwanditsi 30 Nov 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nubwo Namibia ari kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Ibihugu byo mu karere k’Afrika y’Amajyepfo, SADC, Perezida wayo Hage Geingob yatangaje ko nta musirikari wa Namibia uzajya mu butumwa bwa SADC muri Kongo-Kinshasa.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cy’aho muri Namibia, New Era Live, mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yagezaga ku baturage ijambo risoza umwaka, Perezida Geingob yavuze ko nubwo SADC yemereye Perezida Tshisekedi kumwoherrereza abasirikari 500 ngo bo kumufasha kurwanya umutwe wa M23, igihugu cye kititeguye kohereza ingabo kuri urwo rugamba, icyakora ngo Namibia ibishoboye yazatanga inkunga y’amafaranga.

Ubwo yakomozaga ku iyirukanwa ry’ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zari zimaze umwaka zishakisha amahoro mu burasirazuba bwa Kongo, mu mvugo ijimije, Perezida wa Namibia yabaye nk’ucyurira abategetsi ba Kongo basa n’abatazi icyo bashaka, kuko bahinduranya abafatanyabikorwa bitewe n’uko baramutse.

Perezida Hage Geingob yahishuye kandi ko icyemezo cyo kutohereza ingabo za Namibia muri Kongo, ndetse n’izindi nzira zakoreshwa mu kugarura umutekano muri icyo gihugu, byombi yabiganiriyeho n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, nawe wakunze kugaragaza ko ibibazo bya Kongo byarangizwa n’inzira y’ibiganiro.

Umugambi wo kohereza ingabo za SADC muri Kongo watangiye kuvugwa muri Gicurasi uyu mwaka, ndetse mu nama yabereye i Luanda muri Angola tariki 04 z’uku kwezi, Abakuru b’Ibihugu bigize uwo muryango bongera gushimangira uwo mugambi.
Igitangaje ariko, nta gihe ntarengwa cyigeze gishyirwaho ngo ayo masezerano abe yatangiye gushyirwa mu bikorwa, abasesenguzi bakaba bemeza ko byinshi mu bihugu bya SADC biseta ibirenge, kuko bitumva impamvu nyakuri yo kwivanga mu bibazo bireba Abakongomani ubwabo.

Ikindi cyaba gitera impungennge benshi mu banyamuryango ba SADC, ni uburyo ingabo zabo zizakorana n’imitwe isaga 250 yitwaje intwaro, kandi hafi ya yose ikaba yarashinzwe cyangwa ikorana na Leta ya Kongo.

Ese ibyananiye ingabo za Loni zari zimaze imyaka 23 aho muri Kongo, zikoresha amamiliyoni atabarika y’amadolari, byakorohera SADC itihagije mu mikoro, ndetse yanananiwe kurangiza ibibazo by’umutekano byashegeshe bamwe mu banyamuryango bayo?

Abakurikiranira hafi akajagari karanze Kongo kuva icyo gihugu cyabona”ubwigenge”, batangazwa n’ukuntu Abanyekongo bahora bategereje ko abanyamahanga baza kubamenera amaraso, aho kwishakamo ibisubizo biberanye n’ibibazo byabo bya politiki.

Aho kubaka igisirikari n’izindi nzego z’umutekano zishoboye kurengera ubusugire bw’igihugu, abategetsi ba Kongo baranzwe no kwiyuzuriza ibifu, bibwira ko hari umuturage wo mu kindi gihugu witeguye kubapfira.

Namibia ikuriye Tshisekedi inzira ku murima, ariko ngo aracyategereje amakiriro kuri Afrika y’Epfo, bivugwa ko Perezida wayo ari umwe baguye mu mutego wa Kinshasa, ibeshya ko ibibazo byayo ibiterwa n’uRwanda.

2023-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi bakomeye

Uganda: ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi bakomeye

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Ubwanditsi 09 Jun 2022
Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Ubwanditsi 03 May 2021
Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda
Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura
POLITIKI

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Ubwanditsi 27 Dec 2017
I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye  mu muhango wo guherekeza muka Rusagara
ITOHOZA

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

Ubwanditsi 30 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru